Urubanza rwa Mugabe Kwizera Victory ukomoka mu karere ka Gatsibo akaba akurikiranweho ubwambuzi bushukana ndetse no kwiyitirira inzego z’iperereza kandi adakoramo rwaburanishijwe mu mizi kuri uyu wa 16/09/2014 mu rukiko rw’ibanze rwa Gicumbi abatangabuhamya bashinja umuyobozi mu murenge gukorana nawe.
Umugabo witwa Ngamijimna ukomoka mu karere ka Burera mu murenge wa Gatebe mu kagari ka Musenda umudugudu wa Sabukima biracyekwa ko yitabye Imana ubwo yogaga mu mu kiyaga cya Rugezi tariki 16/09/2014 mu ma saha ya saa yine.
Abantu 35 bakomoka mu murenge wa Rubaya wo mu karere ka Gicumbi bari mu bitaro bikuru bya Byumba nyuma yo kunywa ikigage gihumanye mu bukwe ku witwa Ugirimana Leonodas tariki 14/9/2014.
Abafite ubumuga bo mukarere ka Gicumbi baramaganira kure ababyeyi bamwe bagifite imyumvire yo guhisha abana bavukanye ubumuga bigatuma abo bana batabarurwa ndetse ugasanga babheza mu muryango Nyarwanda.
Nyuma yo kubona ko akarere ka Gicumbi kugarijwe n’ikibazo cy’abana bata amashuri bakajya gusoroma icyayi ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi bwafashe ingamba zo gukora ubukangurambaga ku ma koperative y’ubuhinzi bw’icyayi kureka kujyana abo bana muri iyo mirimo byakwanga bakitabaza inzego z’ubutabera bagahanwa.
Umusore w’imyaka 22 ukomoka mu murenge wa Kageyo mu karere ka Gicumbi afungiye kuri sitasiyo ya polisiya Byumba akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya mushiki we w’imyaka 16.
Mu gukumira inda zitateguwe, no kurwanya indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, kuri buri kigo nderabuzima cyose giherereye mu karere ka Gicumbi uhasanga icyumba cy’urubyiruko kiba kirimo umukozi ushinzwe kwigisha urubyiruko ibijyanye n’ubuzima bw’imyorokere.
Umugabo witwa Nzimurinda Felecien n’umugore we Cyabuga Josephine bari batuye mu mudugudu wa Mugurano mu kagari ka Ngange mu murenge wa Byumba ho mu karere ka Gicumbi babonetse barapfiriye mu nzu.
Abagabo bo mu karere ka Gicumbi bamaze kuboneza urubyaro hakoreshejwe uburyo bwo kwifungisha burundu (Vasectomy) barasobanura ko babikoze babyumvikanyeho n’abagore babo kandi ngo bamaze kubona ibyiza byabyo bakaba bakangurira abakibishidikanyaho gushira ubwoba kubyitabira.
Ikibazo cy’ubushomeri kizarangizwa no kwiga imyuga nk’uko bamwe mu rubyiruko rwiga mu mashuri y’imyuga rubivuga.
Umusaza witwa Rwemera Joseph w’imyaka 81 utuye mu mudugudu wa Kamushure, akagari ka Rukurura, mu murenge wa Kaniga mu karere ka Gicumbi yatoraguwe yapfuye, bikaba bikekwa ko yishwe n’inzoga.
Umusore ukomoka mu karere ka Rubavu ubwo yaragiye gusezerana n’umukobwa mu karere ka Gicumbi mu murenge wa wa Kajyeyo, nyina w’umukobwa yanze ko babasezeranya kubera ko umuhungu atamukwereye.
Ubusinzi n’umuvuduko ukabije biri kwisonga mubitera impanuka zo mu muhanda mu karere ka Gicumbi, nk’uko byatangajwe na bamwe mu batwara ibinyabiziga bya moto bo mu karere ka Gicumbi ubwo bakangurirwaga na Polisi kwirinda impanuka zo mu mihanda zimaze iminsi zihitana ubuzima bw’abantu.
Mu karere ka Gicumbi habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo (camion) ifite nomero ziyiranga CGO 9695 AA19 yagonze moto abantu babiri bari bayiriho barakomereka bikabije, umushoferi w’iyi modoka ahita acika.
Imyumvire mike ni kimwe mu bintu bituma abasigajwe inyuma n’amateka bangiza ibikorwa biba byabakorewe ugasanga bituma basigara inyuma mu iterambere.
Umushinga HDP (Health Development and Performance) wahuguye urubyiruko rwo mu karere ka Gicumbi rwiga mu mashuri yisumbuye ku buzima bw’imyororokere mu rwego rwo kururinda kugwa mu bishuko bakiri bato.
Umugore witwa Mukasingirankabo Odile utuye mu mudugudu wa Kivugiza, akagari ka Kivugiza mu murenge wa Byumba arashakishwa n’inzego z’umutekano nyuma y’uko bimenyekanye ko yataye umwana yari yarabyaye mu ishyamba.
Ababana n’ubumuga bo mu karere ka Gicumbi basaba ko bakoroherezwa muri serivise bahabwa kuko ngo imyubakire y’inzu ituma batabasha kugera aho bashaka serivise bitewe n’ubumuga bafite.
Ubuyozi bw’akarere ka Gicumbi ngo ntibuzihanganira umuyobozi wese w’ikigo cy’amashuri abanza wagaragayeho gucunga nabi imikoreshereze ya mudasobwa (One Laptop per Child) nyuma y’aho bigaragariye ko hari zimwe muri laptop zahawe abana ngo bazikoreshe mu myigire yabo nyuma zikaza kuburirwa irengero.
Kubera ikibazo cy’ubuharike gikunze kuboneka mu idini ya Islam bigatuma imwe mu miryango irangwamo umwiryane kubera guharikwa n’abagabo babo, abagore b’Abisilamu bo mu karere ka Gicumbi basaba abagabo babo kubahiriza Itegeko Nshinga ryemerera umugabo gushaka umugore umwe kuruta uko bakubahiriza amahame y’idini.
Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi mu Karere ka Gicumbi ubwo basozaga amahugurwa y’iminsi ibiri kuri uyu wa 20/07/2014 bafashe ingamba zirimo no guhugura abaturage gukoresha ikoranabuhanga cyane mu bice by’icyaro.
Mu murenge wa Rubaya mu mudugudu wa Kagogo akagari ka Gashari mu karere ka Gicumbi hafi y’akayira kajya mu gihgu cya Uganda hatoraguwe umurambwo w’umugore witwa Zaninka Beatrice yapfuye.
Abahinzi b’inyanya bo mu karere ka Gicumbi bavuga ko umusaruro wabo muri uyu mwaka wagabanutse kubera ikibazo cy’uburwayi zahuye nabwo bw’agakoko ka Milidiyu.
Ubwo hatangizwaga itorero mu ishuri rikuru rya Institut polytechnique de Byumba (IPB) umutahira w’intore ku rwego rw’igihugu Rucagu Boniface yasabye abanyeshuri biga muri iryo shuri kwimakaza ubutore na kirazira ndetse bakongera indangagaciro ku bumenyi barimo bavoma muri iryo shuri.
Abageze mu kiruhuko cy’izabukuru bo mu karere ka Gicumbi barasaba ko bakongererwa amafaranga bahabwa y’izabukuru ndetse bagahabwa inguzanyo bagakora imishinga ibyara inyungu kugirango babashe kugira amasaziro meza.
Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Manyagiro bashima Perezida Kagame wabagabiye inka muri gahunda ya Girinka ariko ngo baziburiye ubwatsi kuko bafite ubutaka buto cyane.
Mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Mukarange hari umugabo witwa Katabarwa Martin ufite abana 46 yabyaye ku bagore umunani yashakanye nabo. Kera uwabaga afite abana yafatwaga nk’umuntu ukomeye, kandi ngo gushaka abagore benshi byatumaga abona ibiryo arya bitandukanye yagaburirwaga n’abagore be akarenzaho n’amayoga babaga (…)
Abacuruzi bakorera mu isoko rya Byumba mu karere ka Gicumbi barasaba ko bahabwa ibyuma bikonjesha biri muri iryo soko kugirango bajye babona aho babika imbuto n’imboga ndetse n’ibindi bicuruzwa bibasaba kubika kuri za firigo.
Abanyamahanga baturutse mu bihugu bya Afurika ndetse n’Uburayi basuye abikorera mu by’ubuhinzi ndetse n’ubworozi bo mu karere ka Gicumbi babigize umwuga ndetse banabigiraho uburyo bwo kwagura ubworozi mu bihugu byabo.
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi barishimira ibyo bamaze kugeraho mu myaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye ariko by’umwihariko bagashima uburyo umutekano w’u Rwanda ucungwa kuko usanga nta muturage ukorerwa ihohoterwa iryo ariryo ryose.