Pasiteri Rutikanga Gabriel wari mu Murenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze mu w’i 1997 igihe Abanya-Espagne batatu bicwaga avuga ko nta perereza ryakozwe ngo hamenyekane ababishe, kubishinja abasirikare bakuru b’u Rwanda barimo Lt. Gen. Karenzi Karake ngo bikaba ari agasuzuguro k’Abazungu.
Abaturage batuye mu murenge wa Ruvune wo mu karere ka Gicumbi barasabwa kwagura ubucuruzi bwabo, nyuma yo kugira amahirwe yo kubakirwa isoko rishya rya Kijyambere.
Impunzi ziba mu Nkambi ya Gihembe iherereye mu Murenge wa Kajyeyo mu Kagari ka Gihembe ho mu Karere ka Gicumbi zirasaba ko zahabwa amahirwe yo kwiga zikabasha kurangiza nibura amashuri yisumbuye.
Mu muhango wo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Ishuri Rikuru ryigenga rya IPB (Institut polytechnique de Byumba) urubyiruko rw’abanyeshuri bahiga basabwe kwirinda ibikorwa by’amacakubiri kuko ari byo ngo bikurura Jenoside.
Impunzi z’abanyekongo ziba mu nkambi ya Gihembe iherereye mu murenge wa Kajyeyo mu karere ka Gicumbi zirashima uburyo igihugu cy’u Rwanda cyazakiriye nuburyo zibayeho nyuma y’imyaka 17 zimaze zihungiye mu Rwanda.
Abana bari mu kigero k’imyaka itanu mu karere ka Gicumbi bakomeje kugaragarwaho n’indwara zikomoka ku imirire mibi, n’ubwo Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yari yashyizeho ingamba zo kurwanya ubugwingire n’indwara zikomoka ku mirire mibi.
Itsinda ry’umutwe w’abanjiza ikiyobyabwenge cya Kanyanga mu Karere ka Gicumbi bagikuye mu gihugu cya Uganda uzwi ku izina ry’ “Abarembetsi” ryasenye inzu y’umuturage nyuma yo kumenya ko yabatanzeho amakuru ko binjiza Kanyanga mu gihugu.
Abaturage batuye mu murenge wa Kageyo wo mu karere ka Gicumbi cyane cyane abatuye mu kagari ka Gihembe gaherereyemo inkambi y’impunzi z’abanyekongo, baravuga ko batewe inkeke n’ingaruka zitandukanye zituruka ku mikoki iterwa n’amazi aturuka muri iyi nkambi.
Kuba mu Kagari ka Gishamashayo mu Murenge wa Rubaya nta shuri ryari rihari ngo biri mu byadindizaga imyigire y’abanyeshuri kubera gukora urugendo rurerure.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Shangasha Ndejeje Pascal ari mu maboko ya polisi ikorera mu karere ka Gicumbi, akekwaho ibyaha byo kugurisha isambu y’abasigajwe inyuma n’amateka akagurisha n’ishyamba rya leta mu nyungu ze.
Mu gihe abahanzi bahatanira amarushanwa ya PGGSS5 ku wa 6 Kamena 2016 bazerekeza mu Karere ka Gicumbi muri ayo marushanwa, Active Group bo kuri ubu bari muri ako karere gusangiza abafana babo ibyo babahishiye kuri uwo munsi.
Mu karere ka GIcumbi hamaze iminsi ibiri nta muriro w’amashanyarazi uharangwa, none byagize ingaruka ku mitangire ya serivisi zitandukanye zikoresha umuriro w’amashanyarazi zahagaraye
Umusore witwa Mucyo Jean De Dieu ari mu maboko ya Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 3.
Itsinda ry’abasenateri rimaze iminsi 10 mu karere ka GIcumbi mu gikorwa cyo kugenzura imitangire ya serivisi muri aka karere, ryanenze bikomeye uburyo umujyi wa Byumba urangwa n’umwanda ndetse ukaba nta n’aho bamena imyanda ugira.
