Ibyumba by’amashuri 34 n’ubwiherero 44 bishya byuzuye mu Karere ka Ngoma byitezweho gukemura ikibazo cy’ubucucike mu mashuri no kongera ireme ry’uburezi.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ngoma yateranye tariki 22 Mutarama 2016, yemeje ingengo y’imari y’akarere ivuguruye isaga miliyari12, isaba abayobozi kwihutisha imihigo ikiri hasi.
Abasaga 550 baturiye aharimo gukorerwa umushinga wo kuhira imyaka kuri hegitari 300 z’imirima mu Murenge wa Rurenge, bavuga ko barimo kwiteza imbere babikesha icyo gikorwa.
Abahinzi bo mu Karere ka Ngoma baravuga ko biteze umusaruro mwinshi binyuze mu mushinga wo kuhira imyaka kuri hegitari zirenga 300 u Rwanda rufatanyamo n’Ubuyapani.
Abafundi bagera ku 130 bubatse ibyumba by’amashuri mu murenge wa Kazo bamaze imyaka itatu bishyuza miliyoni 15 bakoreye muri 2012.
Ndayisaba Godfroid arasaba ubufasha nyuma y’uko inkuba ikubise inka ze z’imbyeyi enye, indi ihaka n’ikimasa kimwe; zigapfa zose.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma bwihanangirije bamwe mu bakoresha inzitiramibu icyo bataziherewe, bubaburira ko uwafatwa yahanwa bikomeye.
Imvura ivanzemo urubura n’umuyaga mwinshi yaguye mu mirenge ya Rukumberi na Mugesera mu Karere ka Ngoma yasambuye amazi 19 yangiriza hegitari 150 z’ibihingwa.
Abatuye imirenge ya Rukumbeli na Mugesera mu Karere ka Ngoma barashima ingabo z’igihugu(RDF) nyuma yo kubegereza amavuriro mato ya Poste de Santé bakaruhuka kwivuriza kure.
Abaturiye amavuriro amaze igihe zaruzuye ariko ataratahwa mu Karere ka Ngoma, bavuga ko babangamiwe no kwivuza kure basize ayabo adakora.
Ubuyobozi bwo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma buratangaza ko bwahagurukiye abagifite umuco wo kwengesha inzoga ibirenge.
Abikorera n’abakozi bo mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma bifatanije n’abafite ubumuga bwihariye bashyizwe mu “Urugo rw’Amahoro” nyuma yo gutereranwa n’imiryango yabo.
Koperative y’abahinzi b’umuceri ba Cyunuzi (COOPRIKI) yatoye itegeko ryo kujya bishyurira abanyamuryango 3583 n’imiryango yabo ubwisungane mu kwivuza ngo hazamurwe umusaruro.
Mukabalisa Frolence,nyuma yo gutangira kwigishiriza imodoka mu mujyi wa Kibungo Akarere ka Ngoma byatumye abagore n’abakobwa bitabira kwiga ibinyabiziga ku bwinshi.
Hakizimana Vicent w’imyaka 25 wo mu Kagari ka Gituza mu Murenge wa Rukumbeli mu Karere ka Ngoma arashinjwa gukubita se umubyara umugeri mu gatuza agahita yitaba Imana.
Nshimyumuremyi Claude,nyuma yo gufatirwa mu karere ka Ngoma atwaye umufuka w’urumogi agiye kurugurisha arahamya ko yicuza ibyo yakoze.
Kalisa Gaston,yafatiwe mu cyuho yakira ruswa y’umuturage y’ibihumbi 20 ngo amushyire ku rutonde rw’abagomba guhabwa inka muri “Gira inka”.
Abana batozwaga imyuga mu gihe cy’ibiruhuko muri IPRC East baravuga ko bahakuye icyerekezo cy’ubuzima bwabo.
Nyirabikari Theresie,w’imyaka 90 utuye mu Kagari ka Kibare mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma arashimira Perezida Paul Kagame ngo wamukuye muri nyakatsi.
Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bavuga ko gukurikirana amasomo ku kwihangira umurimo bizabarinda kuba abashomeri igihe bazaba barangije kwiga.
Perezida wa Sena, Hon Bernard Makuza, asanga inteko ishingamageko ifite inshingano zo kugeza ku baturage ibyavuye mu busabe bwabo ku kuvugurura itegeko nshinga.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (IPRC East) riri gutanga amasomo afasha abana mu biruhuko, gukunda umwuga binyuze muri gahunda bise “Space for children”.
Abatuye mu Mudugudu wa Kabahushi mu Kagari ka Sakara mu Murenge wa Murama barasaba kwegerezwa amashuri kuko baterwa impungenge n’abana bato biga kure bazamuka imisozi.
Intara y’Uburasirazuba yatangije ukwezi k’ubukangurambaga mu kurwanya imirire mibi ubu iri ku kigero cya 34%, nk’uko byagaragaje n’ubushakashatsi butandukanye bwakozwe.
Komite nshya y’Ihuriro ry’Abana mu Karere ka Ngoma yiyemeje guhangana n’akato gakorerwa abana bafite ubumuga.
Kuri Sitasiyo ya Police ya Kibungo hafungiye imodoka yafashwe ipakiye urumogi abari bayirimo bagahita bayisohokamo biruka.
Abagize Komite z’Abunzi mu mirenge igize Akarere ka Ngoma bahawe amagari ngo ajye abafasha mu ngendo bajya kunga abagiranye amakimbirane.
Abatuye umudugudu wa Kabahushi mu Murenge wa Murama akarere ka Ngoma, wakusanije miliyoni 2Frw bigurira matera n’amashyiga agezweho ya cana rumwe.
Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwatangaje ko Habakurama Wellars waregwaga kwica Nsengiyumva Iriniga ahamwa n’icyaha, ahita ahanishwa igifungo cya burundu.
Ndengabaganizi Ephrem, uhinga kawa mu mirenge ya Murama, Mutenderi na Remera y’Akarere ka Ngoma, avuga ko ubu buhinzi bwamuteje imbere kandi bugaha akazi abakozi 30 buri munsi.