Abanyamadini n’abandi bafatanyabikorwa bo mu Murenge wa Gicumbi mu Karere ka Gicumbi baravuga ko bagiye kugira uruhare mu bikorwa bya Leta bafasha abaturage ndetse bafatanya n’ubuyobozi gushyira mu bikorwa bimwe mu byo biyemeje mu mihigo ya 2014-2015.
Nyirahabimana Claudine utuye mu mudugudu wa Nyagatoma mu kagari ka Nkoto mu murenge wa Rutare ari mu maboko ya polisi ikorera mu murenge wa Rwamiko akurikiranyweho icyaha cyo kwica umwana w’umuturanyi we.
Polisi y’igihugu iri guhugura abagize community policing ububi bw’indwara ya Ebola n’uburyo bayirinda kugira ngo bagire uruhare mu kuyikumira ndetse banamenye uko bakwitwara baramutse babonye umuntu uyirwaye.
Nubwo terefone zizwi mu gufasha abantu mu itumanaho bikoroshya akazi, abakozi bakorera mu karere ka Gicumbi baravuga ko kuvugira kuri terefone umwanya munini bituma hadatangwa servise nziza.
Abasigajwe inyuma n’amateka batuye mu Mudugudu wa Mukamba mu Kagari ka Ngondore mu Murenge wa Byumba, kuwa 26/11/2014 basinyanye imihigo n’ubuyobozi bw’umurenge wa Byumba mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere no guhindura imyumvire ikirangwa muri iyi miryango.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi buratangaza ko abaturage bamaze kwitabira gukoresha ingufu za biyogazi (biogas) bikaba byaragize uruhare mu kubungabunga amashyamba.
Mbarushima Faustin utuye mu Kagari ka Rusasa mu Murenge wa Nyankenke mu Karere ka Gicumbi avuga ko urubyiruko rwari rukwiye kwihangira imirimo rukivana mu bukene ntirutegereze akazi bahemberwa ku kwezi, ahubwo bakamureberaho bityo nabo bakiteza imbere.
Ubwo ikigo k’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) cyagiranaga inama n’abakozi ndetse n’abayobozi bo mu Karere ka Gicumbi barebera hamwe uburyo hanozwa imitangirwe ya serivise, kuwa 21/11/2014, abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari basabye guhabwa amafaranga y’urugendo azajya aborohereza guha abaturage serivise nziza.
N’ubwo u Rwanda rwakajije ingamba zo kubuza amashashi kwinjira mu Rwanda mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije, abaturage baturiye umukapa wa Gatuna bavuga ko inzira z’ubusamo banyuramo bajya mu gihugu cya Uganda ari imbogamizi zo guca amashashi burundu.
Mu gitondo cyo kuwa 20/11/2014, imvura idasanzwe yasenye urukuta rw’inzu y’uwitwa Nkuranga Athanase utuye mu Mudugudu wa Ruyaga, Akagari ka Gacurabwenge mu murenge wa Byumba wo mu Karere ka Gicumbi, mu byondo byasenyutse kuri urwo rukuta basangamo igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade.
Abaturage bo mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi nyuma yo kumurikirwa umunara wa Tigo ngo bagiye kujya bahamagara biboroheye ndetse banagure ibikorwa byabo by’ubucuruzi babashe kwiteza imbere.
Abantu batanu bari bagiye gukura ingwa yo gusiga kunzu bagwiriwe n’ikirombe giherereye mu kagari ka Rukumba, umudugudu wa Nyabisindu, umurenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi, bane muri bo bahita bapfa undi umwe arakomereka bikabije.
Umugabo witwa Nsabimana Rutaganira utuye mu kagari ka Gasiza mu mudugudu wa Nyamabuye umurenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya polisi nyuma yo kumufatana ibiti 16 by’urumogi yahinze iwe mu rugo.
Abaturage batuye ku mupaka wa Gatuna uhuza igihugu cy’u Rwanda na Uganda barasaba ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) gushyira icyapa kinini kuri uwo mupaka kandi cyanditse mu ndimi zitandukanye ko kwinjiza amashashi mu Rwanda bitemewe.
