Imodoka ya Daihatsu ikoze impanuka hakomereka umwe

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ahagana mu ma saa mbiri , imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yari yikoreye inyanya ivanye mu isoko rya kimironko, ikoze impanuka hakomereka umushoferi wari uyitwaye.

Imodoka Yo mu bwoko bwa Daihatsu yari irimo umushoferi wakomeretse
Imodoka Yo mu bwoko bwa Daihatsu yari irimo umushoferi wakomeretse

Iyi mpanuka ibereye mu isangano ry’umuhanda uva Kinyinya, Kibagabaga na Nyarutarama, nk’uko umwe mu bayibonye iba abitangarije Kigali Today.

Agize ati” Iyi modoka yamanukaga iva Kibagabaga ibura feri, ihita igwa aha muri iki gishanga”.

Uyu muturage yavuze ko aha hantu hakunze kubera impanuka zo kuri ubu buryo kubera ko hamanuka cyane, asaba abakunze kuhanyura kujya bagenzura imodoka zabo kugirango birinde iki kibazo.

Umushoferi wakomerekeye muri iyi mpanuka yatabawe ku buryo bwihuse n’abamotari ndetse n’abari hafi y’aho yabereye agezwa mu bitaro kibagabaga.

Iyi modoka yari yikoreye inyanya izikuye mu isoko rya Kimironko
Iyi modoka yari yikoreye inyanya izikuye mu isoko rya Kimironko
Inyanya iyi modoka yari yikoreye inyinshi zangirize
Inyanya iyi modoka yari yikoreye inyinshi zangirize
Abamotari n'abandi bari mu nkengero z'aho iyi modoka yaguye nibo bahise batabara shoferi ajyanwa kwa muganga
Abamotari n’abandi bari mu nkengero z’aho iyi modoka yaguye nibo bahise batabara shoferi ajyanwa kwa muganga
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Kuba Atapfuye Umushoferi Imana Iracyamufiteho Umugambi

Ntigurirwa Samuel yanditse ku itariki ya: 5-11-2016  →  Musubize

imana imurinde pe!! ni eric kabacuzi .

dusabimana eric yanditse ku itariki ya: 4-11-2016  →  Musubize

UYU MUSHOFERI IMANA IMUBE HAFI KBS

ISHIMWE yanditse ku itariki ya: 4-11-2016  →  Musubize

Uyu mushoferi imama imube hafi KBS

ISHIMWE yanditse ku itariki ya: 4-11-2016  →  Musubize

icyotwavugakuriyimpanuka nuko abashofiribazabagera ahohantubakagendagahorogucyobakirinda umuvuduko ukonambibona murakoze niringiye Josua1 guturukamubugarama mukarerekarusizi

niringiye Josua1 yanditse ku itariki ya: 4-11-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka