Nyuma yo gusurwa na Ministre w’ Ingabo Wungirije muri RDC ushinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu gisirikare, Rene Sibu Mutabuka, akabakangurira gutaha, 13 mu bahoze ari abarwanyi ba M23 bari bayobowe na Runiga bamaze kuzinga utwabo bagiye gutaha.
Polisi y’igihugu, ishami ryo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana isanga inzego z’ibanze ari imwe mu nkingi zayifasha mu kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana rigasigara ari amateka mu muryango nyarwanda.
Bamwe mu bakozi bakorera mu Karere ka Ngoma bavuga ko igihe bahinduriwe aho gukorera (mutation) kandi bagatekwa kurara aho bakorera bikurura ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa abana ndetse n’irishingiye ku gitsina bagasaba bagasaba koroherezwa igihe baba bagiye kwimura umukozi ku kazi.
Abahoze ari abarwanyi ba M23 ku ruhande rwa Runiga JMV, bahungiye mu Rwanda bagacumbikirwa i Ngoma batangarije Itsinda rya Congo (Delegation) ko batazasubira iwabo ku bushake igihe cyose batazubahiriza amasezerano y’ i Nairobi arimo no kwambura intwaro FDLR.
Nyuma y’uko mu Murenge wa Mutendeli ho mu Karere ka Ngoma hagaragaye ingengabitekerezo ya Jenoside ku bana babiri b’imyaka 17, abahatuye bavuga ko byerekana ko hari ababyeyi bakigishiriza abana babo amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside ku mashyiga.
Ubwo bibukaga ku nshuro ya 21 Abatusti bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu murenge wa Mutendeli ku rwibutso rwa Jenoside hashyinguwe mu cyubahiro imibiri ibiri y’abishwe muri Jensoside yabonetse aho yari yarajugunwe.
Nyuma y’imyaka ine urwibutso rwa Jenoside rwa Kibungo ruvugwa ko rugiye kubakwa neza bikaba bitarakorwa, bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bafite ababo bahashyinguye bavuga ko batewe impungenge n’uko imibiri irushyinguyemo izangirika kuko rutubakiye ngo rureke kunyagirwa.
Umuryango mugari w’abakozi n’abanyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda, Koleji y’inderabarezi ya Kigali (yahoze kitwa KIE) bashyikirije inzu bubakiye Rugeninyange G. Marcel, warokotse Jenoside yakorewe abatutsi utishoboye utuye mu Murenge wa Rukumbeli.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 batishoboye batuye mu murenge wa Rumbeli akarere ka Ngoma, baravuga ko nubwo bagenda bahabwa ubufasha bwo gusanirwa amazu hakiri abandi batishoboye bafite ikibazo kitaboroheye cy’amacumbi akeneye gusanwa.
Urubyiruko rw’abasaveri bo mu Karere ka Ngoma ruvuga ko rufite ubushake bwo kurwanya Jenoside n’abayipfobya, ndetse ko rwiteguye gutanga umusanzu warwo mu guhangana n’ingaruka Jenoside yasize mu Rwanda rutanga umusanzu uko rubishoboye.
Musenyri wa mbere wayoboye Diyosezi Gatolika ya Kibungo, Joseph Sibomana, kuva mu 1968-1992 y ashimiwe ko yarwanije politike y’iringaniza mu mashuri rishingiye ku moko n’uturere aho yanze kuyishyira mu bikorwa mu mwaka wa 1973 muri Seminar into ya Zaza ndetse no mu itangwa ry’akazi muri econamat Jeneral ya Diyosezi ya (…)
Mu gihe Jenoside yakorerwaga abatutsi, hari imiryango imwe n’imwe yagiye yitandukanya n’ubwo bwicanyi igahisha abatutsi bahigwaga bukware, ndetse bamwe bakaba barahisemo gupfana na bo aho kwijandika mu bwicanyi.
Abanyeshuri barangije icyiciro cya gatatu muri kaminuza ya Open University of Tanzania (OUT) ishami rya Kibungo riri mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Kibungo barasabwa gukoresha ubumenyi bahawe mu kuzana impinduka zikemura ibibazo by’aho batuye.
