Nyagatare: Rondereza zikoresha izuba zafashije kurondereza ibicanwa

Bamwe mu baturage b’imudugudu wa Ryabega na Rwarucura akagali ka Mbare umurenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare, bishimira ko rondereza zikoresha ingufu z’izuba zatumye babasha kurondereza ibicanwa kandi ibiryo bigashyana isuku.

Iyi rondereza ikora neza cyane mu gihe cy’impeshyi kuko ikenera izuba ryinshi. Kugira ngo umuntu ayikoreshe abanza gushyira amavuta y’ubuto mu mu icupa rimeze nk’icyuma cya terimosi (Flask). Naryo gishyushywa n’ibati riri munsi yaryo, bigatuma ubushyuhe bugera ku isafuriya.

Nyiraneza ni ume mu baturage bishimira uburyo iyi mbabura ituma babungabunga ibicanishwa.
Nyiraneza ni ume mu baturage bishimira uburyo iyi mbabura ituma babungabunga ibicanishwa.

Nyiraneza Jeannette wo mu mudugudu wa Rwarucura avuga ko iyo rondereza yabafashije cyane dore ko ubusanzwe inkwi n’amazi ari ikibazo. Uretse n’ibyo ariko ngo iyi rondereza iteka neza kuko ibiryo bitagira ikindi kintu gihumuramo kuko nta mwotsi igira.

Gatete Theogene umwe mu bakoresha iyi rondereza yemeza ko uretse kuba ibiryo bitetsweho bitinda gushya ariko nanone idashiririza kandi ikaba igira isuku cyane kuko nta mwotsi cyangwa ivu.

Iyi mbabura izwi nka Sun cooker irahendutse kandi ikanateka neza.
Iyi mbabura izwi nka Sun cooker irahendutse kandi ikanateka neza.

Igitoki n’ibirayi bishobora kumara amasaha atatu ku ziko, ibishyimbo byo ngo bishobora kumara amasaha arenga umunani bitarashya. Ibitoki n’ibirayi ngo ushobora no kudashyiramo amazi kuko bihishwa n’umwuka.

N’ubwo itinda guhisha ariko ibi ngo ntabwo ari imbogamizi ikomeye kuko itanga umwanya wo gukora indi mirimo. Ibiryo iteka neza kandi mu gihe gito ngo ni ifiriti. N’ubwo icyakabaye inkwi cyangwa amakara ari amavuta y’ubuto ngo Litiro eshanu zishobora gukoreshwa igihe kirenga umwaka.

Ahaterekwa isafuriya.
Ahaterekwa isafuriya.

Izi rondereza za Sun Cooker ngo aba baturage bamaze umwaka n’igice bazihawe. Muri iki gihe bazimaranye ngo nta ngorane barahura nazo uretse kuba zidashobora gukora hatari izuba ryinshi. Aba baturage ndetse n’ubuyobozi ngo ntibibuka umushinga watanze izi rondereza uretse ko ngo zahawe abantu 15 batishoboye kandi ku buntu.

SEBASAZA Gasana Emmanuel

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

inkuru yari nziza, byari kuba akarusho iyo batubwira igiciro bakaturangira n’aho twakoreshereza

nigaz yanditse ku itariki ya: 18-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka