Umugabo witwa Twizeyimana Jean de Dieu wo mu Karere ka Gicumbi yishe umugore we witwa Mukurizehe nyuma yo kumwica nawe ahita yiyahura ahita apfa.
Umuryango uharanira uburenganzira bw’umwana SOS, wasabye abafite aho bahurira no guharanira uburenganzira bw’umwana, guhaguruka bakagaragaza ibikorwa bifasha abana kumenya uburenganzira bwabo.
Umuryango Imbuto Foundation urakangurira abangavu bo muri Gicumbi kwirinda ababashuka kuko baba bagambiriye kubashora mu busambanyi, batwariramo inda zitateguwe.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gicumbi bavuga ko basigaye batinya gutega moto kubera umwanda bamwe mu bamotari baba bafite.
Abajyanama b’akarere ka Gicumbi biyemeje kurandura ruswa ivugwa muri ako karere nyuma yo kugaragarizwa ko iri ku rwego rwo hejuru.
Abatuye mu kagari ka Ngondore umurenge wa Byumba, bavuga ko abasigajwe inyuma n’amateka, batuye mu mudugudu wa Bukamba babangamira umutekano.
Ibitaro bikuru bya Byumba biri kubaka inyubako nshya, izunganira iyari imaze imyaka 69, mu rwego rwo kunoza serivisi.
Ababyeyi bo mu Murenge wa Rutare muri Gicumbi barishimira ko bubakiwe "inzu y’ababyeyi" izatuma batongera guhura n’ingorane mu gihe cyo kubyara.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, asaba abayobozi b’inzego zibanze mu Karere ka Gicumbi kurwanya ibihungabanya umutekano bakwanga bakamburwa ububasha bahawe.
Bamwe mu bagore batuye mu gace ka Gatuna mu Karere ka Gicumbi, bahangayikishijwe n’ikibazo cy’ubuharike giterwa n’abagabo babo banga gusezerana.
Ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri z’uyu mugoroba tariki ya 18/08/2018 imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Coaster ya Kompanyi Stella ifite pulake RAB 672 I yavaga Kigali yerekeza Gicumbi yakoze impanuka.
Abarangije muri Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba (UTAB) barangizanyije umugambi wo kwihangira imirimo barwanya ubushomeri bakorana na ma banki.
Abakomoka mu Murenge wa Kaniga muri Gicumbi baba hanze yawo, albahatuye n’abahakorera bakusanyije miliyoni 2Frw zo gusana ibikorwa remezo.
Mvuyekure Alexandre wahoze ari umuyobozi w’akarere ka Gicumbi yatawe muri yombi akekwaho kunyereza umutungo wa VUP.
Urubyiruko rwitabiriye amarushanwa yo gusoma korowani yahuje urubyiruko rwaturutse mu bihugu umunani, rwasabwe kwirinda ibikorwa by’urugomo byitirirwa Isilamu.
Imiryango y’abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Gicumbi bifuza ko batuzwa hamwe n’abandi baturage kugira ngo bibafashe guhindura imyumvire.
Mu mahugurwa y’iminsi ibiri yahawe abunzi bo mu Karere ka Gicumbi bijejwe ko ibibazo by’ubumenyi n’imikorere mu kazi bigiye gukemuka.
Umuryango utegamiye kuri Leta “Transformation Leadership Center” wazanye uburyo bushya bwo guhinga mu Karere ka Gicumbi bise “Guhinga mu buryo bw’Imana”.
Nsabibana Jean Damasce, ku mugoroba wo ku wa 17 Kamena 2016 yatawe muri yombi akekwaho urupfu rwa Mugabo Theoneste wo mu Karere ka Gicumbi wishwe atemwe ijosi.
Niyirora Gaudence wo mu Murenge wa Manyagiro mu Karere ka Gicumbi yabyaye umwana amuta mu musarane bamukuramo akiri muzima.
Ibitaro byo mu Murenge wa Mukarange muri Gicumbi byafashije abahatuye no mu nkengero zawo kutakiremebera mu rugo kuko serivisi z’ubuzima zabegerejwe.
Ikigo Nderabuzima cyo mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Gicumbi cyugarjwe n’umwanda wo mu bwiherero budakorerwa isuku bikabangamira abarwayi.
Abahanzi bashya muri PGGSS batunguwe n’uburyo basanze irushanwa rimeze, nyuma y’ibibazo binyuranye baryibazagaho banatungurwa n’uburyo bakiriwe n’imbaga y’abafana.
Abamugaye 79 bahawe amagare mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko bagiye gukoresha ayo mahirwe mu kuyakoresha mu bikorwa bibateza imbere.
Minisiteri y’Ubuzima (Minisante) izaha umuti w’inzoka zo mu nda abana bagera kuri enye muri uku kwezi kwahariwe ubuzima bw’umwana n’umubyeyi.
Abaturage bo mu Murenge wa Rutare mu Karere ka Gicumbi barifuza ko amateka y’ahatabarijwe (ahashyinguwe) abami yasigasirwa kugira ngo atazasibangana burundu.
Afaranga y’u Rwanda miliyoni 68 n’ibihumbi 25 na 948 yakusanyijwe muri iki cyunamo mu Karere ka Gicumbi ngo azizifashishwa mu gusana amazu y’abarokotse Jenoside.
Abarokotse Jenoside barasaba ko urwibutso rwo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Gicumbi rusanw,a kuko ruva amasanduku bashyinguyemo akangirika.
Abatuye Akarere ka Gicumbi basabwe gutanga amakuru kugira ngo imbiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itaraboneka ishyingurwe mu cyubahiro.
Umuryango Imbuto Fondation wongeye gutanga ibihembo ku bana b’abakobwa bahize abandi mu mitsindire y’amasomo, ubasaba kwirinda gutwara inda zitateganijwe.