Uwineza Carine w’imyaka itatu y’amavuko wo mu murenge wa Nyamiyaga mu kagari ka Gahumuriza mu mudugudu w’Amajyambere mu karere ka Gicumbi yarohamye mu mugezi witwa Mwange ahita y’itaba Imana.
Ihuriro ry’abagize inteko ishingamategeko baharanira kurwanya ruswa muri Afurika, ishami ry’u Rwanda “APNAC-Rwanda” bagiranye ibiganiro n’abayobozi b’ibigo batandukanye mu karere ka Gicumbi mu rwego rwo kurwanya ruswa ishingiye ku gitsina ndetse no kumenya uko bihagaze mu karere.
Bitariho Celestin w’imyaka 67 utuye mu mudugudu wa Munini, akagari ka Kigabiro, umurenge wa Rutare yaraye yivuganye umugore we Bantegeye Xaverina w’imyaka 63 amukubise isuka ya majagu mu mutwe arangije nawe ahita yiyahuza umuti bita Rava ahita apfa.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Munyinya cyo mu murenge wa Rukomo mu karere ka Gicumbi witwa Nsabimana Aloys yaburiwe irengero nyuma yo guta akazi agashakishwa akabura.
Ndayambaje Donatien w’imyaka 21 utuye mu murenge wa Mutete wakoreraga kuri Santere y’ubucuruzi ya Rwafandi ari mu maboko ya Polisi azira ubucuruzi bwa mazutu butemewe n’amategeko.
Nyirabahire Didasiene w’imyaka 56 utuye mu mudugudu wa Nyagakiza akagari ka Ruhondo, mu murenge wa Ruvune mu ijoro rishyira kuri uyu wa 04/06/2013 yatemwe mu mutwe n’umuntu utaramenyekana.
Dukomeze Ezechiel w’imyaka 30 utuye mu mudugudu wa Maya, akagari ka Kabuga, umurenge wa Kageyo, mu joro rishyira tariki 03/06/2013, yatemye umugore we witwa Mukamana Vestine nawe w’imyaka 30 aramukomeretsa bikomeye ku ijosi arangije nawe ahita yitwika na essance.
Mu gutangiza icyumweru cyahariwe kurenganura abaturage no kurwanya ruswa, tariki 27/05/2013, Umuvunyi mukuru, Cyanzayire Aloysia, yakiriye ibibazo by’abaturage mu karere ka Gicumbi byiganjemo ibirebana n’amasambu.
Imbuto Foundation ifatanyije n’Umuryango w’Abibumbye urengera abagore (ONE UN) bateguye umunsi wo gusoma wahariwe gushishikariza abana gusoma. Igikorwa cyaranzwe n’amarushanwa yo kugaragaza ubumenyi.
Umuforormo wakoreraga ku kigo nderabuzima cya Rubaya mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya Polisi akekwaho gusambaya umugore ubwo yarari kumusuzuma ashaka ku mubyaza mu masaha ya sa kumi z’igitondo kuri uyu wa 23/05/2013.
Hatari Jean Bosco, Nsengiyumva Theophile na Nyandwi alias Jean Kavuyo bibye inka mu gihugu cya Uganda mu rwuri rw’uwitwa Mamenero utuye muri Disctrict ya Kabare ariko ku bufatanye n’inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Bugande izo nka zasubijwe nyirazo.
Umugabo witwa Nzarengerwanimana w’imyaka 32 wo mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi mu gitondo cyo kuri uyu wa 22/05/2013 ahagana saa mbiri basanze umurambo we umanitse mu giti mu murenge wa Rutare mu mudugudu wa Gasharu mu kagari ka Munanira.
Abikorera bo mu murenge wa Byumba basuye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu murenge wa Mutete babatera inkunga y’imifuka 80 ya Sima yo gusana urwibutso rwa Jenoside n’amwe mu mazu yatangiye kwangirika. Igikorwa cyari kigamije kubafata mu mugongo.
Nk’uko bigaragarira buri wese ko umugi wa wa Byumba wo mu karere ka Gicumbi uri mu migi yasigaye inyuma mu iterambere no kunyubako zitajyanye nigihe
Nyuma y’imyaka 19 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye mu Rwanda, kuri uyu wa 13/05/2013, mu murenge wa Rutare wo mu karere ka Gicumbi hashyinguwe imibiri ibiri y’inzirakarenga ku rwibutso rwa Jenoside rwa Rutare.
