Mu rwego rwo kwitegura inama mpuzamahanga ku bijyanye n’imiyoborere myiza n’iterambere rirambye ibera mu Rwanda, ikigo k’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) cyahuguye abanyeshuri biga mu ishuri rikuru rya Byumba IPB (instutit Polytechnique de Byumba) ku miyoborere myiza n’iterambere rirambye.
Abikorera bo mukarere ka Gicumbi barasabwa kubyaza umusaruro amahirwe bafite mu karere kabo bityo bagaragaze uruhare rwabo mu iterambere ry’akarere. Ibi guverineri yabibasabye munama nyu ngurana bitekerezo yahuje abikorera n’ubuyobozi bw’inzego zitandukanye.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba barashima ibikorwa bamaze kugeraho nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye.
Minisitiri w’ubuzima, Dr. Binagwaho Agnes, yahembwe bamwe mu bayobozi 10 b’imidugudu mu karere ka Gicumbi na telefone zigendanwa, mu rwego rwo kubashimira ubwitange bagize mu gushishikariza abaturage bayobora bagatanga ubwisungane mu kwivuza 100%.
Mu mudugudu wa Rubaya mu kagari ka Mugurano mu murenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi mu masaha ya saa cyenda z’ijoro rishyira tariki 19/06/2014 hafatiwe imodoka ifite puraki RAB226 yari itwawe n’umushoferi witwa Bahati Martin ashaka kwambukana ibiti bya kabaruka mu gihugu cya Uganda yari apakiye aciye mu nzira zitemewe.
Umusore witwa Zimurinda Ferdinand w’imyaka 26 uvuka mu murenge wa Giti mu kagari ka Murehe umudugudu wa kabeza ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Rutare mu karere ka Gicumbi akurikiranyweho icyaha cyo kwica se umubyara witwa Karagire Damien amutemye n’umupanga mu mutwe.
Minisitiri w’ingabo, General James Kabarebe, wifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Gicumbi mu gikorwa cyo gutangiza icyumweru cyahariwe ibikorwa by’ingabo mu Rwanda(Army Week) yabwiye abaturage ko ubufatanye n’inzego zose ari wo musingi w’iterambere rirambye.
Abana b’impfubyi barererwa mu kigo cya SOS giherere mu murenge wa Kajyeyo mu karere ka Gicumbi bavuga ko kwizihiza umunsi w’umwana w’umunyafurikumunsi uba buri tatiki 16 Kamena bituma nabo bumva ko bitaweho.
Umugabo witwa Nzamwita Emmanuel w’imyaka 27 uvuka mu murenge wa Bukure mu karere ka Gicumbi afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba akurikiranyweho kwica umugore we witwa Yankurije Joselyne w’imyaka 24.
Abahanzi bari mu marushanwa ya PGGSS 4 ubwo barimo baririmbira Abanyagicumbi kuri uyu wa 7/6/2014 benshi batangaje ko bizeye kuzahiga abandi mu gihe bazatangira kuririmba mu buryo bw’ijwi ry’umwimerere “live”.
Umuhanzi Eric Senderi Nzaramba, uzwi ku mazina y’ubuhanzi ya Senderi International Hit yagaragaye ku rubyiniro yikoreye igitebo cy’ibijumba ku mutwe mu marushanwa ya PGGSS 4 yabereye i Gicumbi kuwa 7/6/2014.
Ubwo abasenateri bagize komisiyo y’imibereho myiza y’abaturage, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage basuraga akarere ka Gicumbi babwiwe ko abaturage bafite uturima tw’igikoni tubafasha guhashya imirire mibi nyuma abasenateri basuye abaturage basanga nta rugo na rumwe rufite akarima k’igikoni.
Abahinzi bo mu karere ka Gicumbi bavumbuye imbuto y’amashaza yerera amezi abiri gusa mu gihe amashaza yari asanzwe ahingwa muri aka karere yereraga amezi ane.
Minisitiri w’Urubyirubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, arakangurira abaturage bo mukarere ka Gicumbi n’abandi Banyarwanda muri rusange gukoresha ikoranabuhanga kuko ari bimwe mu byabateza imbere.
Abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative ya Coopte Mulindi mu karere ka Gicumbi bavuga ko icyayi ari igihingwa ngandurabukungu ku gihugu kuko cyinjiza amadovise kikanagirira akamaro kanini abagihinga kuko cyabafashije kwivana mu bukene.
Abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative “Coopte Mulindi” bashyikirije ku mugaragaro amashuri yasaniye urwunjye rw’amashuri rwa Mulindi ku nkunga ya miliyoni zisaga 26.
Rokodifensi (Local Defense Force) Hagenima Ildegard wari ushinzwe gucunga umutekano mu murenge wa Byumba mu kagari ka Nyamabuye mu mudugudu wa Nyiragasuruba mu karere ka Gicumbi yaturikanywe n’igisasu cyo mubwoko bwa gerenade ahita apfa.
Umwana w’umuhugu w’imyaka 14 wo mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi yurire igiti yitura hasi abanje umutwe hasi maze ahita ashiramo umwuka ku mugoroba wa tariki 18/05/2014.
Umukarani witwa Hakizimana Emmanuel yuriye imodoka iri kugenda nuko ahita ahubuka yitura hasi ahita apfa. Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16/5/2014 mu mudugudu wa Gitaba akagari ka Gihembe mu murenge wa Byumba akarere ka Gicumbi.
Ubwo Komisiyo ya Sena y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano yagiriraga uruzinduko mu karere ka Gicumbi, abaturage bayisabye ubufasha mu kurwanya itsinda ry’abantu biyise “Abarembetsi” binjiza ikiyobyabwenge cya kanyanga kuko aricyo kiza ku isonga mu bihungabanya umutekano.
Mu nama mpuzabikorwa y’akarere ka Gicumbi yateranye tariki 12/5/2014, umuyobozi w’intara y’Amajyarugu, Bosenibamwe Aime, yasabye abayobozi kwirinda ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage bayobora.
Ibiyege ni ibintu bimeze nk’ibihumyo byimeza ku gasozi ariko biboneka cyane cyane mu gihe cy’imvura bikaba bitaribwa kubera uburozi bwabyo byifitemo bwakwangiza ubuzima bw’abantu ndetse bukagira na virusi yitwa milidiyo byanduza igihingwa k’ibirayi.
N’ubwo abantu benshi bamenyereye izina ry’akabari nk’ahantu hacururizwa inzoga, mu karere ka Gicumbi ho hatangijwe kumugaragaro akabari k’amata mu rwego rwo gukangurira abaturage kujya kuhagura amata kugirango indwara zikomoka ku mirire mbi zicike.
Umugabo witwa Ntakarutinka afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba mu karere ka Gicumbi akekwaho gusambanya ku gahato umugore wo mu murenge wa Byumba utwite inda y’amezi umunani.
Umugabo witwa Nsigayehe Jean Bosco w’imyaka 32 wo mu murenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya polisi azira gusambanya umukobwa w’imyaka 17.
Itsinda riturutse muri Bangladesh, Ethiopie, Uganda hamwe n’abakozi ba UNICEF na DFID bashimye ibikorwa bimaze kugerwaho mu murenge wa Manyagiro mu karere ka Gicumbi muri gahunda ya VUP ndetse babigiraho uburyo bazabyifashisha mu kuzamura imibereho y’abaturage babo bakivana mu bukene.
Mu karere ka Gicumbi hibustwe abana bishwe muri Jenoside yakorwe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko abana bishwe na bagenzi babo biganaga muri G.S de la Salle baje kicirwa mu ntara y’Amajyepfo mu kigo cy’amashuri cya EAV Kabutare.
Mu kwizihiza umunsi wahariwe umurimo, abakozi ba Leta bakorera mu karere ka Gicumbi bagaragaje ko ikiruhuko gihabwa ababyeyi babyaye kingana n’ukwezi n’igice gituma batanoza neza umurimo kuko ngo usanga baba bagifite intege nke bityo bigatuma badakora akazi neza nk’uko bikwiye.
Nyuma yo kuganirizwa kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda urubyiruko rwo mu karere ka Gicumbi rutangaza ko kubana neza rugiye kubigira indangagaciro ibaranga ndetse ko ari umurage w’urukundo mu Banyarwanda.
Mu karere ka Gicumbi hibutswe abari abaganga mu bigo nderabuzima no mubitaro bikuru bya Byumba bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hanaremerwa bamwe mu barokotse bo muri iyo miryango kugira ngo babafashe kuzamura imibereho yabo kuko abenshi basigaye ari impfubyi.