Imibiri yabonetse izashyingurwa mu minsi 100 yo kwibuka
Umunyambanga wa Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside, Dr. Bizimana Jean Damascene, yatangaje ko mu minsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, hazabaho gahunda yo gushyingura imibiri yabonetse hirya no hino mu Gihugu hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Umunyamabanga wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr. Bizimana Jean Damascene, yavuze ko kubera ko icyorezo cya COVID-19 kigihari, kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi bizakorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ryacyo nk’uko byagenze umwaka ushize.
Avuga ku bijyanye no gushyingura mu cyubahiro imibiri yabonetse, Dr. Bizimana yagize ati “Mu turere dutandukanye n’imirenge hari imibiri yagiye iboneka, kuyishyingura biremewe ariko iteka hashingiwe ku mabwiriza uko ateye, gushyingurwa bizakorwa ariko hageyo umubare wemewe, hazanakorwa n’isuku ku nzibutso, ariko turashishikariza abazitabira gahunda zo gushyingura ababo kubanza no kwipimisha kuko ubu byarorohejwe”.
CNLG kandi itangaza ko mu minsi 100 yo kwibuka noneho gahunda yo kugeza ku bantu uko ubwicanyi bwagiye bukorwa umunsi ku munsi n’urugamba rwo kubohora Igihugu byashyizwe mu buryo bw’amajwi kandi bikazahererekanywa mu buryo butandukanye bw’ikoranabuhanga ririmo na telefone.
Ibyaha by’ipfobya n’ihakana rya Jenoside byaragabanutse kandi abakibikomeje bateganyirijwe ibihano
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside itangaza ko imibare igaragaza ko ibyaha by’ipfobya no guhakana Jenoside bigenda bigabanuka nk’uko bigaragazwa n’imibare y’abahanirwa ibyo byaha, impamvu ikaba ari uko abantu bakomeje gusobanurirwa ibijyanye n’ibyo byaha kandi ibihano ku babikora bikaba byarakajijwe kugeza ku gifungo cy’imyaka 15.
Imiyoborere myiza n’izindi ngamba zikaba na zo ngo zaratumye ibyo byaha bigabanuka n’ubwo hari abagikomeje kubikora bake ahanini bifashishije imbuga nkoranyambaga bapfobya Jenoside bakaba bibutswa kubyirinda kuko nta mpaka zagakwiye kubaho zo gushaka kuvuga ko hanabayeho Jenoside ebyiri.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka27
- Kubwira abato amateka mabi Igihugu cyanyuzemo bizabarinda kugwa mu mutego wo kucyoreka
- IBUKA: Leta izabingingira gutanga amakuru kugeza ryari?
- Jenoside yabaye mu Rwanda yagaragaje ubwigomeke ku Mana - Prof Musemakweli
- Amateka agaragaza ko Nyamagabe ari nk’igicumbi cy’ingengabitekerezo ya Jenoside
- Musanze: Abafana ba APR FC bunamiye abazize Jenoside biyemeza guhangana n’abakiyipfoya
- Senegal: Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bibutse urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
- Muhanga: Imibiri 1093 y’abazize Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro
- Kwibuka27: Menya uko isanduku yo gushyingura mu cyubahiro igomba kuba iteye
- Abiga muri Kaminuza ya Kigali baramagana abahakana Jenoside bitwaje ibyo bari byo
- Musanze: Abakozi b’Akarere bahawe umukoro wo kuvuguruza abagoreka amateka y’u Rwanda
- Gupfobya Jenoside warayirokotse ni ubuyobe bubi – NURC
- Karongi: Bashyinguye mu cyubahiro imibiri 8.660 y’Abatutsi biciwe ku Mubuga muri Jenoside
- Rwezamenyo: Sengarama arashimira byimazeyo abamwubakiye inzu
- Kinigi: Bibutse bishimye kuko ikibazo cyabo cyasubijwe
- Bugesera: Itorero ADEPR ryibutse Abatutsi biciwe i Kayenzi
- Ni igisebo kuba uwari Minisitiri w’Umuryango yarashishikarije umwana we kwica – Senateri Nyirasafari
- Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abandi kwibuka imiryango yazimye
- Kuri uyu wa Gatandatu haribukwa imiryango isaga 15,000 yazimye mu 1994
- Umubano w’u Rwanda n’u Burundi witezweho gukurikirana Abarundi bakoze Jenoside
- Ubuhamya: Banze ko uruhinja rwabo rwakwicwa rudahawe Isakaramentu rya Batisimu
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|