Abamotari bakorera mu Karere ka Huye barifuza ko bazahabwa aho guhagarara igihe bategereje abagenzi hagari, kugira ngo babashe gusiga umwanya uhagije hagati yabo, mu rwego rwo kwirinda Coronavirus.
Rosalie Gicanda yari umugore w’umwami Mutara wa III Rudahigwa, akaba yarapfakaye mu 1959 ubwo umugabo we yicirwaga i Bujumbura.
Nubwo hashize ukwezi Abanyarwanda basabwe kwirinda kujya ahateraniye abantu benshi mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, hari abatuye mu cyaro bacyikitwara nk’aho iyi ndwara itagera iwabo.
Mu rwego rwo gushyigikira Leta mu gikorwa cyo gufasha abatakibasha gukora kubera Coronavirus, abikorera bo mu Karere ka Huye bamaze gutanga ibiribwa by’agaciro ka miliyoni zirindwi n’imisago.
Abantu icyenda bari bafungiye muri kasho ya RIB ya Ngoma mu Karere ka Huye bafunguwe by’agateganyo tariki 9 Mata 2020, bataha bavuga ko batazasubira mu byaha kuko uburoko bwabumvishije.
Muri iki gihe Abanyarwanda bahangayikishijwe n’indwara ya coronavirus, mu Karere ka Huye hari ingo zirenga 1100 zinahangayikishijwe no kuba mu nzu zishaje, ziva, nta bushobozi bwo kuzisana.
Guhera ku cyumweru tariki 22 Werurwe 2020, ikusanyirizo ry’amata rya Rusatira (MCC Rusatira) ntiryongeye gukusanya amata, haba ku cyicaro no ku mashami yaryo i Rusatira, i Mbazi no mu Gahenerezo.
Nyuma y’imyaka ibiri inka z’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) zitonera abaturiye urwuri zirimo i Songa mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, hagati y’itariki ya 7 n’iya 9 Werurwe 2020 zongeye kubonera.
Abagabo batatu bo mu Karere ka Huye bihangiye umurimo wo gukora amakaro, amapave, verini n’amatafari, bifashishije pulasitiki (plastics) zajugunywe.
Mu gihe icyorezo cya Coronavirus gikomeje gukwirakwira hirya no hino ku isi, ibihugu binyuranye aho kitaragera birimo n’u Rwanda byafashe ingamba zo gukumira ko cyahagera.
Mu mpera z’iki cyumweru ku matariki ya 07 n’iya 08 Werurwe 2020 mu Karere ka Huye, muri Groupe Scolaire Officiel de Butare hazabera irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wabaye umuyobozi w’iryo shuri.
Abanyehuye bafite inzu zicumbikira abagenzi n’uburiro, bavuga ko igihe cyose habaye amasiganwa y’amagare atuma abayitabiriye baharara, babona icyashara gishimishije ugereranyije n’uko bisanzwe.
Abaganga barasabwa kurushaho kwita ku murwayi, n’ubwo yaba arwaye indwara itazakira bakamwitaho bakamuhumuriza, bakamufasha kuzigendera neza batamuhuhuye.
Abaturage batuye i Sovu mu Karere ka Huye mu butaka bahawe na Leta mu mwaka wa 1963, binubira gukomeza gushorwa mu manza nyamara Perezida Kagame yaravuze ko bene ibi bibazo bidakwiye gukemurwa n’inkiko.
Pasitoro Abidan Ruhongeka uyobora Itorero ry’Abadivantisiti mu gice cy’Amajyepfo y’u Rwanda, avuga ko niba hifuzwa ko abantu bazagera mu ijuru amahoro, bakwiye no kwirinda impanuka bakagera ku rusengero amahoro.
Ku itariki ya 17 Mutarama 2020, mu Karere ka Huye hatangijwe igikorwa cyo gusukura umujyi, hatemwa ingo z’imiyenzi n’insina.
Serivise ishinzwe ibiza mu Karere ka Huye ivuga ko imvura yaguye muri Mutarama ariko cyane cyane mu ntangiriro za Gashyantare 2020, yasenyeye imiryango igera kuri 67.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe imibereho myiza, Annonciata Kankesha, avuga ko ababyeyi bagiye bagenera abana babo nibura iminota 15 yo kubafasha kwitoza gusoma, byatuma biyungura ubwenge.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu tariki ya 05 Gashyantare 2020, Mu Mudugudu wa Taba, Akagari ka Bukomeye, Umurenge wa Mukura mu Karere ka Huye, habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Rav4, ifite ibirango bya RAD 140 Z, ihitana ubuzima bwa Pascal Kalisa Gakwaya wari uyitwaye.
IPRC Huye yegukanye irushanwa ryahariwe kuzirikana intwari nyuma yo gutsinda The Hoops amanota 70 kuri 49 ,mu gihe REG yatwaye iki gikombe itsinze APR BBC ku mukino wa nyuma amanota 71 kuri 62.
Nyuma y’uko byavuzwe mu itangazamakuru ko hari abanyeshuri 47 bigaga kuri Butare Catholique birukanywe, ubuyobozi bw’iri shuri bwafatanyije n’ubw’akarere bubashakira aho bigira.
Abanyeshuri 10 bigaga gukina umupira w’amaguru mu ishuri ry’imyuga riherereye ku Kabutare (bakunze kwita EAV Kabutare) mu Karere ka Huye, birukanywe bazira imyitwarire mibi none babuze aho berekera.
Nyuma yo kubona ko hari abantu babazwa n’indwara bamaranye igihe kirekire bikabaviramo izindi ndwara no kwiheba, ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), byiyemeje gushyiraho uburyo bwo kubafasha.
Nyuma yo kubona ko hari ibibazo Umurenge wa Tumba ufite bikeneye gukemurwa hifashishijwe ubushakashatsi n’amahugurwa, ubuyobozi bw’uyu murenge bwiyambaje ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti, PIASS.
Kuva muri Kanama 2019 inzu iri hakurya y’ibiro by’Akarere ka Huye umwamikazi Rosalie Gicanda yahoze atuyemo yashyizwe mu maboko y’Ikigo cy’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda (INMR), none kirateganya kuyihindura inzu ndangamurage.
Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CP Rogers Rutikanga, avuga ko nk’uko Kiliziya yifuza ko abantu babaho badakora ibyaha, na Polisi ari uko.
Mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, abana biga muri amwe mu mashuri ya Leta batsindira ku manota make bamwe bakanatsindwa, nyamara mu yigenga hakaba aho batsinda bose kandi ku manota meza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye burasaba inzego z’ubuyobozi kudaharira abashinzwe ubuhinzi (Abagoronome) bonyine umurimo wo guteza imbere ubuhinzi.
Abagize ikipe y’umupira w’amaguru y’Ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bifurije abaharwariye kwinjira muri 2020 neza, babagenera impano.
Nyuma y’igihe kitari gitoya Korari Ijuru yitegura gufasha abakunzi b’umuziki kwinjira muri 2020 bishimye, intego yayo yayigezeho tariki 29 Ukuboza 2019.