Abahanzi bafatwa n’ibihangange mu karere k’Ikinyaga banegukanye Kinyaga Award, kuri uyu wa 09 Mutarama 2015 barataramira i Nyamasheke muri Café de l’Ouest.
Abaturage bo mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko bategereje kwishyurwa umwenda baberewemo na rwiyemezamirimo Rurangirwa Jean Baptiste bagaheba.
Abajyanama bo mu Karere ka Nyamasheke basaba ko abakozi b’akarere bagiye mu butumwa bw’akazi bajya bahabwa amafaranga yo kwifashisha muri ubwo butumwa bakayitwaza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwasabye ko ibitare byatawe ku Kiyaga cya Kivu na sosiyete ikora umuhanga “China Road & Bridge Corporation” byahakurwa, bitakorwa hagafatwa ibihano.
Mu minsi mikuru utubari two mu cyaro turasabwa kuzafunga saa mbili utwo mu mujyi tugafunga saa yine z’ijoro, mu Karere ka Nyamasheke.
Bamwe mu bagore bo mu Mudugudu wa Gatebe ya mbere barifuza ko gahunda yo kuboneza urubyaro yasubizwa abajyanama b’ubuzima.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yatangaje ko isezeye itishimiye kuba Akarere kaza inyuma mu bagifite ubukene buri hejuru.
Harerimana Olivier uzwi nka Pusher ni we waraye wegukanye irushanwa rikomeye Kinyaga Award 2 rihuza abahanzi ba Nyamasheke na Rusizi.
Umwe mu bayobozi b’isosiyete ikora imihanda, China Road, mu karere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi nyuma yo gutoroka ashinjwa ubujura bw’amapine.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari twa Rusizi na Nyamasheke bavuga ko batarabona terefoni bemerewe na Perezida Kagame mu gihe ahandi henshi bamaze kuzibona.
Urubyiruko rutuye mu Rwanda no mu mahanga rwibumbiye mu “Agaciro Generation” rwahaye abatishoboye 500 ubwisungane mu kwivuza, mu Karere ka Nyamasheke.
Abayobozi b’Imirenge n’Utugari muri Rusizi na Nyamasheke, biyemeje ko uyu mwaka urangira bageze nibura kuri 80% mu bwisungane mu kwivuza.
Ubuyobozi bushya bw’abanyeshuri ba kaminuza ya Kibogora Polytechnic (KP) bwarahiriye ku mugaragaro kuzayobayobora neza babizeza ubuvugizi ku bibazo bahura nabyo.
Umugabo witwa Mukundiyukuri Vedaste wo mu Karere ka Nyamasheke, afunzwe nyuma yo gushaka gusambanya ku ngufu umukobwa we babyaranye.
Umuhanzi Ndayisenga Flavien, uzwi ku izina rya The Pax Masunzu, avuga ko byamusabye guhimba ibinyoma ngo abashe gutereka umusatsi binatuma atega amasunzu.
Mu gihe bimenyerewe ko ahantu hatandukanye uhasanga abamugaye basabiriza, mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko hp bimaze gucika.
Indwara z’amaso ni zimwe mu ndwara 6 zikunda kugaragara ku bivuriza mu Bitaro bya Kibogora baturutse mu mu Karere ka Nyamasheke ndetse n’ahandi.
Abafatanya kuyobora umudugudu barasabwa kudasiganira inshingano bashinzwe, bagafatanya mu gucunga umutekano aho batuye no gukumira ibyaha bitaraba
Irushanwa rihuza abahanzi b’uturere twa Nyamasheke na Rusizi, Kinyaga Award, ryatangiranye udushya n’ibintu bidasanzwe.
Kubera abaturage benshi bagaragaza ko bangirijwe ibyabo n’isosiyete ikora umuhanda China Road, ubuyobozi busanga iki kibazo gikwiye gukurikiranwa mu maguru mashya.
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke barasabwa kugendana n’igihe, bakareka imigenzereze ya kera, bakava mu bujiji, bihatira kugira isuku kandi bizigamira.
Bamwe mu baturage bahinga umuceri mu karere ka Nyamasheke, barasaba abo bireba kubashyigikira ngo uruganda bateganya rutonora umuceri rubashe kubakwa.
Umukobwa witwa Ingabire Marie Agnes yaraye agerageje kwiyahura akoresheje umugozi, bamutesha atarabasha kugera ku mugambi we.
Umugabo witwa Sengorore Anastase wari ufite imyaka 35 yamaze gupfa nyuma yo kurohama mu mugezi wa Kigoya, avuye kugura inka.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kagano bavuga ko batemera uburyo abaturage batishoboye bahawe inkunga y’ingoboka muri VUP.
Abarokoye abatutsi mu gihe cya Jenoside bituye inka abo barokoye nyuma y’uko abarokotse Jenoside babanje kubagabira babashimira ibyo babakoreye.
Umuyobozi w’umuryango w’ibihugu by’uburayi mu Rwanda atangaza ko batajya baterwa impungenge n’amafaranga baha u Rwanda kubera icyizere rumaze kubabakamo.
Umuyobozi w’Akarere wungirije mu karere ka Nyamasheke asanga Leta yica abaturage bayo ikabaryanisha nta kindi kiyishyiraho uretse shitani.
Umugabo witwa Ndizihiwe Canisius yatawe muri yombi ashinjwa ko imbwa ye imaze iminsi irya abantu, akaba yarananiwe kuyizirika ndetse bigakekwa ko ishobora kuba idakingiye.
Abanyeshuri barangije kwiga mu ishuri rya Kibogora Polytechnic (KP) basabwe kubyaza umusaruro ubumenyi bakuye mu ishuri bakagirira igihugu akamaro.