Umuryango wita ku isanamitima n’iremamiryango (Association Modeste et Innocent - AMI) mu Ntara y’Amajyepfo uratangaza ko abagororwa babarirwa mu gihumbi na magana atanu (1500) bafungiye icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri gereza za Nyamagabe na Huye bari gutegurwa gusubira mu buzima busanzwe mbere ya 2022.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline arasaba abagujije amafaranga muri VUP kwishyura inguzanyo zabo nta mananiza yo kwitwaza Covid-19.
Umuyobozi w’isibo ya ‘Ndi Umunyarwanda’, Pelagie Mukankundiye utuye mu mudugudu wa Karenge mu Kagari ka Mpanda mu Murenge wa Byimana aravuga ko mu isibo ayobora higanje icyiciro cy’abaturage amateka agaragaza ko basigaye inyuma babayeho nabi, gusa akarere ko hari ibyo kabateganyiriza.
Mu Karere ka Ruhango basoje igikorwa cyo gusana no kurangiza kubaka inzu 700, mu rwego rwo gukemura ibibazo byugarije imibereho myiza y’abaturage, bakaba besheje umuhigo bari bahize.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, aratangaza ko umushinga wo gukura mu bukene abaturage basaga ibihumbi 250 bari munsi y’umurongo w’ubukene wiswe umuhora wa Kaduha- Gitwe Corridor mu Ntara y’Amajyepfo, ugenda gahoro ugereranyije n’ibimaze gukorwa mu mezi atatu utangiye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwatangiye gahunda idasanzwe yo kwita ku bana bari munsi y’imyaka itanu bagapimwa ibiro, uburebure n’ikizigira cy’umwana, kugira ngo harebwe imiterere y’imikurire yabo.
Abaturage b’Umurenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga baratangaza ko ikiraro cyo mu kirere gihuza utugari twa Kanyinya na Nyamirama kije kurokora abagwaga mu masangano ya Nyagako ahahurira imigezi ibiri yuzuraga igaheza bamwe hakurya, abagerageje kwambuka bakagwamo.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Muhanga yangije byinshi birimo ikiraro cyo ku muhanda Cyakabiri- Ndusu-Nyabikenke, ibigori bya Koperative Tuzamurane n’amazu ane y’abaturage bo mu murenge wa Cyeza.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko ikoranabuhanga mu burezi rizakemura ikibazo cy’ifungwa ry’amashuri kubera icyorezo cya COVID-19, kandi abanyeshuri bagakomeza kubona uburezi bufite ireme.
Umubyeyi witwa Amani wo mu Karere ka Muhanga arasaba ababyeyi kujya bibuka kugenzura abana babo bakiri bato kuko bashobora guhura n’impanuka zanabageza ku rupfu, kuko uwe byamubayeho agapfa azize kwizingira mu byo bari bamworoshe.
Urwego rw‘abikorera (PSF) mu Karere ka Muhanga rwabujije abacuruza ibyo kurya muri resitora kugurisha inzoga abafata amafunguro, kuko ngo bigera aho hagahinduka akabare.
Ni urubanza rwatangiye saa tatu za mu gitondo zo kuri uyu wa 17 Gashyantare 2021 abaregwa bari mu cyumba cy’urukiko rw’Ikirenga, hamwe n’inteko y’urugereko rw’Urukiko rukuru ruburanisha imanza mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imipaka.
Nyuma yo kugaragaza inzitizi mu mwirondoro ko Rusesabagina uvuga ko atari Umunyarwanda ahubwo ko ari Umubiligi ukwiye gukurikiranwa n’Inkiko zo mu Bubiligi, Ubushinjacyaha bwagaragaje ko Rusesabagina yigiza nkana.
Paul Rusesabagina ukurikiranyweho ibyaha birimo no gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro irwanya u Rwanda n’ibyaha by’ubwicanyi, ubwo yari umuyobozi w’impuzamashyaka (MLCD) yongeye kuvuga ko atari Umunyarwanda, ashimangira ko ari Umubiligi.
Umuryango w’Abagide mu Rwanda watangiye icyumweru cy’ibikorwa by’urukundo bizibanda ku gufasha abatishoboye no kurwanya icyorezo cya COVID-19, icyo cyumweru kikaba gitegura kwibuka Baden Powel washinze uwo muryango.