Mu Kagari ka Ngondore mu Mudugudu wa Bukamba, Umurenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi hatoraguwe umurambo w’umusaza witwa Sinabajije Evariste mu muringoti yapfuye.
Ikorwa ry’umuhanda uherereye mu gace k’Umujyi wa Byumba kitwa Gashirwe ryatumye insinga z’amashanyarazi zari mu butaka hamwe n’ibitembo bijyana amazi byangirika maze umuriro n’amazi birabura.
Mu rwego rwo gushyigikira no guteza imbere imikino ngororamubiri, ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri mu Rwanda (FRA) rigiye gutangiza ikigo kizajya cyita ku mikino ngororamubiri mu Rwanda mu Karere ka Gicumbi.
Abantu 9 bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mulindi mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi bakekwaho kwica umusore witwa Mananzima bahimbaga Nzima.
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu mazu yo mu isoko rikuru rya Byumba no ku mpande yaryo baravuga ko bagiye gufunga imiryango, nyuma y’aho ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi bufashe icyemezo cyo kuzamura imisoro bwabasabaga kuko bavuga ko idahwanye n’ibyo bacuruza.
Ambasaderi w’u Buholandi mu Rwanda, Leoni Cuelenaere arashima imbaraga n’ubushake Leta y’u Rwanda ishyira mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bishimangirwa no kuba rivugwa n’abayobozi batandukanye kandi abahohotewe bakegerezwa serivisi.
Mu gihe umuhinzi asabwa gufumbiza ifumbire y’imborera n’ifumbire mvaruganda kugirango abashe kubona umusaruro mwinshi, bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Rutare bavuga ko kubona amafaranga yo kugura ifumbire ya “Nkunganire” bibagora bagahitamo gufumbiza ifumbire y’imborera gusa.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) ibinyujije mu kigo k’igihugu gishinzwe ubuzima RBC yakoze ubukangurambaga mu murenge wa Rushaki wo mu karere ka Gicumbi bwo kwirinda icyorezo cya sida.
Sitade y’akarere ka Gicumbi kimwe n’ibindi bikorwa remezo byo muri aka karere igiye gusanwa, kuko imaze kwangirika bikabije bigatuma n’ikipe ya Gicumbi FC itabasha kwitwara neza mu mikino igihe iri guhatana n’andi makipe.
Umugabo witwa Nshimiyimana Theophile utuye mu Kagari ka Nyarutarama mu Murenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi yishimira ko “Abubatsi b’Amahoro” bamufashije gusubirana n’umugore we yari yarirukanye amuhoye ubwoko bwe.
Mu rwego rwo gushyigikira no gufasha imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Karere ka Gicumbi ubu muri iki gihe k’icyunamo abaturage bagenda batanga inkunga zitandukanye zo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye.
Abayobozi b’amadini yo mu Karere ka Gicumbi baravuga ko bagiye gukusanya inkunga zitandukanye mu bakirisitu bayoboye zo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye muri ibi bihe byo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994.
Abantu 3 bari mu Bitaro ku Kigo Nderabuzima cya Byumba abandi 7 barwariye ku Kigo Nderabuzima cya Cyumba mu Karere ka Gicumbi nyuma yo kunywa ikigage mu birori byabaye kuri Pasika mu rugo rw’umuturanyi.
Abakirisitu Gaturika bo mu Karere ka Gicumbi bemeza ko kwizihiza Pasika ari tegeko Yezu Kirisitu yasize ategetse intumwa ze ubwo yasangiraga nazo bwa nyuma.
Umugabo witwa Habyarimana Evariste utuye mu Mudugudu wa Gatare , mu Kagari ka Rebero ho mu Murenge wa Ruvune mu Karere ka Gicumbi afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Byumba ashinjwa kwica umugore we witwa Uwineza Francine.
Kuri uyu wa 26 Werurwe 2015 Umuryango Mpuzamahanga utegamiye kuri Leta, World Vision, mu Karere ka Gicumbi watangaje mu bushakashatsi wakoze ngo wasanze Umurenge wa Rutare uza ku isonga muri ako karere mu kugira abakobwa benshi batwara inda zitateganyijwe.