Abubakiwe mu mudugudu wa Kabyaza umwe muri irindwi y’icyitegererezo yubatse i Nyabihu muri 2015-2016, bashima Leta yabagejeje ku byo batari kuzigezaho.
Akarere ka Nyabihu kahagurukiye ababyeyi batazi gutegura indyo yuzuye y’abana kandi ubusanzwe mu karere ho hatari mu harangwa inzara.
Abaturage b’i Nyabihu bavuga ko iterambere ryarushaho kuzamuka mu gihe kuboneza urubyaro byakwitabirwa neza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buratangaza ku bugeze ku kigero cya 90% bagaruza amafaranga ya VUP yari yaranyerejwe n’abayobozi.
Hari abatuye Akarere ka Nyabihu bakigorwa no kubona amazi meza, nubwo ubuyobozi bwo bwemeza ko ku bari basanzwe bayafite hiyongereyeho ibihumbi bine.
Guverineri w’Iburengerazuba, Cartas Mukandasira, yijeje aborozi bo mu Ntara y’Iburengerazuba bambuwe agera mu miliyoni 48 ko agiye kubakurikiranira ibibazo.
Akarere ka Nyabihu kavuguruye urutoki mu mirenge ruhingwamo ku kigero kiri hejuru ya 98% ku buso kiyemeje.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyabibu bibukijwe gukurikirana abana babo mu biruhuko, nyuma y’uko habonetse abana batanu batwariye inda mu mashuri.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu butangaza ko mu ngengo y’imari ya 2016/2017, buzita ku mihanda ikunze gushegeshwa n’imvura.
Mbere yo gutaha umudugudu w’icyitegererezo wa Kabyaza mu Karere ka Nyabihu, hatangiye igenzura ryo kureba niba abagenewe amazu bayakwiriye kuko bikekwa ko harimo abatayakwiye.
Abaturage b’Akarere ka Nyabihu barashishikarizwa kureka ubuharike n’umuco wo gushaka abagore benshi wakunze kuranga aka gace hambere.
Nyiraruvugo Odette w’imyaka 44 yabonetse mu muringoti w’umurima w’ibirayi yapfuye hakekwa bakeka ko yaba yishwe n’uwari inshoreke ye.
Abaturage bari bamaze igihe bagaragaza ikibazo cy’ingurane zabo ku butaka bwo muri Gishwati, ngo bagiye kwishyurwa agera kuri miliyoni 560Frw.
Ikibazo cy’ibirayi bikwiye byatunganirizwa mu ruganda rw’ibirayi rwa Nyabihu ngo kirazwi kandi kirimo gushakirwa umuti.
Isoko rya Kijote mu Murenge wa Bigogwe i Nyabihu rigiye guhindurwa Transit Center.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iratangaza ko icyaburaga ngo Uruganda rw’Ibirayi rwa Nyabihu rutangire cyabonetse ku buryo rutazarenza Nyakanga 2016 rutongeye gufungura imiryango.
Minisiteri y’ubucurizi n’inganda yemeza ko uruganda rutunganya amata rwa Nyabihu rutazarenza Kanama 2016 rutaratangira, kuko rwamaze kubona uzarucunga.
Kubera ubwiza bwa Gishwati, abaturage bayituriye n’ubuyobozi basaba ko hasubizwa hoteli yafasha mu iterambere n’ubukerarugendo kuko n’ubundi ngo yahahoze.
Ikoranabuhanga rimaze kugera muri imwe mu mirenge igize Akarere ka Nyabihu rifasha mu kwihutisha imitangire ya serivise no gusabana n’abaturage.
Abaturage b’I Rambura mu kagari ka Rugamba basaba ko bakorerwa amaterasi nyuma y’uko aho ayakozwe yatanze umusaruro ufatika.
Abagize komite za Girinka mu nzego z’ibanze i Nyabihu barasabwa ubunyangamugayo mu nshingano bahawe hirindwa ko haba ibibazo muri Girinka.
Abaturage b’i Nyabihu baratabariza ibice by’umuhanda Musanze-Rubavu byangirika bikanabateza ingaruka aho batuye n’aho bakorera.
Akarere ka Nyabihu kavuga ko kashoboye kugaruza mu gihe cy’amezi abiri 90% by’amafaranga bari baragujije muri VIUP ariko ntiyishyurirwe igihe.
Abaturage b’i Nyabihu baribaza impamvu uruganda rw’amata rwa Mukamira rwagombaga gutangira bitarenze Werurwe rwatinze gutangira.
Bamwe mu bahinzi b’ibirayi bo mu Karere ka Nyabihu baribaza impamvu uruganda rw’ibirayi rwa Nyabihu Potatoes Company rutarongera gukora kuva rufunguwe.
Mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bahashyinguye imibiri 79 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside, iherutse kuboneka.
Abatuye Akarere ka Nyabihu bavuga ko bamaze gusobanukirwa akamaro k’ibiti bivangwa n’imyaka mu kurwanya isuri no gutanga ifumbire.
Umuhanda wa kaburimbo Mukamira - Ngororero ubu si nyabagendwa nyuma y’aho nyuma y’aho inkangu iwutengukiyemo ikawufunga mu gice giherereye mu Kagari ka Nyundo k’Umurenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu.
Abantu 6 bo mu Karere ka Nyabihu bamaze guhitanwa n’ibiza, amazu asaga 30 yarasenyutse mu gihe arenga 100 yugarijwe n’amazi, muri uku kwezi kwa Mata 2016.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabaya muri Nyabihu, bavuga ko bakeneye ko Leon Mugesera aza kubasaba imbabazi kubera igihemu yabashyizeho.