Abaturage 3,473 bo mu turere twa Nyagatare, Kayonza, Ngoma na Kirehe bagizweho ingaruka na Covid-19, nibo bamaze guhabwa inkunga na Croix Rouge y’u Rwanda, kugira ngo babashe gukora imishinga mito yabateza imbere.
Abitabiriye umuganda rusange mu mpera z’icyumweru gishize ku rwego rw’akarere ka Nyagatare bawukoreye mu Murenge wa Rukomo, basiza ikibanza kizubakwamo ibiro by’Akagari ka Gashenyi. Mu bitabiriye uyu muganda harimo Urubyiruko rw’Inkomezabigwi ruri ku rugerero, abaturage b’Umurenge wa Rukomo ndetse n’Abadepite.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, avuga ko gufatira ifunguro ku ishuri bigenda bifata umurongo mwiza, kuko mu mashuri yisumbuye ababyeyi 74% bishyura amafaranga y’ifunguro mu gihe mu yabanza 47% aribo bishyura.
Bamwe mu bakobwa biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, bavuga ko hari ababaca intege bababwira ko batazabona akazi, ariko ikirushijeho bakabwirwa ko batazabona abagabo, nyamara atari byo.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Tabagwe ndetse no ku bitaro bya Gatunda bashima Leta yabegereje aya mavuriro kuko mbere hari abivuzaga magendu cyangwa bakarembera mu ngo kubera ingendo ndende bakora mu mihanda mibi bajya ku bitaro bya Nyagatare.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi Ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyi Ngiro, Claudette Irere, avuga ko umushinga wa BRITE wabashije gushyira amasomo kuri murandasi, hakaba hasigaye uruhare rwa Leta mu gutanga mudasobwa na murandasi mu mashuri yose, ku buryo ngo bigenze neza uyu mwaka uzarangira bageze (…)
Abaturage b’umujyi wa Nyagatare bakoresha imihanda mishya ya kaburimbo imaze kubakwa, barifuza ko yashyirwaho amatara mu rwego rwo kurushaho kuhagira heza no kubungabunga umutekano w’abayinyuramo nijoro.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe Rangira Bruno, avuga ko isoko mpuzamipaka rya Rusumo rifungura imiryango muri Mata uyu mwaka, uretse abacuruzi b’Abanyarwanda n’abanyamahanga, cyane Abatanzaniya nabo bakaba bemerewe kurikoreramo ubucuruzi bwabo.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko mu rwego rwo kurushaho kuzamura ireme ry’uburezi n’iterambere rya mwarimu, barimo kwiga uburyo yahabwa ikarita ituma ahabwa serivisi mbere y’abandi bantu bose.
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, avuga ko ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) n’umushinga KWIIP, imirenge irangwamo izuba ryinshi ya Ndego, Rwinkwavu na Kabare igiye guhabwa uburyo bwo kuhira imyaka, mu rwego rwo guhangana n’amapfa atuma hari abasuhuka.
Ku wa 05 Gashyantare 2022 nibwo hari hateganyijwe ubukwe bw’abageni twahaye amazina ya Mukansanga Olivia na Mugenzi John bukabera i Nyarupfubire mu Murenge wa Rwimiyaga muri Nyagatare. Icyakora umunsi w’ubukwe warageze, abagiye kurongora basanga umukobwa ntawubarizwa iwabo, ubukwe burasubikwa.
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, avuga ko bagiye kongera ubuso buhingwaho Kawa no kuyongerera agaciro, ku buryo iba ikirango cy’akarere bigafasha na ba mukerarugendo bakagana.
Bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze mu Murenge wa Mukama mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko impamvu batitabira, ntibanashishikarize abaturage kwizigamira mu kigega Ejo Heza, ari uko bazi ko ubwiteganyirize bw’umuntu butangwa ari uko yapfuye, bigaragara ko hari abataramenya imikorere y’icyo kigega.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, avuga ko imishinga migari iri mu karere yazamuye iterambere ry’abaturage bayikoramo n’iry’Akarere muri rusange, ndetse ikaba iri mu bigabanya ibyatumizwaga hanze.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Ubutabazi, Marie Solange Kayisire, araburira abaturage bakunda kureka amazi mu mvura, ko babyirinda kuko biteza ibyago byinshi byo gukubitwa n’inkuba.
