Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyumba, Bayingana Jean Marie Vianney, avuga ko unyir’urugo banyweyemo ikigage yari afite ibirori wa 5 Mata 2015 mu rugo iwe kuko yari yabatirishije abana maze abaturanyi be banyweye ikigage bakaba batangiye kuribwa munda kugeza ubwo bamerewe nabi cyane, ubu 10 muri bo baka bari mu bitaro.
Ngo 3 bageze ku Kigo Nderabuzima cya Cyumba bakabona barembye cyane ngo bahise boherezwa ku Kigo Nderabuzima cya Byumba abandi 7 bakomeza kubakurikirana.
Bayingana akomeza abivuga ko amakuru bagerageje bafite ariko abo bantu bashobora kuba barengesheje ibigage amazi adasukuye yo mubishanga dore ko muri mu Murenge wa Cyumba hari ikibazo cy’amazi make.
Ikindi ngo ni uko bashobora kuba ibikoresho bengeyemo ibigage bishobora kuba byanduye bityo bikaba ari byo byateye abo baturanyi kurwara.
Ngo baracyakomeza gukurikirana ngo bamenye ibisubizo bya muganga kugira ngo babashe kumenya impamvu nyakuri y’ubwo burwayi.
Ernestine Musanabera
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|