Abanyamakuru batandukanye bo mu Rwanda bahuguwe ku ruhare rwabo rwo kurengera ibidukikije bifashishije itangazamakuru nka kimwe mu byagira uruhare guhindura imyumvire y’abantu bakigaragaho ibikorwa byo kwangiza ibidukikije.
Ubwo Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa yatangizaga inama z’abana zitegura Inama nkuru y’igihugu ya 10 y’abana mu karere ka Gicumbi kuri uyu wa 3/11/2014 yasabye ababyeyi kubahiriza uburenganzira bw’abana.
Abaturage bo mu murenge wa Rubaya wo mu karere ka Gicumbi batuye mu mudugudu w’icyitegererezo mu kagari ka Kabeza baravuga ko kororera mu gikumba byabafashije gucana bakoresheje Biogaz.
Nubwo ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi budahwema gushishikariza abaturage kugira isuku, bamwe mu baturage baravuga ko ubwo buyobozi bugira uruhare mu gutuma ubuzima bwabo buhungabana kubera aho bamena imyanda iva mu mujyi wa Byumba.
Abahanzi bibumbiye mu itsinda “Active” ku bufatanye n’itorero Inganzo Ngari n’umuryango Hope for The Future, kuri uyu wa 25/10/2014 bashyikirije inkunga abana b’impfubyi bo mu karere ka Gicumbi irimo ibyo kurya, imyambaro n’ibindi bikoresho bitandukanye byo mu rugo ndetse banasana amazu 3 aho bayasize irangi bakanayatera (…)
Ibi barabitangaza mu gihe abakorera muri uyu mujyi bahurira mu bwiherero bwubatse muri Gare ya Gicumbi no mu bwiherero bwo mu isoko, ariko bakemeza ko ubu budahagije.
Abacuruzi b’ifumbire ya Nkunganire bo mu karere ka Gicumbi bavuga ko abahinzi batakiyigura kuko gahunda yo gutanga imbuto yo gutera ku buntu yahagaze.
Abacuruzi n’abandi bakorera mu mujyi wa Byumba wo mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi bavuga ko kutagira utuntu two gushyiramo imyanda (poubelle) bikurura umwanda mwinshi.
Abanyamabanga nshingwabikorwa batatu bahize abandi mu kwesa imihigo mu karere ka Gicumbi bashimiwe kuko ngo bafashije ako karere kuva ku mwanya wa nyuma mu mihigo y’umwaka wa 2012-2013 ubu kakaba karaje ku mwanya wa 14.
Nk’uko Kigali today yakomeje kubageza ho ibintu binyuranye byangijwe n’imvura yaguye hirya no hino mu gihugu tariki ya 15/10/2014, mu karere ka Gicumbi naho yasenye amazu y’abaturage agera muri 22.
Mu mezi 9 ashize, impanuka 38 zahitanye abantu 9 abandi 29 barakomereka mu karere ka Gicumbi akaba ari nayo mpamvu kuri uyu wa 06/10/2014 Polisi ishinzwe umutekano mu muhanda (Traffic Police) yatangirije icyumweru cyo gukangurira abakoresha umuhanda kwirinda impanuka.
Umusirikare witwa Pte Munyembabazi Theogene wari ukurikiranyweho icyaha cyo kwica abantu 5 abandi 7 bagakomereka yakatiwe gufungwa burundu ndetse akishyura indishyi z’akababaro zasabwe n’imiryango yabuze ababo akanamburwa impeta ze za gisirikare.
Mu gihe akarere ka Gicumbi kaje ku mwanya wa nyuma mu mihigo ya 2013 ubu kakaba karaje ku mwanya wa 14 mu mihigo ya 2014 ngo kabikesha abafatanyabikorwa ndetse n’uruhare rw’abaturage.
Abakuru b’imidugudu bagera muri 630 igize akarere ka Gicumbi bahawe terefone zigendanwa zizajya zibafasha mu kazi kabo. Telefoni bazishyikirijwe n’ubuyobozi bw’akarere kuri uyu wa gatanu tariki 26/9/2014.
Umugabo witwa Vianney wo mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi yariye injangwe bituma umugore we n’abana be bamuhunga.
Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi yataye muri yombi abakarani batatu bakorera mu isoko rya Byumba nyuma yo gukeka ko baba bagize uruhare mu rupfu r’wumwe mu bakarani mugenzi wabo basanze yapfuye aryamye hafi y’isoko.