Nta kindi gihe u Rwanda rwunze ubumwe nk’uyu munsi - Perezida Kagame
Perezida wa Repuburika Paul Kagame atangaza ko Abanyarwanda bunze ubumwe uyu munsi kurusha ibindi bihe byose byabayeho.

Yabitangarije mu muhango wo gutangiza icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubwo yagezaga ijambo ku Banyarwanda kuri uyu wa 07 Mata 2021.
Yavuze ko kugira ngo u Rwanda rwongere kubaho nk’Igihugu ari uko hari Abanyarwanda beza bemeye bakanga kuba ibikoresho by’ubuyobozi bubi kandi amahirwe yabo yo kubaho bayabonye bayafatishije amaboko yombi, iyo ikaba inkingi ikomeye mu bigize imbaraga z’Abanyarwanda.
Perezida Kagame avuga ko no mu bihe by’ibibazo bikomeye n’abifuzaga kurangaza no gutesha igihe Abanyarwanda, ari bwo bubwo barushijeho gukomeza kunga ubumwe kurusha ibindi bihe byose byabayeho.

Agira ati “Nta kindi gihe u Rwanda rwaranzwe n’Ubumwe no kureba imbere nk’ubu, aha ndavuga cyane cyane urubyiruko ari narwo rugize umubare munini w’abaturage b’igihugu cyacu. Ni nayo mpamvu abashaka gutesha umurongo u Rwanda n’Abanyarwanda bananiwe kandi bazakomeza kunanirwa”.
Perezida Kagame kandi ashimira ibihugu byakomeje kwifatanya n’Abanyarwanda mu kurwanya abapfobya bakanahembera ingengabitekerzo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi avuga ko abo ari bo bakwiye kumvwa n’iyo baba badakomeye cyane.

Avuga ko hari ibihugu bikomeye byifuza ko u Rwanda rwemera ibyifuzo byabyo ngo bibone kwemera no kumva ibyo u Rwanda rwifuza, ariko ngo igikenewe ni uko Abanyarwanda benshi bakomeza gushyira hamwe ubumwe aho gukurikira iby’abashakaga kugoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.








Inkuru zijyanye na: Kwibuka27
- Kubwira abato amateka mabi Igihugu cyanyuzemo bizabarinda kugwa mu mutego wo kucyoreka
- IBUKA: Leta izabingingira gutanga amakuru kugeza ryari?
- Jenoside yabaye mu Rwanda yagaragaje ubwigomeke ku Mana - Prof Musemakweli
- Amateka agaragaza ko Nyamagabe ari nk’igicumbi cy’ingengabitekerezo ya Jenoside
- Musanze: Abafana ba APR FC bunamiye abazize Jenoside biyemeza guhangana n’abakiyipfoya
- Senegal: Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bibutse urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
- Muhanga: Imibiri 1093 y’abazize Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro
- Kwibuka27: Menya uko isanduku yo gushyingura mu cyubahiro igomba kuba iteye
- Abiga muri Kaminuza ya Kigali baramagana abahakana Jenoside bitwaje ibyo bari byo
- Musanze: Abakozi b’Akarere bahawe umukoro wo kuvuguruza abagoreka amateka y’u Rwanda
- Gupfobya Jenoside warayirokotse ni ubuyobe bubi – NURC
- Karongi: Bashyinguye mu cyubahiro imibiri 8.660 y’Abatutsi biciwe ku Mubuga muri Jenoside
- Rwezamenyo: Sengarama arashimira byimazeyo abamwubakiye inzu
- Kinigi: Bibutse bishimye kuko ikibazo cyabo cyasubijwe
- Bugesera: Itorero ADEPR ryibutse Abatutsi biciwe i Kayenzi
- Ni igisebo kuba uwari Minisitiri w’Umuryango yarashishikarije umwana we kwica – Senateri Nyirasafari
- Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abandi kwibuka imiryango yazimye
- Kuri uyu wa Gatandatu haribukwa imiryango isaga 15,000 yazimye mu 1994
- Umubano w’u Rwanda n’u Burundi witezweho gukurikirana Abarundi bakoze Jenoside
- Ubuhamya: Banze ko uruhinja rwabo rwakwicwa rudahawe Isakaramentu rya Batisimu
Ohereza igitekerezo
|