Agasoko ka "Gasasangutiya" karatabarizwa ngo kuzuzwe

Abacururiza ku gasoko gakunze bita "Gasasangutiya" kamaze imyaka ibiri karadindiye mu kubakwa barasaba ko gasubukurwa kakuzuzwa.

Aka gasoko gaherereye mu Kagari ka Rubaya mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu katangiye kubakwa muri Werurwe 2014 kagombakuzura mu mezi atatu gusa, ariko kugeza na n’ubu ntikararangira kubakwa.

Agasoko kadindiye imyaka ibiri yose.
Agasoko kadindiye imyaka ibiri yose.

Igihozo, umwe mu baturage bakereama, avuga ko gucururiza bari barabujijwe kugacururiza muri ako gasoko katuruzura none bakaba barategereje ko kuzura amaso agahera mu kirere.

Kugeza ubu ako gasoko nta bwiherero gafite ndetse ntikazanarangiza gukorerwa amasuku, bakavuga ko byatewe n’uko amafaranga yari yateganyijwe mu kukubaka yabaye make ugereranije n’imirimo yagombaga kuhakorwa .

Amwe mu meza yubatswe ngo ajye acururizwaho yatangiye gusenyuka kataranatangira gukorerwamo.
Amwe mu meza yubatswe ngo ajye acururizwaho yatangiye gusenyuka kataranatangira gukorerwamo.

Kuri ubu iyo ugeze kuri ako gasoko usanga ameza yubatswe muri sima yakagombye gucururizwaho yaratangiye kwangirika mbere y’uko anacururizwaho.

Abaturage basaba ko kasubukurwa kakuzuzwa, abacururiza hasi bose bakagacururizamo kuko ari cyo kari karubakiwe ngo gafashe abaturage gucururiza heza kandi hafite isuku.

Hari bamwe mu bacururiza hanze y'agasoko kuko kataruzura neza.
Hari bamwe mu bacururiza hanze y’agasoko kuko kataruzura neza.

Ngabo James Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, yatangaje ko ako gasoko koko kadindiye kandi kakaba karagiye kaza mu bibazo biganirwaho kenshi bigomba gukemurwa vuba.

Yagize ati “Kariya gasoko karadindiye koko, kari no mu bintu bijya bikunda kugarukwaho bigomba kubakwa. Hari ingengo y’imari “budget” nto yaburaga ariko muri uyu mwaka nkeka ko yabonetse.”

Nimugoroba hacururizwa ibintu bitandukanye.
Nimugoroba hacururizwa ibintu bitandukanye.

Yongeyeho ko Njyanama y’Akarere yemeje ko kazuzuzwa muri uyu mwaka w’imihigo 2015-2016, ndetse bikaba binagaragara mu ngengo y’imari ivuguruye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka