Leta y’u Rwanda ikeneye miliyari 5FRW yo gusana ibyangijwe n’imvura iherutse kwibasira uturere dutanu igasenyera amagana y’abantu.
Umuryango uteza imbere ubusizi “Trans-Poesis”, ugiye gukoresha irushanwa wise “Kigali Itatswe n’Ubusizi” ku nshuro ya gatandatu, rikazaba tariki 28 Mutarama 2017.
UAE Exchange ikigo mpuzamahanga gitanga serivise zo kohereza amafaranga hanze y’igihugu ndetse no kuvunja, cyiyemeje no kugira uruhare mu iterambere, no mu mibereho myiza y’abaturage giha serivise.
Ibiro by’abinjira n’abasohoka mu Rwanda byahaye ikaze Padiri Nahimana Thomas, ushaka kuza kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.
Mutokambari Moise utoza ikipe y’igihugu ya Basket Ball, atangaza ko kuba bataritabiriye imikino Nyafurika (Afro-Basket) ya 2015, byabasigiye isomo rikomeye rizabafasha kutazongera kuyisiba.
Mu muhango ngarukamwaka wo kwizihiza umunsi mukuru w’Intwari uba tariki ya 1 Gashyantare za buri mwaka, muri uyu mwaka uzabera mu midugudu hashimirwa abarinzi b’igihango.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwemeje icyifuzo cy’umushinjacyaha cy’uko umunyamakuru Shyaka Kanuma afungwa by’agateganyo iminsi 30 kugira ngo akurikiranwe.
Irushanwa ryo gutoranya umukobwa uhiga abandi ubwiza, uburanga n’umuco rizwi nka Miss Rwanda, rizibanda ku bikorerwa mu Rwanda bizwi nka Made in Rwanda muri uyu mwaka 2017.
Polisi y’igihigu ikorera mu mujyi wa Kigali yerekanye abantu bane bakurikiranweho kugurisha inzitiramibu zari zigenewe abaturage.
Mu bizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri 2016, abakobwa bongeye kwigaranzura basaza babo, yaba mu bisoza amashuri abanza n’ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye.
Polisi y’Igihugu yongeye gushimangira ko gutwara ikinyabiziga umuntu atubahiriza amabwiriza n’ibyapa biri mu mihanda, bifatwa nk’ubugizi bwa nabi.
Shyaka Kanuma uyobora Ikompanyi yitwa Rwanda Focus Limited, akaba na Nyir’ igitangazamakuru cyitwa The Rwanda Focus giherutse gufunga imiryango, yatawe muri yombi na Polisi y’Igihugu akurikiranyweho ibyaha birimo kutishyura imisoro, ndetse no gukoresha impapuro mpimbano.
Ku gicamunsi cyo kuwa Kane tariki ya 29 Ukuboza 2016, Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, yatwitse ibiyobyabwenge bifite agaciro ka Miliyoni zisaga 46 Frw.
Umuhanzi w’icyamamare w’umunye congo Koffi Olomide, ari mu nzira agana i Kigali aho ategerejwe mu gitaramo gisoza umwaka kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 31 Ukuboza 2016.
Polisi y’u Rwanda yasubije amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni icyenda uwari yayibwe n’umukozi we.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), riratangaza ko umugororwa witwa Simbarikure Theodore wari ufungiye muri gereza ya Rusizi, ari gushakishwa n’inzego z’umutekano kubera gutoroka.
Nyuma ya Tombola yabereye mu Misiri ku cyicaro Gikuru cy’impuzamashyirahamwe y’ umukino w’Umupira w’amaguru ku mugabane w’Afurika CAF, kuri uyu wa 21 Ukuboza 2016, APR FC na Rayon Sport FC zamaze kumenya amakipe mu marushanwa Nyafurika
Polisi y’u Rwanda yasubije umukongomani imodoka yo mu bwoko bwa Fuso itwara imizigo, yari yarariganyijwe n’ abagande bayimugurishije.
Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, wamaganiye kure irekurwa rya Nahimana Ferdinand na Rukundo Emmanuel bahamwe n’icyaha cya Jenoside.
Minisitiri w’umutungo kamere Dr Vincent Biruta yasabye abashinzwe kugena agaciro k’ umutungo utimukanwa, kurangwa n’indangagaciro z’ubunyangamugayo no kuba abanyamwuga mu guhesha agaciro akazi bakora.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Claver Gatete yemeza ko mu cyerezo 2050 Abanyarwanda bazabaho neza umuntu yinjiza nibura umutungo mbumbe wa 12,500 by’amadolari ku mwaka.
Kuri uyu wa 16 Ukuboza 2016, Polisi y’igihugu yerekanye abakobwa babiri bari abakozi bo mu rugo rw’uwitwa David Isanga, bakekwaho kumwiba amafaranga akabakaba miliyoni 10RWf.
Bamwe mu Banyarwanda b’inararibonye barasaba ko habaho ishuri ryitiriwe Kagame, “Kagame Institute of Good Governance”, rifasha mu gusigasira imiyoborere myiza no kuyisangiza abandi.
Umuryango wita ku bana ‘Save The Children’, uhamya ko akenshi amakimbirane yo mu miryango aterwa no kutaganira ku micungire y’umutungo kw’abagize umuryango.
Abunzi bashyiriweho uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bubafasha kohereza raporo ku ikemurwa ry’ibibazo by’ubutaka, bikajya bafasha abaturage ku buryo bwihuse.
Polisi y’igihugu yazanye impinduka mu buryo serivisi zo mu muhanda zatangwaga, aho buri kintu cyose kigiye kujya gikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.
Abana bitabiriye inama nkuru y’igihugu y’abana, barashima ko igihugu kibatekereza ndetse kikabaha umwanya wo kugaragaza ibyifuzo n’ibibazo bahura nabyo.
Akarere ka Gasabo kagiye kubaka umudugudu w’icyitegererezo uzatuzwamo imiryango 1441 yiganjemo abari batuye mu manegeka hagamijwe kurengera ubuzima bwabo.
Uyu munsi ku mbuga nkoranyambaga hazengurutse ifoto y’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 40, ufite imbunda yo mu bwoko bwa Karachinikov yicaye ku ntebe y’urubaho ishinze ahantu ku muhanda.
Perezida Kagame yaburiye abayobozi bihisha mu itangwa ry’amasoko bakijandika muri ruswa babinyujije mu bikorera.