Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yasabye ababyeyi kurera abana babaha indangagaciro zibereye umuyobozi w’ejo mwiza.
Abagize Umuryango w’Abanyeshuri Barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (AERG) muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Nyagatare; barizeza ko ibyo batangwaho kugira ngo bige banabeho neza, bazabyitura gukorera igihugu.
Mu muhango wo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abatuye Akarere ka Nyagatare bibukijwe ko gutanga ubuhamya bikwiye gukorwa n’abatarahigwaga.
Irondo ryo mu Karere ka Gisagara ryafashe abasore babiri bo mu Murenge wa Tumba muri Huye, bavuga ko bazitumwe n’abacuruza ibyuma bizwi “nk’injyamani.”
Aborozi bo mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare bashyiriwe amazi mu nzuri, barasabwa kuyabungabunga kugira ngo azarambe yongere n’umukamo.
Abavuye ku rugerero bamugariye ku rugamba basaba abantu kubaha izina “Inkeragutabara”, bakareka no kuryitiranya n’abakora amarondo bagaragara mu bikorwa by’urugomo.
Ubuyobozi bwa REG sitasiyo ya Nyagatare burihanganisha abishyuye ifatabuguzi ry’umuriro ntibawuhabwe kuko ngo byatewe n’ibura rya cash power.
Abashinzwe ubuzima mu Karere ka Nyagatare bahangayikishijwe na bamwe mu babyeyi bafata imiti igabanya ubukana bayihagarika kubera ingendo ndende.
Ubuyobozi bw’Urwunge rw’Amashuri rwa Nyagatare ruhereree mu Karere ka Nyagatare, buhangayikishijwe n’ikibazo cy’ubusinzi kigaragara mu banyeshuri bahiga.
Amazu 11 ndetse n’intoki zitaramenyekana ubuso byasenywe n’umuyaga mu midugudu 2 y’ Akagari ka Nsheke Umurenge wa Nyagatare.
Abashoferi ba Taxi mu Karere ka Nyagatare barashinja RFTC kubateranya n’abakiriya ibabuza guhagarara ahitwa kwa Ngoga nyamara Coaster zo zikabikora.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare, ku wa 5 Gashyantare 2016 yataye muri yombi abagabo 4 bakekwaho guha ruswa abapolisi.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko basuye ikigo kigororerwamo by’igihe gito abakekwaho ibyaha byoroheje (Transit center) mu Karere ka Nyagatare, banenga umubare munini.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Kibirizi, mu Murenge wa Musheri, Akarere ka Nyagatare, Uzarama Anastase n’abandi borozi batatu bafunzwe bakekwaho ruswa.
Komisiyo y’ubumwe bw’Abanyarwanda mu nteko ishinga amategeko igiye gukora ubuvugizi ku nzoga zo mu mashashi zitabarwa mu biyobyabwenge.
Bamwe mu bahinzi b’ibigori bo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko imirimashuri yatumye umusaruro bakura mu buhinzi wikuba inshuro eshanu.
Kuri uyu wa 01 Gashyantare 2015, mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Karangazi batoraguye umurambo w’umuntu uciwe umutwe.
Kuri uyu wa 29 Mutarama, nyobozi y’Akarere ka Nyagatare isezera ku bakozi, yashimiwe ko yubahirije indahiro.
Akarere ka Nyagatare ntikumvikana n’Ikigo cy’Igihugu gishizwe iby’amazi n’amashanyarazi (REG-EUCL) ku mwenda usaga miliyoni 262Frw kakibereyemo, nyuma y’amasezerano bagiranye mu myaka itanu ishize.
Amazu 21 yavuyeho ibisenge andi 16 avaho amabati n’ibihingwa birangirika kubera imvura ivanze n’umuyaga n’urubura yaguye mu Murenge wa Karangazi.
Mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi harimo kubakwa inkambi y’agateganyo ijyanye n’igihe ishobora kwakira impunzi 700 kandi bakabaho neza.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Sabiti Atuhe Fred, utemerewe kongera kwiyamamariza kukayobora, yasabye imbabazi abakozi bakoranaga ku wo baba barahanganye.
Abaturage b’umudugudu wa Ryabega, Akagari ka Rutaraka bamaze iminsi ibiri badafite umuriro w’amashanyarazi bitewe n’abajura bibye insinga ziwugeza ku ipironi.
Amakoperative 2 y’abakarani ngufu yo mu rusisiro rwa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare arasaba ubuyobozi kubahuza kuko amakimbirane bafitanye ashobora kubyara urugomo.
Abasore 32 bo mu murenge wa Musheri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyagatare bakekwaho kujujubya abaturage babiba.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyagatare burasaba uwaba yarabuze inka ye kubugana kuko hari 4 zambuwe abajura ziri mu maboko y’ubuyobozi.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu murenge wa Katabagemu ruvuga ko ubucuruzi bwa avoka bwatumye babona abageni ndetse runiteza imbere.
Bamwe mu borozi bazana amatungo magufi mu isoko rya Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bagurishiriza hanze y’isoko kugira ngo bahunge imisoro.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyagatare baravuga ko amashuri y’incuke yo ku rwego rw’umudugudu adakora kubera amikoro n’imyumvire by’ababyeyi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge (RSB) kirasaba abaturage n’ubuyobozi muri Nyagatare kubafasha guca iminzani itemewe ikigaragara mu bucuruzi muri aka karere.