Inzego z’umutekano zikorera mu karere ka Gicumbi zatwitse muruhame rw’abaturage litiro 700 na chief Waragi 2000 za kanyanga, mu rwego rwo kurushaho kubungabunga umutekano mu mirenge yo ku mupaka yo mu karere ka Gicumbi, kuwa Kane tariki 09/05/ 2013.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi batishoboye bo mu murenge wa Mutete bashyikirijwe inkunga na World Vision igizwe n’imifuka ya sima 300, inka, imyenda n’ibindi byangombwa byo kubafasha mu mibereho yabo bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 8.5.
Senateri Kengo wa Dondo uyoboye Sena ya Congo-Kinshasa yijeje impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Gihembe mu karere ka Gicumbi ko niziramuka zisubiye mu gihugu cyazo zizasubizwa imitungo yazo.
Binyujijwe mu muryango nyarwanda Gender Equitable Local Development (GELD) ukorera muri MINECOFIN, Isami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku majyambere (UNDP) ryubatse ikigo nderabuzima cya kijyambere mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi.
Nyuma yo kwifatanya mu bikorwa by’iterambere n’abaturage b’akarere ka Gicumbi, Guverineri w’intara y’Amajyarugu Bosenibamwe Aime yasabye abaturage b’akarere ka Gicumbi guharanira kwigira no kwitabira ibikorwa by’iterambere kugirango bivane mu bukene.
Komisiyo y’imibereho myiza mu muryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, yaremeye abacitse ku icumu bo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Gicumbi, babasaba kwiremamo icyizere no guharanira kwigira nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Mvuyekure Alexandre.
Ubwo Gicumbi FC yahuraga na Etoile de L’Est mu mukino wa ¼ cyirangiza cya Shampiyona y’umupira wamaguru mu cyiciro cya kabiri tariki 28/04/2013, umukino waje kugaragaramo imvururu zitewe n’abafana ndetse ziza kuzamo n’abakinnyi.
Nyuma y’aho UNICEF itangiye gahunda yo gufasha amarerero y’abana bato yo mu karere ka Gicumbi ababyeyi n’abana ndetse n’ubuyobozi bo mu karere ka Gicumbi baratangaza ko bishimiye iyo nkunga bagiye guterwa n’iryo shami.
Inama njyanama idasanzwe y’akarere ka Gicumbi yateranye kuwa 25/04/2013 yabonye ko ako karere kazakenera amafaranga amiliyari 33,2 mu bikorwa by’iterambere kuva mu mwaka wa 20013-2018.
Polisi imaze guta muri yombi abantu batanu bakwekwaho urupfu rwa Rurangwa Alexandre wishwe tariki 17/04/2013 mu murenge wa Byumba akagari ka Gisuna, umudugudu wa Gatare bamuteye ibuye muri mu mutwe (muri nyiramivumbi).
Akarere ka Gicumbi kujuje inzu y’ibagiro ndetse ikazajya ivurirwamo amatungo yose. Iyi nzu yubatswe nyuma yuko iyari isanzweho yanenzwe kuba nto, kugira umwanda ndetse no kutuzuza ibyangombwa bisabwa ibagiro ry’amatungo.
Abagabo babiri bazwi ku izina ry’Abarembetsi bacumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba bazira gufatanwa Kanyanga bari bavanye mu gihugu cya Uganda.
Mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 19 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994 abaturage bo mu karere ka Gicumbi bamaze gukusanya miliyoni 13 zo kuzasana amazu y’abarokotse.
Ku gicamunsi cya tariki 03/04/2013 mu Kagali ka Nyarutarama Umurenge wa Byumba, mu Karere ka Gicumbi habereye impanuka y’ikamyo yahitanye umuntu umwe maze ikomerekeramo bikabije abandi bane.
Uburyo bworoshye bwo kwirinda umwanda bwiswe “Kandagirukarabe” yagabanyije umwanda mu baturage bo mu karere ka Gicumbi. Icyo gikoresho giterekwa imbere y’ubwiherero ndetse n’imbere ya za resitora ugiye kwinjiramo wese akabanza gukaraba akoresheje amazi n’isabune.