Rwasamirera Jean Damascene wigeze kuba umudepite akaba n’inararibonye mu mateka y’u Rwanda, avuga ko u Bubiligi bukwiye kuzaryozwa uruhare rwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ngo kuko ari bwo bwigishije amatwara yayo abayikoze.
Abayobora amatorero mu karere ka Nyagatare, bemeza ko bamunzwe n’ivangura rishingiye ku moko n’uturere abantu baturutsemo.
Ministeri y’Ubutabera (MINIJUST) n’Abavoka basaba kudafunga umwana wese ukurikiranyweho ibyaha adafite umuntu umwunganira guhera mu bugenzacyaha.
Abarimu bo mu Karere ka Nyagatare barashinja ubuyobozi bw’Akarere kubahatira kwegura ku kazi, babakangisha gufungwa no kugirirwa nabi mu gihe banze gushyira mu bikorwa icyifuzo cy’akarere.
Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye yibukije abana bafungiye muri Gereza ya Nyagatare, ko bagomba kwiga cyane batagamije gufungurwa, ahubwo bakwiye kwiga bagamije kumenya ndetse no guhinduka bakaba abantu bazima, ngo kuko ari bo bayobozi b’ejo hazaza.
Abana bafungiye muri Gereza y’abana ya Nyagatare bishimira kuba bahabwa amasomo nk’abandi none bakaba bari no gukora ibizamini bisoza amashuri abanza.
Aborozi bo mu Karere ka Nyagatare bafite impungenge kubera ikibazo cy’indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu nka zabo.
Abaturage 306 bo mu Karere ka Nyagatare bari kwishyuza ubuyobozi bw’ako karere nyuma yuko rwiyemezamirimo wari wabahaye akazi atabishyuye.
Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko yafashe ingambo ku buryo mu myaka irindwi iri imbere Abanyarwanda bacana inkwi bazaba baragabanutse.
Umuvunyi mukuru Murekezi Anastase avuga ko umuyobozi urya ruswa aba ahemukiye igihugu akanatukisha abandi bayobozi bayobora neza.
Dr Ngabire Nkunda Filippe uyobora ibitaro bya Nyagatare, avuga ko impfu zitewe na Malariya zagabanutse zikava ku bantu 13 mu mwaka 2016, ubu Malariya ikaba imaze guhitana umuntu umwe gusa muri 2017.
Umuyobozi wa police mu Ntara y’Iburasirazuba yihanangirije abagurira moto kuzitwaraho ibiyobyabwenge, asaba abamotari kubagaragaza kuko babangiriza umwuga.
Ababyeyi bo muri Nyagatare babuza abana kujya ku ishuri bagiye guhagurukirwa ku buryo uzafatwa azajya acibwa amande kandi asubize umwana ku ishuri.
Ingabo z’igihugu zatangiye koroza abagore bo mu Ntara y’Iburasirazuba, aho muri buri Karere hari gutangwa ihene 10 ku bagore icumi batishoboye.
Umupaka mushya wa Kagitumba - Mirama uhuza u Rwanda na Uganda uzajya ukora iminsi yose kandi amasaha 24 wakira abantu.
Banki ya ECOBANK ishami rya Nyagatare yibwe asaga miliyoni 96Frw,ariko harakekwa abayobozi bayo baburiwe irengero.
Abaturage bo mu Karere ka Nyagatare bahinga mu gishanga cya Rwangingo baravuga ko hari imvubu zigera kuri eshatu zongeye kwaduka mu mirima yabo.
Gakuru James wayoboraga Umurenge wa Katabagemu na Dusabemungu Didas wayoboraga Umurenge wa Mimuli muri Nyagatare beguye ku mirimo yabo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyagatare Mugabo Alex n’ushinzwe amasoko Kayitare Fred bari mu maboko ya Polisi y’igihugu bazira guha isoko utabikwiye.
Imiryango 47 yo mu Karere ka Nyagatare yasenyewe n’ibiza yahawe ibikoresho by’ibanze bibafasha kuba basubiye mu nzu zabo zasambuwe n’umuyaga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buravuga ko abazahinga ibigori mu bibanza byagenewe kubakwamo inzu mu Mujyi wa Nyagatare bashobora kubyamburwa.
Amazu 56 na hegitari enye z’urutoki nibyo byangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga, ingurube ebyiri n’inkwavu eshatu nabyo byicwa n’umuvu w’amazi.
Abanyeshuri 330 barangije kwiga iby’ubuhinzi muri za kaminuza zo mu Rwanda, boherejwe mu bishanga bitandukanye gufasha abahinzi kuzamura umusaruro kandi byatangiye gutanga inyungu.
Nyuma yo kwishyira hamwe, abikorera bo mu Ntara y’Iburasirazuba bujuje Hoteli iri mu rwego rw’inyenyeri enye yitwa “EPIC Hotel” kuburyo yatangiye no kwakira abakiriya.
Uwamwezi Mercianne, umupfakazi wo mu Karere ka Nyagatare yihangiye umurimo wo kumisha inanasi none yabonye isoko azigemuraho i Burayi mu Busuwisi.
Abaturage 252 bo mu Turere twa Nyagatare na Gatsibo barashinja itorero CEPEA kunyereza miliyoni 16.7RWf zabo, ryabatse ribizeza gushyira abana babo mu mushinga wa “Compassion International”.
Umwana w’umuhungu wo mu Karere ka Nyagatare abantu bamwe bamufata nka pasiteri kubera uburyo ababwiriza ijambo ry’Imana bakanyurwa.
Mu igenzura ryakozwe n’ishami rishinzwe ubuzima mu Karere ka Nyagatare hagaragaye ko muri ako karere hari abakora ubuvuzi mu kajagari.
Karani Jean Damascene, umworozi wo muri Nyagatare avuga ko nyuma yo gupfusha inka 24 zizize amapfa, byamusigiye isomo rikomeye.
Abayobozi b’amadini n’amatorero mu Karere ka Nyagatare basabwe kwigisha abayoboke babo gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kuko ari yo shingiro ry’Ubunyarwanda.