Abantu 6 bo mu Karere ka Nyabihu bamaze guhitanwa n’ibiza, amazu asaga 30 yarasenyutse mu gihe arenga 100 yugarijwe n’amazi, muri uku kwezi kwa Mata 2016.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabaya muri Nyabihu, bavuga ko bakeneye ko Leon Mugesera aza kubasaba imbabazi kubera igihemu yabashyizeho.
Mu Karere ka Nyabihu, Kwibuka 22 byatangirijwe ku buvumo bwa Nyaruhonga bwajugunywemo abishwe muri Jenoside buri mu Murenge wa Mukamira mu Kagari ka Gasizi.
Imibiri 72 y’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yabonetse mui Kigo cya Gisirikare cya Bigogwe.
Umuryango wa Nzamurambaho Fidella wahungiye muri Cameroun waguye mu kantu bamubonye aje kubasura nyuma y’imyaka 22 bazi ko yitabye Imana.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyabihu barakinangira gusezerana imbere y’amategeko, ariko hakaba n’abandi babifata nk’umucu ukwiye gucika.
Abarokotse Jenoside batishoboye n’abandi baturage batishoboye basaba ko ibijyanye no gusorera ubutaka muri Mukamira byakwiganwa ubushishozi.
Baranyeretse John, umugabo w’umubaji utuye mu Murenge wa Mukamira w’Akarere ka Nyabihu, avuga ko umugabo ukunda umugore akamuha agaciro, aba yihesheje ishema n’icyubahiro.
Abacururiza ku gasoko gakunze bita "Gasasangutiya" kamaze imyaka ibiri karadindiye mu kubakwa barasaba ko gasubukurwa kakuzuzwa.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, yatangije ku mugaragaro uruganda rw’ibirayi mu Karere ka Nyabihu, rwitezweho kongera agaciro k’umusaruro wabyo.
Abaturage bakoraga mu ruganda rusya Maiserie Mukamira rumaze imyaka itandatu rufunze, bavuga ko n’ubu bikibahangayikishije kubera akamaro rwari rubafitiye.
Muri Nyabihu hagiye gutangira uruganda rutunganya ibikomoka ku birayi, bakizera ko udushya turimo tuzatuma ibyo bakora bigezwa ku isoko mpuzamahanga.
Guverineri w’Intara y’iburengerazuba Madame Mukandasira Caritas yasabye abagore batorwa mu nama y’igihugu y’abagore kuzaba nyambere mu iterambere ry’umuryango n’igihugu.
Abantu bataramenyekana baraye batemaguye inka ebyiri z’uwitwa Maniriho Jacques wo mu Karere ka Nyabihu, biviramo imwe muri zo guhita ibagwa.
Imyaka ikabakaba 10 ishize gahunda ya Girinka Munyarwanda itangiye,inka 4280 zimaze gutangwa muri iyi gahunda muri Nyabihu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabibu butangaza ko buri mwaka amafaranga yinjira mu misoro agenda yiyongera, biturutse ku bihangira imirimo nabo biyongera.
Mu myaka 5 ya manda ya nyobozi y’akarere irangiye, abafite umuriro w’amashanyarazi mu Karere ka Nyabihu, bavuye kuri 11% bagera kuri 20%.
Mu gihe cy’imyaka 5 ishize, mu Karere ka Nyabihu hakozwe imihanda myinshi yanafashije abaturage kwivana mu bwingunge ariko imwe ifite ibibazo.
Abagize amakoperative mu Ntara y’Iburengerazuba barasabwa gutangira umwaka wa 2016 birinda ingeso y’amacakubiri, kunyereza umutungo no kuwikubira.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyabihu, yangije ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni 60 n’ibihumbi bikabakaba 300 by’amafaranga y’u Rwanda.
Abaturage 43 bo mu Karere ka Nyabihu bahawe inka muri gahunda ya Gira inka, hagamijwe kubafasha kwikura mu bukene.
Kuri uyu wa 30 Ukuboza 2015, Umurenge wa Mukamira wakoze ibirori wizihiza ko abaturage bawo batoye 100% ivugururwa ry’itegekonshinga binyuze muri Referendumu.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Madame Mukandasira Caritas asaba abaturage b’ iyi ntara, kwitabira umugoroba w’ababyeyi nk’ishingiro ryo kwikemurira ibibazo abaturage baba bifitemo.
Abaturage b’Akarere ka Nyabihu baravuga ko icyabashimishije ari ugusoza umwaka bitoreye Itegeko Nshinga rivuguruye ryemerera Perezida Kagame kuzongera kwiyamamaza.
Ikibazo cy’amatara yo ku muhanda Kigali-Musanze-Rubavu atakaga ngo kigiye gukemuka mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwaburiye abaturage bafite ingeso yo gutema inka z’abaturanyi babo, ko uzafatirwa mu cyuho azahanwa nk’utifuriza igihugu iterambere.
Green houses 24 z’abatubuzi ubwabo mu Rwanda zabashije gukemura ikibazo cy’imbuto nziza y’ibirayi ziva kuri 2% zabonekaga zigera kuri 25%.
Abahinzi b’ibirayi mu Karere ka Nyabihu bavuga ko amakusanyirizo yabyo yahesheje agaciro umusaruro anaca abamamyi mu bucuruzi bw’ibirayi.
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije mu turere tw’ishyamba rya Gishwati, byasabye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibidukikije (REMA) gukoreshwa amafaranga asaga miliyari 2.58Frw.
Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Nyabihu barasabwa gukorera hamwe mu guhanga imirimo mishya 5500 itari ubuhinzi, bityo akarere kabo kakarushaho gutera imbere.