Abantu bagera kuri 40 biganjemo abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu kuri Moto mu Murenge wa Tabagwe, bavuga ko bambuwe n’uwari wabijeje kubigisha amategeko y’umuhanda none umwaka ukaba ugiye gushira batamubona.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange, yibukije abayobozi mu Karere ka Gatsibo, cyane cyane inzego zegereye abaturage, ko bakwiye gukora ibishoboka byose bagakumira ibiza kuko iyo bidakozwe biteza umutekano mucye.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Ingabire Assumpta, ntiyumva ukuntu Akarere ka Nyagatare kabonekamo umusaruro mwinshi w’ibihingwa ndetse n’umukamo mwinshi w’amata ariko kakarenga kakagira abana bagwingira.
Umukozi w’umuryango HDI ukora mu ishami ry’Uburenganzira bwa muntu, ushinzwe by’umwihariko uburinganire n’ubwuzuzanye, Annonciata Mukayitete, avuga ko kugumirwa ku bakobwa bifite isano n’icyiciro umuryango nyarwanda ushyiramo umuntu akivuka, umwe akaba umutware undi akaba umunyantege nke ukwiye gufashwa n’undi kubaho, (…)
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Mpunga Tharcisse, avuga ko impamvu abantu bajya mu nsengero no muri stade z’imikino badasabwa kwipimisha, nk’uko bisabwa abajya mu bukwe no mu nama zitandukanye, ari uko bo batanduzanya cyane.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Mpunga Tharcisse, avuga ko u Rwanda rwiteguye gukurikirana ubwandu bushya bwa Covid-19 bushobora kugaragara mu bantu binjira mu gihugu, ku buryo n’ingamba zishobora guhinduka bitewe n’ubukana ubwandu bwaba bufite.
Mu rwego rwo guha abaturage amazi meza, mu Murenge wa Rwimiyaga hagiye kwifashishwa ibigega bizajya bishyirwamo amazi meza abaturage bakayabonera hafi.
Umukozi mukuru w’Ikigo gishinzwe ingufu (REG) ushinzwe kwishyura ingurane z’ibyangijwe n’ikorwa ry’imiyoboro y’amashanyarazi, Louis Rutazibwa, avuga ko ku baturage barenga 4,000 babaruriwe imitungo yabo kubera ikorwa ry’imiyoboro y’amashanyarazi mu Karere ka Nyagatare, abarenga 70% bamaze kwishyurwa.
Bamwe mu baturage b’Umudugudu wa Rukundo ya mbere, Akagari ka Gacundezi, Umurenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko bamaze imyaka 10 bategereje ingurane z’imitungo yabo yangijwe hakorwa umuyoboro w’amashanyarazi ajya mu Kagari ka Kirebe bakaba barahebye.
Umuyobozi mukuru wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, ushinzwe Ubworozi Dr. Solange Uwituze, avuga ko mbere y’ukwezi kwa gatandatu abakeneye amahema afata amazi mu nzuri (Dam sheets), azaba yabagejejweho.
Nyuma y’imyaka ibarirwa muri ibiri nta muganda rusange ukorwa, tariki 26 Gashyantare 2022 wongeye gusubukurwa by’umwihariko mu Karere ka Nyagatare ukaba wibanze ku gusanira amazu abahuye n’ibiza ndetse no gusiza no kubumba amatafari yo kubakira imiryango itishoboye.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, arateguza aborozi badakoresha neza inzuri ko nibadahindura imikorere ngo zibyazwe umusaruro, bazazamburwa zigahabwa ababishoboye.
Abaturage b’Akarere ka Kayonza, cyane cyane abo mu mirenge y’icyaro bishimiye guhabwa serivisi z’ubuvuzi babasanze iwabo mu midugudu.
Ni ibihano biteganywa n’itegeko N° 010/2021 ryo ku wa 16/02/2021, rigena imitunganyirize y’Uburezi mu Rwanda.
Umukozi wo muri Laboratwari y’Ikigo nderabuzima cya Matimba, Renzaho Jean Bosco, ari mu maboko ya RIB Sitasiyo ya Matimba, akekwaho inyandiko mpimbano aho yahaye ibyemezo abantu bihamya ko batarwaye Covid-19 atabapimye.