Imvura nyinshi yaguye mu murenge wa Rukomo muri Nyagatare yateje umwuzure mu mazu y’ubucuruzi 17, ibicuruzwa byari birimo birangirika bikomeye.
Imiryango y’abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu, yo mu Karere ka Nyagatare, yashyikirijwe amazu yubakiwe kugira ngo irusheho kubaho neza.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) irasaba abahinzi gukoresha imashini zihinga kuko zihutisha akazi ko guhinga kandi zikanatuma umusaruro wiyongera.
Abayobozi bo mu ntara y’Iburasirazuba, basabwe gukangurira abaturage kugira uruhare mu bibakorerwa, badategereje ko ubuyobozi bubagezaho byose nta ruhare babigizemo.
Abaturage bo mu kagari ka ryabega umurenge wa Nyagatare, banenzwe kuba bagihabwa inkunga y’ibiribwa, kandi bafite ubutaka bwera cyane.
Aborozi batandukanye bo mu murenge wa Nyagatare barifuza uruganda rw’ibiryo by’amatungo hafi yabo kuko babibona bihenze banakoze urugendo rurerure.
Kamugisha Charles, wari umuyobozi w’umurenge wa Musheri muri Nyagatare, yaba yasabwe kwegura nyuma yo kugirana ibibazo na DASSO yo mu murenge wa Karangazi.
Mu kwizihiza umunsi wa Eid Adhuha muri Nyagatare, hari abiyambitse umwambaro w’Abayisilamu kugira ngo bahabwe inyama z’inka zatanzweho igitambo.
Abafite imitangire n’imicungire ya girinka mu nshingano, mu karere ka Nyagatare, bavuga ko ubunyangamugayo aribwo buzanoza gahunda ya girinka.
Furaha Denyse utuye mu Murenge wa Tabagwe, Akarere ka Nyagatare, avuga ko kubura amafaranga amugeza kwa muganga, byatumye uburwayi bwe bukomera.
Abatuye umudugudu wa Kamagiri, mu Karere ka Nyagatare barashinja umukuru w’umudugudu wabo kurya ruswa no gutonesha bamwe nubwo we akabihana.
Abororera hafi y’umugezi w’Akagera mu murenge wa Matimba akarere ka Nyagatare, bavuga ko babangamiwe n’indwara y’Inkurikizi iterwa n’isazi ya Tsetse.
Ndazigaruye Faustin, wo mu Mudugudu wa Cyenjojo mu Murenge wa Rwempasha muri Nyagatare bamusanganye itaka ry’inzu n’iryo mu murima we arishyiriye umupfumu ngo wamubwiye ko byarozwe ndetse ngo inzu ayitashye yahita apfa.
Mu kumwe kumwe gusa kwa Kanama 2016, abantu 42 batawe muri yombi bakekwaho ubujura bw’inka n’ihene.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burihanangiriza bamwe mu baturage bateye umugongo kurara irondo.
Kuri uyu wa 27 Kanama, Maniragaba Elisa w’imyaka 26 yishwe atewe icyuma na Mugisha Emmanuel w’imyaka 16 bapfa isambusa.
Akarere ka Nyagatare katangije ku mugaragaro gahunda yo guhinga ubwatsi bw’amatungo mu nzuri, kubwuhira no kubuhunika kugira ngo gakomeze guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
Ibitagendaga neza mu buhinzi ku mbuto n’ifumbire bigiye guhinduka kubera ubufatanye bw’ubuyobozi, inkeragutabara, abacuruzi b’inyongeramusaruro n’abahinzi mu Karere ka Nyagatare.
Buri mwaka miliyoni hafi 400 zitangwaho ingurane ku bantu baba bangirijwe n’inyamaswa zo muri Pariki z’igihugu.
Abaturage b’Akarere ka Nyagatare barakangurirwa kugira isuku umuco haba ku mafunguro bategurira imiryango ndetse n’ahabazengurutse.
Abayobozi b’ibigo nderabuzima, amavuriro n’ibitaro by’Akarere ka Nyagatare biyemeje kumanura ubuvuzi bw’amaso ku rwego rw’umudugudu, kugira ngo bugere kuri benshi.
Abaturage bakoreshejwe na rwiyemezamirimo Imena Vision Company Ltd mu mirima ya RAB baramusaba kubishyura amafaranga yabo y’amezi 7.
Ubuyobozi buhangayikishijwe n’uko ababyeyi batuye mu Murenge wa Katabagemu muri Nyagatare, batitabira kunywa amata kandi boroye ahubwo bakinywera inzoga z’inzagwa.
Umwana w’imyaka 4 yitabye Imana, undi arwariye mu bitaro bya Nyagatare mu gihe abandi babiri barwariye mu rugo bikekwa ko bazira imyumbati bariye.
Bamwe mu baturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Nyagatare bavuga ko amakosa y’ibyiciro by’ubudehe yatumye abafataga imiti buri munsi bayibura.
Abaturage begereye pariki y’Akagera barakangurirwa kutarya inyamanswa zo muri pariki ahubwo bakwiye kuzirindira umutekano.
Bamwe mu babyeyi barerera ku kigo cy’amashuri abanza cya Gatebe muri Nyagatare, bavuga ko iyo RDB itabubakira amashuri nta mwana wari kwiga.
Abaturage b’Akarere ka Nyagatare barashishikarizwa gusubira ku muco wo kwizihiza umuganura kuko ari ipfundo ry’ubumwe bw’Abanyarwanda.
Aborozi bo mu Karere ka Nyagatare barasaba ubuyobozi bw’Uruganda Inyange kubazamurira igiciro cy’amata kikava ku 176FRW kikagera nibura kuri 200FRW.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burakangurira abaturage gusubira ku muco wo guhunika hagamijwe guhangana n’ibura ry’ibiribwa.