Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, avuga ko ikoranabuhanga rituma ibiza bizaba bimenyekana kare, ntihabeho gutungurana bityo gutabara bikihuta.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 5 ukuboza 2016, Perezida Kagame yatashye inyubako ya Chic Complex na Kigali Heights.
Imbuto Foundation yatangije gahunda yise ‘iAccelarator’ yemerera urubyiruko gukora imishinga ijyanye n’ubuzima cyane cyane ubw’imyororokere, itsinze igaterwa inkunga.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga Nsengimana Philbert yabwiye urubyiruko guhaguruka rugahangana n’ikinyoma, kuko ari cyo mwanzi u Rwanda rufite kugeza ubu.
Igitaramo cyo kumurika album “Adam & Eva” ya Urban Boys cyagombaga kubera mu Mujyi wa Huye muri Hotel Credo kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Ukuboza 2016 cyasubitswe.
Mu Rwanda hatangijwe uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bwo gukurikirana ibijyanye n’amategeko ndetse n’amabwiriza yo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Ikigo Iriba ry’umurage ndangamateka, kirasaba Abanyarwanda kwandika no kwibikira amateka ubwabo kuko ngo hari menshi akibitswe n’abakoronije u Rwanda.
Mu bushakashatsi Transparency international Rwanda yashyize ahagaragara, yagaragaje ko abaturage berekanye ko hari imishinga myinshi ibakorerwa batabigizemo uruhare.
Ihohoterwa rikorerwa abagore, abakobwa n’abana riracyagaragara muri Afurika, ari yo mpamvu abantu bahagurukiye kurirwanya.
Nyampinga w’u Rwanda Mutesi Jolly avuga ko adatewe ubwoba n’abakobwa bazitabira irushanwa rya Nyampinga w’Isi (Miss World),u Rwanda ruzitabira ku nshuro ya mbere.
Umushinga w’Agatare ukorera mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyarugenge witezweho guteza imbere abahatuye, uhageza ibikorwa remezo, unaca akajagari.
Ikigo nyarwanda cy’abakora ibishushanyo by’inyubako (RIA) kigiye gutangiza ku mugaragaro ihuriro ry’abubatsi b’inyubako zujuje ubuziranenge (RWAGBO).
Nyuma y’uko agace ka Nyuma ka Tour du Rwanda kagizwe n’ibirometero 108 kakinirwaga mu Mujyi wa Kigali kegukanywe na Okubamariam Tesfom ukomoka muri Eritrea, Tour du Rwanda ya 2016 yose yegukanywe na Ndayisenga Valens.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) kivuga ko gutoza abana bato kumenya imibare igihugu kigenderaho bituma bavamo abayobozi beza b’ahazaza.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) ku buryo abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivisi, bwerekana ko abaturage benshi batazi Inama Njyanama z’uturere.
Nkuranyabahizi Noel utoza ikipe y’Igihugu ya Karate, avuga ko iyo umwana atangiye gukina Karate akiri muto, bimufasha gukurana ikinyabupfura.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, avuga ko amatora yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, atanga isomo ry’uko kuyobora atari “bizinesi” y’abayobozi ahubwo ari iy’abaturage”.
Umushoramari wo mu gihugu cya Scotland yaguze imigabane myinshi mu nganda ebyiri z’icyayi mu Rwanda yizeza Perezida Kagame gukuba kabiri umusaruro w’icyayi mu myaka ibiri itaha.
Polisi y’igihugu yerekanye abantu batatu bakekwaho ubwambuzi bashuka abaturage ko bakora ku kigo cy’Umuvunyi, ndetse n’umwe mu bacuruzi ukekwaho guha ruswa abapolisi.
Mu muhango wo kwakira ku meza Madame Claudine Talon wa Perezida wa Benin, yavuze ko Umuryango Imbuto Foundation wamubereye icyitegererezo mu buzima bwe.
Madame Claudine Talon wa Perezida wa Benin, uri mu ruzinduko rw’iminsi itanu rw’akazi mu Rwanda, aherekejwe na Madame Jeanette Kagame basuye ibikorwa bya Isange One Stop Centre iherereye Kacyiru mu Karere ka Gasabo.
Ubwo bizihizaga isabukuru y’imyaka 20 Umuryango Unit Club umaze wubaka ubumwe mu Banyarwanda, ubuyobozi bw’uyu muryango bwashimiye Abanyarwanda n’abanyamahanga 17 bagaragaje ubutwari bwo kwitangira abandi mu bihe byashize.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo buvuga ko bwateguye gahunda ndende yo gutuza abantu mu midugudu, hagamijwe gukemura burundu ikibazo cy’abatuye mu manegeka.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasabye abitabiriye isabukuru y’imyaka 20 y’Umuryango Unity Club, kurushaho kuba umwe no kubitoza abo bashinzwe.
Minisitiri ushinzwe imicungire y’ibiza no gucyura impunzi, Mme Seraphine Mukantabana aragereranya abatemera ibyo u Rwanda rwagezeho n’abahanuzi b’amakuba.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ahagana mu ma saa mbiri , imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yari yikoreye inyanya ivanye mu isoko rya kimironko, ikoze impanuka hakomereka umushoferi wari uyitwaye.
Abayobozi b’amashuri makuru ya gisirikare muri Afurika(ACoC), biyemeje gusenyera umugozi umwe mu gukemura ibibazo by’umutekano muri Afurika.
Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Jan Eliasson, Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Umuryango w’Abibumbye (UN), uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Mu nama ya 27 y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe iherutse kubera mu Rwanda muri Nyakanga 2016, Perezida Kagame yahawe inshingano zo kuvugurura komisiyo y’uyu muryango.
Ibinyabiziga bituruka mu Mujyi no ku kabindi bigana muri Convention Center na Radson Blue Hotel cyangwa se mu Rugando, bizajya binyura mu muhanda w’iburyo w’icyerekezo kimwe mu masangano (Rond Point ) ya KBC.