Abayobozi b’amakoperative y’abahinzi baravuga ko ubushobozi buke bwayo mu kugurira abanyamuryango babo umusaruro bejeje, bituma abamamyi bahenda abahinzi kuko bo usanga bagura bahenda abahinzi ndetse akensgi bagakoresha ibipimo byiba abahinzi mu kugura.
Bimwe mu bigo bicuruza umusaruro w’ubuhinzi nka “SARURA”, ngo bigiye gutangiza uburyo bwo gusinyana amasezerano n’amakoperative y’ubuhinzi yo kugura umusaruro wabo igihe weze ngo bakajya bayasinyana mbere y’uko batangira guhinga.
Mu gutangiza icyumweru cy’ibikorwa bya Police (Police Week) mu Ntara y’Iburasirazuba, hanizihizwa imyaka 15 Police y’u Rwanda imaze ishinzwe, Polisi yaremeye imiryango itanu itishoboye ibaha inka kuri uyu wa 14 Kamena 2015 mu birori byabereye kuri Sitade ya Cyasemakamba mu Karere ka Ngoma.
Abarobyi barenga 120 bibumbiye mu makoperative y’Abarobyi mu mirenge ya Sake na Jarama ikora ku Kiyaga cya Sake (COPEDUJA na COPEDUSA), bemeza ko uburobyi bakoraga mbere yo kwibumbira mu makoperative ntacyo bwabagezagaho, ariko nyuma yo kujya mu makoperative ubuzima ngo bwahindutse bakagira agaciro.
Ibiyobyabwenge birimo kanyanga, urumogi ndetse n’ibikoresho bikoreshwa mu gukora kanyanga birimo insheke, n’ingunguru byangiririjwe mu ruhame,nyuma y’urugendo rwo kwamagana ibiyobyabwenge rwakozwe n’urubyiruko rwiganjemo abanyonzi n’abamotari.
Abagabo n’abagore batuye umurenge wa Mutendeli ho mu karere ka Ngoma bemeza ko igihe cy’umwero w’imyaka, ingo zimwe ziba zitorohewe kubera amakimbirane avuka ashingiye ku gushaka kugurisha umusaruro ndetse bamwe bagasahura urugo.
Mu gikorwa cyo kwibuka abana n’abagore bishwe muri Jenoside cyabereye mu karere ka Ngoma, abakecuru batishoboye bagizwe inshike na Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 bahawe impano z’uduseke twarimo imyenda n’ibiribwa undi aremerwa ahabwa inka.
Ibitaro bya Kibungo byatwandikiye bivuga ko bitigeze birebera ikibazo cy’isuku nkeya twanditseho ku wa 2 Kamena 2015 cyari cyaturutse ku bakozi babikoragamo isuku bakaza guhagarika akazi bashinja abaresha babo kutabahemba.
Abanyamuryango 84 bagize Koperative y’Abarobyi mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, COPEDUJA, barasaba ko ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga yahindurwa maze Perezida Kagame akongera kwiyamamaza ngo kubera agaciro n’ibyiza yagejeje ku Banyarwanda n’abakora umwuga w’uburyobyi by’umwahiriko.
Abarobyi bakora umurimo wo kuroba mu biyaga bya Sake,Mugesera na Birira barasabwa kuroba ku bwinshi ifi zo mu bwoko bw’imamba kuko izifi zibangamiye umusaruro w’ifi za “Terapiya” zikunzwe cyane ku isoko zanatewe muri ibi biyaga.
Abatuye mu murenge wa Mutenderi mu karere ka Ngoma, umurenge ufatwa nk’uw’icyaro barasaba ubuyobozi kubegereza amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, kugira ngo nabo bibafashe kwiteza imbere nyuma y’uko bigaragaye ko abize aya mashuri batakabura.
Abakora ubuhinzi bw’umwuga bo mu Murenge wa Sake, Akarere ka Ngoma barishimira kwegerezwa imashini zifashishwa mu buhinzi ngo kuko zatumye batakirara ihinga kubera abakozi ba nyakabyizi bahingishaga amasuka, bityo bigatwara igihe kinini guhinga ubuso bunini.
Umuhorakeye Josephine, umukecuru utishoboye warokotse Jenoside yakorewe abatutsi utuye mu Murenge wa Remera mu Karere ka Ngoma yashyikirijwe inzu anahabwa inka n’Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro ryo mu Ntara y’Uburasirazuba (IPRC East).
Umuryango w’ivugabutumwa USEI Ministries (Unite, Save and Evangelize International Ministries) wafashe mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bo mu Murenge wa Remera, Akarere ka Ngoma iboroza amatungo magufi ndetse ibaha n’ibiribwa mu gihe bibuka ababo bazize Jenoside.
Abanyeshuri n’abarimu bo mu ishuri ry’ubuhinzi ,uburezi n’ikoranabuhanga rya Kibungo(INATEK) mu gikorwa cyo kwibuka kunshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi mu biyemeje kurwanya bivuye inyuma abafobya Jenoside bifashishije ikoranabuhanga.
Mu Kagari ka Cyasemakamba, mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma mu Mujyi wa Kibungo, iduka ry’ibikoresho byo mu gikoni ry’uwitwa Kazubwenge ryibasiwe n’inkongi y’umuriro muri aya ma saa sita n’igice z’amanjywa zo kuri uyu wa 22 Gicurasi 2015.
Rutayisire John utuye mu Kagari ka Karenge, Umurenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, avuga ko abangamiwe n’ubuzima bwo kuba mu nzu y’icyumba kimwe abanamo n’abana 12 harimo babiri bafite ubumuga bwo mu mutwe, nyuma yo kubuzwa kwagura inzu ye kuko ngo atuye mu manegeka.
Abaturage basaga 1500 bo mu Karere ka Ngoma na Kirehe bararira ayo kwarika nyuma yo gutanga amafaranga ibihumbi 16 buri muntu by’umugabane muri kompanyi yababwiraga ko bazajya bahembwa buri kwezi bitewe n’abayinjiyemo bashya (pyramid scheme), ntibikorwe.
Abahinzi b’ibigori bibumbiye mu mashyirahamwe atandukanye mu murenge wa Mutendeli,barataka igihombo ngo gikomeye batewe n’imungu yibasiye umusaruro wabo ukiri mu mirima no mu bwanikiro bigatuma ugabanuka.
Abanyamuryango 350 ba koperatve ihinga ibigori mu Murenge wa Murama(KOREMU) mu Karere ka Ngoma bavuga ko bakurikije iterambere n’umutekano Perezida Paul Kagame agejeje ku Banyarwanda bose, nyuma ya Jenoside,kutavugurura ingingo imubuza izindi mandat byadindiza iteramebere.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu mirenge ya Murama na Rukira igize icyahoze ari Komini Rukira mu gihe cya Jenoside, ubu akaba ari mu Karere ka Ngoma, bagabiye inka umuryango wa Ruhigira Donat,wahoze ari burugumesitiri wa Komini Rukira muri Jenoside.
Nyuma y’uko abantu bakomeje gusaba ko inzoga ya suruduwire yahagarikwa mu Rwanda kubera ko abayinyweye ituma basa n’abataye ubwenge ndetse bakishora mu bikorwa by’urugomo,ubuyobozi mu Karere ka Ngoma buvuga ko ntakibazo ifite.
Kayirangwa Isabelle w’imyaka 23 y’amavuko ukomoka mu Karere ka Nyagatare afungiye kuri Sitatiyo ya Police ya Kibungo ashinjwa gukuramo inda y’amezi atanu akajugunya umwana mu musarani.
Abaturage batuye mu Kagali ka Sakara, mu Murenge wa Murama ho mu Karere ka Ngoma bavuga ko bafite ikibazo gikomeye cyo kutagira amazi meza kuva kera ndetse ko ngo batangiye kuyasaba kuva ku bwabami kugera n’ubu.
Umuyobozi w’umudugudu n’ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Kanyinya, Akagari ka Rurenge, Umurenge wa Murama, Akarere ka Ngoma, hamwe n’itsinda ry’abantu 10 ryari ku irondo, bahamijwe icyaha cy’“ubufatanyacyaha mu iyica rubozo” mu rupfu rwa Rwakirenga Noah wakubiswe n’irondo bikamuviramo urupfu.
Batanu barimo n’umusaza w’imyaka 65 bo mu Kagali ka Rubago mu Murenge wa Rukumberi ho mu Karere ka Ngoma,bafatiwe mu cyuho barobesha ibikoresho bitemewe byangiza amafi mu kiyaga cya Mugesera na Birira.
Guhera kuri iki cyumweru tariki ya 26 Mata 2015, abantu 3 bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare nyuma y’uko inka zabo zifatiwe mu kibaya cy’Umugezi w’Umuvumba/ Icyanya cya 8 cyagenewe guhingwamo umuceri, mu kagari ka Rutare, Umurenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare.
Nyuma yo gusurwa na Ministre w’ Ingabo Wungirije muri RDC ushinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu gisirikare, Rene Sibu Mutabuka, akabakangurira gutaha, 13 mu bahoze ari abarwanyi ba M23 bari bayobowe na Runiga bamaze kuzinga utwabo bagiye gutaha.
Polisi y’igihugu, ishami ryo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana isanga inzego z’ibanze ari imwe mu nkingi zayifasha mu kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana rigasigara ari amateka mu muryango nyarwanda.
Bamwe mu bakozi bakorera mu Karere ka Ngoma bavuga ko igihe bahinduriwe aho gukorera (mutation) kandi bagatekwa kurara aho bakorera bikurura ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa abana ndetse n’irishingiye ku gitsina bagasaba bagasaba koroherezwa igihe baba bagiye kwimura umukozi ku kazi.