Uhagaze Aléxis utuye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma umaze imyaka 15 afite ubumuga, amaze gukura abafite ubumuga mu ngeso yo gusabiriza abigisha umwuga wo kudoda inkweto kuko yabonaga bimufitiye akamaro bimutungiye umugore n’abana umunani.
Abarokotse Jenoside bo mu Murenge wa Rukumbeli mu Karere ka Ngoma bavuga ko abahabatuje mu 1959 bari bafite umugambi wo kubamara kuko imiterere y’uyu murenge ngo yatumye guhunga bitabashobokera mu gihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994.
Abaturage bo mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma barashinja abakora forode banyura mu byambu bitemewe kwitwikira ijoro igihe bambukije forode bakuye i Burundi bagasubizayo amatungo bibye mu baturage.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 hamwe n’abagize uruhare muri Jenoside batujwe mu mudugudu umwe wahawe izina ry’Umudugudu w’Ubumwe n’Ubwiyunge” uri mu Murenge wa Remera, mu Karere ka Ngoma baravuga ko guturana byarushijeho gushimangira ubumwe n’ubwiyunge.
Abagore bo mu Karere ka Ngoma barasaba Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ko yakwemera kongera kwiyamamaza muri manda ya Gatatu maze bakazamuhundagaza ho amajwi.
Abagore bo mu Rwanda barashimirwa ko batagitinya gufata ibyemezo mu kwaka inguzanyo mu mabanki y’ubucuruzi kugira ngo biteze imbere.
Bamwe mu bagize ibikorwa by’ubutwari muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu w’1994 mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma bahawe inka n’umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 (AERG), hamwe na bakuru babo barangije Kaminuza bibumbiye muri GAERG, nk’ikimenyetso cyo kubashimira ubutwari (…)
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (GAERG) n’umuryango w’abakiri abanyeshuri bayirokotse (AERG), baratangiza icyumweru cyahariwe gushimira abahoze mu ngabo za RPF bakomerekeye ku rugamba no gufasha abagizwe incike na Jenoside.
Abakoresha ikiraro cya Rwagitugusa gihuza Uturere twa Ngoma na Kirehe baravuga ko kuba cyarangiritse bibangamiye ubuhahirane n’imigenderanire, kuko giteza ibibazo ibinyabiziga bihaca.
Bamwe mu basore bo mu karere ka Ngoma baravuga ko kuba ababyeyi babasaba gutaha kare batinda bakabakingirana bakarara hanze bibabangamira, bakaba ngo barahisemo kujya biyubakira "Ikibahima".
Abaturage bagera kuri 1300 bo mu Murenge wa Jarama Akarere ka Ngoma nyuma yo kumara hafi umwaka wose batishyuwe na rwiyemezamirimo Ntakirutimana Florien ufite kompanyi ECOCAS umwenda wa miliyoni zibarirwa muri 33 noneho bagiye kumujyana mu nkiko.
Imibare itangwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma iravuga ko amazu 173 mu karere kose yangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga yaguye muri aka karere ku gicamunsi cyo ku wa 23/02/2015.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodice arasaba ababyeyi n’abarezi gufatanyiriza hamwe bagahagurukira isuku y’abana.
Akarere ka Ngoma katashye ku mugaragaro ibyumba by’amashuri icyenda n’ubwiherero 12 byatwaye miliyoni zigera kuri 48, muri gahunda yihariye yo gusimbuza bimwe mu byumba by’amashuri bishaje.
Karuhije Alexis,w’imyaka 55 utuye mu murenge wa Kazo, Akagari ka Karama mu Karere ka Ngoma ngo kwegerezwa amashanyarazi mu cyaro byamufashije gukora umushinga wo gusharija batiri z’imodoka none ngo bimuhesha hafi miliyoni y’amafaranga ku mwaka.
Imvura ivanze n’umuyaga ndetse n’urubura yaguye mu Murenge wa Sake, Akagari ka Nkanga ho mu Karere ka Ngoma, yasize imiryango ibiri mu macumbi y’abaturanyi nyuma yo gusenyerwa amazu yabo ikangiriza andi mazu 20 n’imyaka irimo insina n’imyumbati.
Mugihe mu mugi wa Kibungo hagaragara bamwe mu bagemura amata(abacunda) bavangamo amazi ngo abe menshi,abashumba baba bakamye inka baritana ba mwana n’abagemura aya mata ku wuvangamo amazi.