Mu muhango wo kwizihiza Umunsi w’Umugore wo mu Cyaro wabereye mu Karere ka Gicumbi ku rwego rw’igihugu abagore bashimiwe uruhare rwabo mu iterambere ry’u Rwanda.
Mu Karere ka Gicumbi barashishikarizwa guhinga akarima k’imboga kugira ngo kabafashe guhangana n’imirire mibi mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Abagenzi bategera imodoka muri gare nshya murenge wa Rukomo babangamiwe no kutagira ubwiherero rusange.
Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi yangije ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni 8 n’ibihumbi 40 inakangurira urubyuruko kubireka kuko birwangiza.
Abarimu bo mu karere ka Gicumbi bizihiza umunsi wabo basanze guhembwa make bitababuza kwiteza imbere mu rwego rwo kwigira.
Abaturage bo mu murenge wa Kageyo wo mu karere ka Gicumbi nyuma yo guhabwa kandagira ukarabe na SOS bagiye gusezerera umwanda.
Koperative Abizerwa Byumba (KAB) yorojwe inka 10 muri gahunda ya Girinka zizabafasha kwiteza imbere no kongera umusaruro w’ubuhinzi.
Abiga mu ishami ry’ubuhinzi mu ishuri rikuru IPB, batangiye kwigisha abaturage gahunda zigendanye n’ubuhinzi bwa kijyamembere no kubungabunga ibidukikije.
Ababyeyi, abanyeshuri, abarezi, ndetse n’ubuyobozi ntibavuga rumwe kuba umunyeshuri yakwemererwa kwiga atunze telefone kuko byamuviramo kurangara ntakurikire amasomo.
Umuryango VSO uri kwigisha abiga muri TTC Byumba gukora imfashanyigisho mu bikoresho bitandukanye no mu budeyi kugira ngo bibongerere ubumenyi.
Abarembetsi batandatu bakekwaho gutera uwitwa Karamage Jean Bosco bahimba Kibonge bakamusenyera ndetse bakanamusahura baburanishirijwe mu ruhame.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Gicumbi bagiye gukora ubukangurambaga mu baturage barwanya imirire mibi n’ubugwingire mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Bamwe mu bana bo mu murenge wa Rutare bakora ubukorikori bwo kubaza imitako n’imirimbo bavuga ko bimaze kubateza imbere.
Abakora ibikora bitandukanye by’ubucuruzi mu karere ka Musanze batangaza ko bakura amafaranga menshi ku munsi wo “Kwita izina” ingagi.
Abikorera bo mu karere ka Gicumbi barasabwa gushyira hamwe kugira ngo babashe guteza imbere inyubako zo mu mugi wa Byumba.
Ngendahayo utuye mu Murenge wa Bwisijye abasha kwinjiza ibihumbi 30 ku munsi abikuye mu migati akora mu bijumba.
Bizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Urubyiriko tariki 22 Kanama bamwe mu rubyiruko bamuritse ibyo bagezeho bashishikariza abandi kwihangira imirimo.
Ikigo cy’ikoranabuhanga, RwandaOnline Platform Ltd, cyamurikiye abakozi b’Akarere ka Gicumbi, kuri uyu wa 18 Kanama 2015, urubuga rwitwa www.irembo.gov.rw ruzajya rufasha abaturage guhabwa serivisi mu buryo buboroheye.
Ibura y’amazi muri iki gihe k’impeshyi ryatumye abatuye mu mu karere ka Gicumbi bayoboka imigezi n’ibishanga, ku buryo abatabishoboye bagura ijerekani ku mafaranga 400.
Ababyeyi bo mu karere ka Gicumbi bigishwa kumenya gutegura indyo yuzuye kugira ngo abana babo babashe gukura neza, biciye muri gahunda y’igikoni cy’umududugudu.
Ubwo hizihizwaga Umunsi w’Umuganura mu Karere ka Gicumbi kuri uyu wa 7 Kanama 2015, abaturage bagaragaje ko bawufata nk’umunsi wo gusuzuma ibyo bamaze kugeraho mu iterambere ndetse bakanareba ibyo bagomba kongeramo imbaraga kugirango bakomeze bizatere imbere.
Abacunda b’amata bakorera mu murenge wa Nyamiyaga bagize umwiyereko kuri za moto zabo bahetsho ibicuba by’amata imbere y’abaturage, kugirango bagaragaze bimwe mubikorwa by’indashyikirwa bamaze kugeraho babikesha ubuyobozi bwiza bwa Paul Kagame.
Abaturage bo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi bazaniye abadepite ibiseke, inzoga n’inkangara nk’ikimenyetso cyo gusaba Inteko Ishinga Amategeko kubemerera Perezida Kagame agakomeza kubayobora.
Abaturage bo mu Murenge wa Rukomo mu Karere ka Gicumbi barifuza ko Perezida Paul Kagame yayobora u Rwanda kugeza ubwo, we ubwe, azumva ananiwe akarekeraho kuyobora Abanyarwanda.
Mu gikorwa cy’imurikabikorwa kiri gukorwa n’abikorera ndetse n’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Gicumbi abaturage bishimiye ko bari gupimwa zimwe mu ndwara zitandukanye bakamenya uko ubuzima bwabo buhagaze.
Umugore witwa Mukamuramutsa Francine ari mu maboko ya Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi nyuma akekwaho kwica umugabo we Havumiragiye Damascene amunize akoresheje umugozi.
Perezida Paul Kagame yanenze bikomeye ibihugu by’amahanga byisaba ubuyobozi buriho kwita ku burenganzira bwa muntu mu Rwanda, akavuga ko nta burenganzira bifite bwo kwibutsa ubuyobozi buriho icyo gukora, kuko bujya gutangira urugamba rwo kwibohora ari cyo cyari kigamijwe.
Ingabo z’u Rwanda zubakiye amashuri abanyeshuri bo mu murenge wa Rubaya wo mu karere ka Gicumbi baruhuka urugendo rwa km 12 bakoraga bajya kwiga. Bije bikurikira icyumweru barimo muri aka karere cyahariwe ingabo, aho bari gutanga ubuvuzi butandukaye ku buntu.
Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Gisirikare (Army Week) ingabo z’ u Rwanda ziri mu karere ka Gicumbi kuvura abaturage indwara zitandukanye ku buntu, aho ibikorwa by’ubuvuzi byakomereje ku kigo nderabuzima cya Rubaya kuri uyu wa kabiri tariki 30 Kamena 2015.
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi bavuga ko kuba aka karere ariho urugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangiriye, babifata nk’umurage wo gusigasiga ubumwe bw’Abanyarwanda no kurinda icyintu cyose cyakongera guhungabanya umutekano wabo.