Abaturage bataratanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (MUSA)bibukijwe ko bagomba gukurikiza umuhigo Akarere kihaye wo kurangiza umwaka wa 2015 kari ku 100%.
Impuzamiryango Pro-Femme Twese Hamwe yahaye ubwisungane mu kwivuza abatishoboye ijana bo mu karere ka Ngoma bari barabuze uko biyishyurira.
Rugimbabahizi Philemon w’imyaka 93 yakomerekeje umuhungu we anatema umukazana we abaziza ifumbire mvaruganda y’ikawa bari bafashe we akayibura.
Bamwe mu bahinzi ba kawa mu Karere ka Ngoma barinubira ko batabona umuti wo gutera imyaka ikaba ishize ari itatu.
Imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga yaguye mu murenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, yasambuye amashuri inasenyera abaturage 13.
Abatuye umurenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma, bashima ingufu ziri gushyirwa mu guca kanyanga, hafatwa abaziteka bagashyikirizwa ubutabera.
Mu gihe bavuga ko ubukire bafite babukesha kawa, abasaza mu karere ka Ngoma bavuga ko baterwa ishavu n’uko urubyiruko rutari kwitabira gutera kawa.
Nyuma yo guhugurwa mu kwihangira imirimo urubyiruko,mu karere ka Ngoma rutangaza ko hakiri urubyiruko rurangije amashuri rusuzugura imishinga y’igishoro gito.
Abatuye mu Karere ka Ngoma bifuza ko buri Munyarwanda akwiye kuba umurinzi w’igihango mu gushimangira gahunda ya “Ndi Umunyarwanda.”
Mu gusoza icyumweru cyahariwe Ubumwe n’Ubwiyunge mu Karere ka Ngoma bishimiye ko nta mbogamizi na nke bafite zatuma Abanyarwanda batabana neza.
Abatuye Akarere ka Ngoma barataka guhenda kw’ibitoki bavuga ko byikubye gatatu kubera umuyaga waguye nabi ukagusha insina.
Imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga yasambuye amazu umunani mu Mirenge ya Remera na Kazo ho mu Karere ka Ngoma.
Mu mudugudu wa Nyamugali mu kagari ka Nyagasozi Umurenge wa Mutenderi Akarere ka Ngoma,hamaze gufatwa ingunguru zengerwamo kanyanga eshanu.
Abagize koperative y’abanyabukorikori mu Karere ka Ngoma babashije kwigurira inzu bazajya bakoreramo ngo abakenera ibihangano byabo bajye babasanga hamwe.
Abahinzi bo mu Murenge wa Mutendeli barinubira ko ibiciro by’ibishyimbo byazamutse cyane bikikuba kabiri ugereranije n’amafaranga bahaga umuhinzi igihe byari byeze.
Abanyabukorikori bo mu Karere ka Ngoma batangiye kubyaza imitumba y’insina impapuro zifashishwa mu mitako no mu bugeni.
Mugabo Elyse w’imyaka 22, yemeza ko gukorera muri Koperative y’abanyabukorikori byatumye abasha kumenyekana kugera yitabiriye amarushanwa y’abanyabukorikori muri EAC yegukana igihembo.
Bujara Pierre wiga umwaka wa nyuma w’amashuri yisumbuye kuri GS Gahima mu Karere ka Ngoma, avuga ko imyaka ye 58 itamuca intege ku kuba yakomeza gushaka ubumenyi.
Ministeri y’Imicungiye y’Ibiza no gucyura Impunzi irabeshyuza amakuru avuga ko mu nkambi y’impunzi ya Mahama hakorerwamo ibikorwa bigamije kurwanya u Burundi.
Nyirahirana Xaverine,w’imyaka 60,yasanzwe yapfuye ku nzira ubwo yari avuye guhinga mu murenge baturanye wa Gashanda mu karere ka Ngoma yikoreye igitoki yari atahanye.
Umucuruzi Mudenge Seleman arishyuza ibihumbi 980,Theobard Ruhumuriza uyobora Elite General Contractors company, washeshe amasezerano n’Akarere ka Ngoma yo kwagura isoko rya Kibungo 2014.
Akarere ka Ngoma katashye inyubako nshya z’isoko rikuru rya Kibungo zatwaye agera Miliyoni 210 ngo hakemuke ikibazo cy’ubuto bw’isoko.
Abatuye mu masantere ya Remera aherereye ku bwinjiriro bw’umujyi wa Kibungo, barasaba amatara ku muhanda kugira ngo babashe gukora igihe kirekire nijoro.
Abatuye Umurenge wa Mutenderi Akagari ka Nyagasozi, Akarere ka Ngoma barasaba kwibubwa mu bikorwa Remezo birimo amazi n’umuhanda kuko bakivoma amazi mabi.
Abayobozi b’imidugudu igize akarere ka Ngoma batanze icyifuzo cyo koroherezwa ingendo bahabwa amagari yabafasha kugera ku baturage.
Akarere ka Ngoma kemeje ku mugaragaro ibyiciro by’ubudehe, nyuma yo gukosora amakosa yagaragaye mu byicirio byari byatangajwe mbere.
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba,Uwamariya Odette, araburira abayobozi muri iyo ntara ko ko abatarara aho bakorera bagiye gufatirwa ibihano bikarishye birimo no kwirukanwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma bwasabye abayobozi batandukanye kudahutaza abaturage mu gihe bari gushaka ko ubwitabire muri mituweli bwagera ku 100%.
Umugabo Safari Rugamba Didas wari utuye mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma, yasanzwe yishwe nyuma aratwikwa.
Abafite ubumuga barangije kwiga umwuga wo gutunganya imisatsi mu karere ka Ngoma bahawe ibikoresho bibafasha guhita batangira kwikorera bakiteza imbere.