Mu gihe Etape ya 4 abasiganwa ku magare bazananyura mu muhanda Mukamira –Ngororero,barasabwa kuzitondera ibice byangiritse by’uyu muhanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buratangaza ko abafite umuriro muri aka karere umwaka urangira bageze ku kigero cya 17,5%.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora irasaba abayobozi b’uturere,imirenge,njyanama n’inzego z’umutekano kuzagira uruhare mu gutuma amatora ateganijwe mu mwaka wa 2016 agenda neza.
Federasiyo y’amakoperative y’abahinzi b’ibirayi mu Rwanda igiye gushyiraho ikigega cya miliyoni 200 kizafasha mu gukemura ikibazo cy’imbuto y’ibirayi ku bahinzi.
Abanyeshuri 2668 nibo bakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye mu mashuri nderabarezi mu bigo 18 mu Rwanda.
Bitewe n’uko gukoresha ifumbire bituma umusaruro wiyongera,mu karere ka Nyabihu ngo bagamije ko abayikoresha bava kuri 62% bakagera kuri 80%.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyabihu basanga kuba serivise zo kuboneza urubyaro zisigaye zishyurwa bishobora kuzagabanya umubare w’abazitabiraga.
Bamwe mu bagabo muri Nyabihu bavuga ko habonetse uburyo bwo kuboneza urubyaro ku bagabo butari ubwa burundu babwitabira cyane.
Urubyiruko rufite inyemezabumenyi za WDA ngo rufite amahirwe yo gufashwa na BDF ruhabwa inkunga ingana na ½ ku nguzanyo y’ibikoresho.
Abaturage bo muri Nyabihu basanga umuganda ubafitiye akamaro kuko hari byinshi bakora vuba kandi neza bahuje amaboko n’ibitekerezo biteza imbere.
Tuyishime Binyavanga Charlotte arashimira Perezida Kagame wamukuye mu karuri akamutuza mu nzu nziza ifite agaciro ka miliyoni 4 n’igice.
Abafite ubumuga biganjemo abana batabashaga kwigenza bagera ku 10, bahawe insimburangingo z’amagare, bakavuga ko azabafasha kugera aho abandi bari.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buvuga ko uzafatwa yangiza cyangwa acukura mu mugezi wa Giciye azabihanirwa kuko byangiza amazi yawo bigateza isuri.
Abaturage ba Nyabihu bavuga ko nubwo harimo kubakwa amazu 200 azafasha abari batuye mu manegeka gutura heza atazakemura iki kibazo burundu.
Abaturage bo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu barakangurirwa kwita ku biteganijwe mu gishushanyo mbonera cy’umujyi aho kuzahomba.
Abakobwa 15 babyariye iwabo, mu Kagari ka Rurengeri muri Nyabihu barimo kwiga kudoda bagamije kubaka ahazaza habo no kwirinda kuzasabiriza.
Umuhanda Sashwara Kabatwa watumye abaturage b’Umurenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu babona ibicuruzwa bitabahenze kandi unongerera agaciro ibirayi bihera.
Kubera ko ikibazo cy’amasoko atangwa atinze ari kimwe mu byatumye tumwe mu turere tw’intara y’Iburengerazuba tutaraje ku myanya myiza mu mihigo cyafatiwe ingamba.
Nyirarwango Esperance acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Police ya Mukamira, mu karere ka Nyabihu, nyuma yo gufatanwa utubure 1000 tw’urumogi.
Kuri Sitasiyo ya Police ya Mukamira hacumbikiwe umugabo witwa Nsanzineza Theoneste w’imyaka 40 wafatanywe amafaranga ibihumbi 330 y’amakorano.
Kuri uyu wa 17 Nzeri 2015, mu karere ka Nyabihugu hatangijwe ku mugaragaro igihembwe cy’ihinga 2016 A.
Abacitse ku icumu rya Jenoside mu karere ka Nyabihu bafite ibibazo by’ imanza zitarangizwa burundu ndetse n’amazu ashaje akeneye gusanwa.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba Mukandasira Caritas, asaba abahinzi bo muri iyi ntara gukora ubuhinzi bw’umwuga ku buryo beza bakihaza bagasagurira n’amasoko.
Bamwe mu baturage batuye mu mirenge ikora ku mugezi wa Giciye banejejwe no kuba usigaye ubyara amashanyarazi, ubundi warabatwariraga abantu n’imirima.
Abagenerwabikorwa ba VUP bo mu mirenge ya Mulinga na Rambura, bavuga ko bikuye mu bukene bitewe n’iyi gahunda yabateje imbere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu ngo bugiye kwibanda mu byaro mu kwegereza abaturage amashanyarazi muri itanu mu mirenge ikagize.
Abaturage bo mu kagari ka Guriro mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu, bavuga ko ivuriro igiye kuzahubakwa izabaruhura ingendo ndende bakoraga bajya ku kigo nderabuzima.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Caritas Mukandasira, arasaba ababyeyi bo mu Karere ka Nyabihu gushakira abana babo bari mu biruhuko bakabarinda kuba imburamukora no kwishora mu bitabafitiye akamaro.
Guverineri w’Intara y’i Burengerazuba Madame Mukandasira Caritas asaba abaturage b’akarere ka Nyabihu kwitabira gutanga ubwisungane mu kwivuza, nka kimwe mu by’ingenzi basabwa kandi bibafitiye umumaro.
Abajyanama b’ubuzima bo mu Murenge wa Shyira bavuga ko Perezida Kagame yateje imbere ubuzima ku buryo serivisi z’ubuzima zitangirwa hafi uhereye ku midugudu bityo ngo bakaba bamwifuza ubuziraherezo.