Urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Muhanga ruratangaza ko rugiye kwimurira abacuruzi b’imboga mu gice cyo hasi kigiye kubakwa mu rwego rwo gukemura imbogamizi abo bacuruzi bagaragazaga, zirimo kuba aho bashyizwe mu igorofa rya kane y’iryo soko hashyuha cyane.
Abaturage bo mudugudu wa Bisambu mu Murenge wa Ruhango baravuga ko barangwaga n’ingeso mbi zirimo n’ubujura no gukoresha ibiyobyabwenge, ariko ubu bamaze guhinduka bumvira gahunda za Leta bagatangira kwiteza imbere, ari yo mpamvu batacyitwa abana b’inkware.
Imiryango 12 y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Karere ka Ruhango, yashyikirijwe inzu zubatswe ku bufatanye n’abaturage n’umuryango RPF Inkotanyi muri ako karere.
Muganga wiswe uw’Urupfu n’umubyeyi washoye abana be muri Jenoside, ni bamwe mu bakoraga akazi ko kuvura biyambuye ubunyamwuga bakoze Jenoside mu bitaro bakica abarwayi n’abakozi bagenzi babo.
Perezida wa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), Mgr. John Rucyahana, aratangaza ko Kwibohora hagamijwe Kwigira bigomba kujyana no kurwanya ubunebwe, kongera ubukungu bw’igihugu, umutekano no guharanira agaciro k’igihugu.
Mu myaka 27 ishize u Rwanda rwibohoye biragaragara ko hari intambwe y’iterambere ryagezweho by’umwihariko mu kuzamura umuturage akava ku rwego rwo hasi atera imbere.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Nyarubaka n’abafatanyabikorwa bawo barishimira ko iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi irangiye biyujurije ikimenyetso cy’amateka y’abana b’abahungu biciwe ahitwa ku Gitega.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga n’abakoze Jenoside baratangaza ko bibohoye urwikekwe n’ubwoba baratinyuka barahura batangira gukora bagamije kwiteza imbere.
Abantu batanu bagwiriwe n’ikirombe mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Ndaro aho bari bagiye gucukura amabuye mu kirombe bivugwa ko cyari kimaze igihe gifunze.
Ubwiyongere bw’abandura Covid-19 mu Karere ka Muhanga by’umwihariko mu Mirenge ya Nyamabuye na Shyogwe, bwatumye hafatwa ingamba zirimo no kuba insengero n’udusoko duto duto tuzwi nka ‘Ndaburaye’, bifungwa igihe cy’ibyumweru bibiri.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga bari bakennye cyane batujwe mu Mudugudu w’ikitegererezo wa Horezo, baratangaza ko batangiye kubona umusaruro mwiza ukomoka ku nka borojwe na Perezida Kagame muri gahunda ya ‘Gira inka Munyarwanda’.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko mu mezi abiri abaturage bose bazaba bamaze kwishyura 100% amafaranga y’Ubwisungane mu kwivuza umwaka w’ingengo y’imari 2021-2022.
Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bavuga ko bageragaza gukora ibikorwa bibateza imbere mu makoperative ariko bakabangamirwa no kwamamaza cyangwa gucuruza ibyo bakora kuko ababagana batazi amarenga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru bugaragaza ko gahunda y’agaseke k’amahoro mu mashuri katumye abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bakurana umuco wo gukundana, kubahana, gufashanya no gushyira imbere Ubunyarwanda.
Imibiri 1093 y’Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabonetse mu Karere ka Muhanga yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi.
Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye, Nshimiyimana Jean Claude, avuga ko ku mugoroba wo ku wa 23 Kamena 2021 abantu benshi bava mu Mujyi wa Kigali bakiriwe kandi hashyizweho uburyo bwo kubakurikirana kugira ngo uwaba atahanye ubwandu bwa COVID-19 atanduza abo asanze.
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha mu Karere ka Ruhango bagabiye uwari umusirikare mu ngabo za (RPA) zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Guverineri w’intara y’Iburengerazuba, François Habitegeko, atangaza ko kongera umubare w’ibigo by’amashuri byigisha imyuga byagira uruhare mu kugabanya umubare w’urubyiruko rufatirwa mu buzererezi, kandi bikagabanya umubare w’abakobwa batwara inda zitateganyijwe.
Ingimbi n’abangavu bigishijwe kurwanya imirire mibi mu Karere ka Ruhango bagize uruhare mu kugabanya ikibazo cy’imirire mibi mu bana, hifashishijwe guhinga imbuto ziribwa no gukora uturima tw’igikoni.
Komisiyo y’igihugu y’Ubwume n’Ubwiyunge (NURC) iratangaza ko ntawe ukwiye kwitwaza ko yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ngo yishore mu byaha byo kuyipfobya no kiyihakana.
Umuyobozi w’akarere ka Ruhango Habarurema Valens arasaba abaturage gukomeza kwirinda indwara zishobora kwirindwa mu gihe hakomeje kongerwa imodoka zitwara abarwayi (Imbangukiragutabara).
Abaturage b’Umurenge wa Kayumbu mu Karere ka Kamonyi barasaba ko ikigo nderabuzima bubakiwe cyashyirwamo abakozi bahagije n’ibikoresho kugira ngo babashe kubona serivisi nziza z’ubuvuzi kandi hafi.
Umunyarwanda, Irene Basil uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yiyemeje gushinga uruganda rukora ibikoresho by’isuku mu Rwanda, nyuma y’uko byabaye ingume muri Amerika igihe icyorezo cya Covid-19 cyari cyugarije abatuye icyo gihugu.
Raporo y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gutanga amaraso (BTD) yo mu mwaka wa 2020 igaragaza ko abagore bakiri bake mu kwitabira gutanga amaraso ugereranyije n’umubare w’abagabo.
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatandatu tariki 12 Kanama 2021 byongeye kuzamo ingamba zikaze zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, nyuma y’uko hari izari zatangiye koroshywa n’ubwo nta karere cyangwa agace runaka kasubijwe muri gahunda ya Guma mu Rugo.
Abakozi b’Akarere ka Ruhango baratangaza ko kuganira kuri ‘Ndi Umunyarwanda’ bizagira uruhare mu kongera kububakamo ubumwe mu kazi kabo ka buri munsi.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga bakoze mu bikorwa byo kubaka imihanda n’ibyumba by’amashuri ntibahembwe, baravuga ko kutabonera amafaranga yabo ku gihe byakomeye mu nkokora imihigo y’ingo bahize.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko imicungire y’umutungo n’abantu ikozwe kinyamwuga izatuma abanyerezaga bakanakoresha nabi ibya rubanda bakurikiranwa kandi bagacika ku mikorere itanoze.
Abana n’abarezi mu Karere ka Kamonyi baravuga ko gahunda y’umukuru w’umudugudu mu ishuri yagaruye kandi yimakaza ubumwe bw’abanyeshuri, ikanagira uruhare mu kurwanya ikibazo cy’abana bata amashuri.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ruhango yatangije icyumweru bise icy’umujyanama kigamije gusura ibyo abajyanama bateganyiriza abaturage kugira ngo harebwe aho bigeze bishyirwa mu bikorwa, hagendewe kuri gahunda z’icyerecyezo cy’imyaka irindwi.