Bahangayikishijwe n’ifunga ry’uruganda rwa Maiserie Mukamira

Abaturage bakoraga mu ruganda rusya Maiserie Mukamira rumaze imyaka itandatu rufunze, bavuga ko n’ubu bikibahangayikishije kubera akamaro rwari rubafitiye.

Uru ruganda rugikora rwatangaga akazi ku bahaturiye, rukanagura umusaruro w’ibigori n’uw’ingano babaga bejeje, bikiyongeraho ko banaguraga ifu rukora batiriwe bakora ingendo zo kujya ku masoko.

Ifunga rya Maiserie Mukamira ryibazwaho byinshi n'abaturage.
Ifunga rya Maiserie Mukamira ryibazwaho byinshi n’abaturage.

Kuva rwafunga kubera igihombo rwagize, na n’ubu abaturage baracyibaza amaherezo y’aho bazakura inyunganizi nk’iyarwo yafashaga mu buzima bwa buri munsi ibaha amafaranga, nk’uko uwitwa Habinshuti Augustin w’imyaka 53 warukozemo abivuga.

Agira ati “Ubundi uruganda rwarakoraga pe! abakozi barwo n’abo hanze tukabona aho duhahira. Rwakoraga akawunga n’amavuta y’ibigwagari, rugakora na SOSOMA ku buryo abana n’abandi bose banywaga igikoma neza.”

Habinshuti Augustin umwe mu bakoze muri uru ruganda, avuga ko ihomba ryarwo barifata nk'igihombo ku baturage baruturiye.
Habinshuti Augustin umwe mu bakoze muri uru ruganda, avuga ko ihomba ryarwo barifata nk’igihombo ku baturage baruturiye.

Atanga ikigereranyo ko mu gihe nk’ubu akawunga k’ibiro 25 kagura hagati y’ibihumbi 10Frw na 11Frw, Maiserie iramutse yakoraga bashoboraga kuba bakabonera hagati y’ibihumbi 6Frw na 7Frw.

Ati “Kuva rwaharagarara ubuzima bwacu bwarahagaze. Nkanjye nakoragamo. Ninjye warubanjemo ariko kuva rwahagarara nta kantu nkibona. Icyo twasaba ni uko uruganda rwakongera gukora tukongera kubona akazi ndetse n’akawunga tukakagura kuri makeya.”

Tuyisingize Emmanuel, undi muturage nawe wari uturiye uru ruganda, avuga ko bakiri mu gihirahiro, kandi bahora bategereje niba rwazongera gufungurwa bakabona imirimo n’aho bagurisha umusaruro wabo.

Zimwe mu mashibi zakoreshwaga na Maiserie Mukamira zigenda zisaza kubera kudakora.
Zimwe mu mashibi zakoreshwaga na Maiserie Mukamira zigenda zisaza kubera kudakora.

Ati “Twumvise ko ruri mu maboko ya RDB kandi ko izaruha umushoramari akarugura ariko ibanje gukemura imyenda uru ruganda rwari rurimo.”

Aba baturage bavuga ko babwiwe ko ifungwa ryarwo ryatewe n’abayobozi bwagujije amafaranga yo kugura ariko akanyerezwa, ari nabyo byaruviriyemo igihombo.

Ngabo James umunyamabanga nshingabikorwa w’akarere ka Nyabihu, harimo n’imashini zihenze ziri kwangirika.

Ati “Twagumye kubibaza, twabibwiye inzego zidukuriye tubikorera ubuvugizi, nkeka yuko RDB hari icyo irimo kubikoraho.”

Amakuru aturuka muri RDB avuga ko komite igizwe na MINICOM, MINECOFIN na RDB ubu irimo gutegura isoko rizaba ryashyizwe ahagaragara bitarenze impera za Werurwe uyu mwaka. Abazaritsindira bakaba aribo bazarukoresha.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka