Babisabwe na Minisitiri w’inganda n’ubucuruzi Francois Kanimba ubwo yatahaga ku mugaragaro isoko rya kijyambere ryubatswe mu murenge wa Ruvune mu kagari ka Rebero mu karere ka Gicumbi kuri uyu wa gatatu tariki 24 Kamena 2015.

Ubu bucuruzi buzajya bukorerwa muri uyu murenge bugiye no kongera ubuhahirane mu turere duhana imbibi n’akarere ka Gicumbi, aho abatuye mu karere ka Nyagatare na Gatsibo bazajya bitabira kurema isoko.
Abaturage nabo bemeza ko iri soko rije ari igisubizo kuri bo kuko bagiye kwagura ubucuruzi bwabo, nyuma y’uko uyu murenge wari ukungahaye kubihingwa ariko baka bakoraga urugendo bajya kurema andi masoko.
Sirikare Jonas ni umucuruzi w’imyenda usanzwe ukorera muri uyu murenge wa Ruvune kuri we ngo kuba babonye isko risakaye bizabarinda kujya ibicuruzwa byabo byangirika.

Ngo mbere bagikorera ahadaskaye wasangaga mugihe cy’itumba ibicuruzwa byabo byangirika byaba ari mugihe cy’impeshyi ivumbi n’imikungugu bikuzura kubicuruzwa byabo. Uretse kutavirwa ngo iri soko rizabafasha kubika ibicuruzwa byabo neza.
Iri soko rya kijyambere rya Ruvune rirema kabiri mu cyumweru kuwa Mbere no kuwa Kane ariko Ministere y’ Ubucuruzi n’ Inganda yasabye ubuyobozi bw’ akarere ka Gicumbi kureba uko ryajya rirema buri munsi kuko rizajya rihuza n’ abandi bavuye imihanda yose.
Ibi bikazatuma abaturage babasha kugera ku iterambere akarere ka Gicumbi ndetse n’ u Rwanda muri rusange. Iri soko rikaba ryuzuye ritwaye amafaranga y’ u Rwanda asaga miliyoni 300.
Ernestine Musanabera
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Mbanje gushimira let’s y’ubumwe bwabanyarwanda itwifuriza kwigira.Iri soko rifatwe neza kuko ariryo soko ryiterambere ryumurenge wa Ruvune.murakoze
Mbanje gushimira let’s y’ubumwe bwabanyarwanda itwifuriza kwigira.Iri soko rifatwe neza kuko ariryo soko ryiterambere ryumurenge wa Ruvune.murakoze