Umusore witwa Micomyiza Sixbert w’imyaka 28 wakoraga ku bitaro bya Gitwe mu ishami rivura amaso, bamusanze mu nzu yari acumbitsemo yarapfuye bikavugwa ko yari amaze icyumweru atagaragara.
Ubuyobozi bw’umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA) mu Karere ka Muhanga buratangaza ko hari imibiri 57 y’abishwe muri Jenoside yabonetse ahahoze hitwa CND mu Mudugudu wa Kamazuru, Aakagari ka Gahogo mu Murenge wa Nyamabuye.
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Muhanga buratangaza ko ibiyobyabwenge bifite agaciro k’asaga miliyoni 20 z’Amafaranga y’u Rwanda byafatiwe mu Karere ka Ruhango, kuva mu kwezi kwa Gicurasi 2019 byatwitswe ibindi biramenwa.
Rtd. Col. Nsengimana Augustin umaze imyaka itanu atahutse avuye mu mashyamba ya Kongo mu mutwe wa FDLR, aratangaza ko Abanyarwanda bakiri muri ayo mashyamba, n’ababa mu bindi bihugu barenganywa n’abakomeje kubabuza gutaha ngo bafatanye n’abandi kubaka Igihugu.
Ababanye na Padiri Ubald Rugirangoga mu rugendo rw’Ubumwe n’Ubwiyunge baratangaza ko yagize uruhare runini mu kubahindurira ubuzima kuko bongeye kubana neza nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (IBUKA) mu karere ka Muhanga, buratangaza ko igikorwa cyo gushakisha imibiri y’abazize Jenoside ku rusengero rwa ADEPR Gahogo, kitagamije gusenya urusengero nubwo hari ibice byarwo byasenywa igihe byaba bigaragaye ko harimo (…)
Abayobozi b’ibigo by’amashuri biruhukije kubera nkunganire yo gutunga abanyeshuri biga bacumbikirwa aho biga, ku buryo hari n’ibigo byahagaritse kwaka ababyeyi inyunganizi bari babasabye y’igihembwe cya mbere.
Abaturage bo mu kagari ka Kabuga mu murenge wa Ngamba mu karere ka Kamonyi, baravuga ko bavoma amazi y’imigezi itemba kuko nta miyobora y’amazi meza begerejwe bikabatera uburwayi.
Urwego rw’Ubushinjacyaha mu Karere ka Muhanga ruratangaza ko rwakoze nibura amadosiye asaga 100 y’abantu bagaragaweho icyaho cyo gukoresha no gucuruza ibiyobyabwenge mu mezi atandatu ashize.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS), ruratangaza ko Mfitumukiza wari uherutse gutoroka Gereza ya Muhanga yatawe muri yombi, akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye mu Karere ka Muhanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko ikibazo cy’imbwa zibangamiye umutekano w’abaturage kigiye kuvugutirwa umuti mushya, wo kwifashisha umutego wo kuzifata izidafite ba nyirazo zikicwa.
Urwego rw’Igihugu rw’Intwari Imidari n’Impeta by’Ishimwe (CHENO), ruratangaza ko buri wese ubishaka kandi ubiharanira ashobora kuba Intwari bitagombye gusaba ko abura ubuzima, kuko ubutwari bukenewe uyu munsi ari ubuteza imbere imibanire n’imibereho myiza y’Abanyarwanda.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), rurasaba Abanyarwanda gutanga amakuru ku wabona uwitwa Mfitumukiza Jovin watorotse gereza ya Muhanga yari afungiyemo.
Ikigo cy’Igihugu cyo kubungabunga Ibidukikije (REMA) cyaguze imodoka yacyo ya mbere ikoresha ingufu z’amashanyarazi mu rwego rwo gukangurira abantu n’ibigo bitandukanye, gahunda yo gukoresha imodoka zidasohora ibyuka bihumanya ikirere.
Urubanza rwa Rusesabagina wari umuyobozi w’impuzamashyaka ya MRCD n’abo bareganwa barimo Nsabimana Callixte na Herman Nsengimana babaye abavugizi b’umutwe wa FLN na bagenzi babo bareganwa uko ari 18 rwimuriwe mu cyumba cy’iburanisha cy’Urukiko rw’Ikirenga.