Bamwe mu basore ndetse n’abagabo bo mu karere ka Burera basiramuye bashishikariza bagenzi babo badasiramuye kwisiramuza kuko bifitiye akamaro uwabikoze ariko bakabasaba kujya kwa muganga aho kujya kwisiramuza muri magendu.
Mu karere ka Burera, mu gihe cy’impeshyi, nibwo abasore benshi bakunze gushinga ingo, aho bajya gusezerana n’abo bagiye kurushingana ku murenge, imbere y’amategeko ndetse no mu kiliziya, imbere y’Imana.
Umusaza Ntibazirikana Venant utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, avuga ko mu bintu yibuka cyane bikamushimisha byabaye akiri umusore ari uko yabonye imbona nkubone umwami w’u Rwanda Mutara III Rudahigwa ubwo yanyuraga mu gace yari atuyemo.
Umusaza Barangirana Edouard, utuye mu murenge wa Cyanika, akarere ka Burera, araburira abagabo bakunda gukubita abagore babo ababwira ko inkoni itubaka urugo ko ahubwo irusenya burundu.
Umugore witwa Mukankusi Eugenie utuye mu murenge wa Rugarama, akarere ka Burera, avuga ko yahagaritse umurimo wo kwigisha mu mashuri abanza maze ajya mu murimo wo guhinga ndetse no gutubura imbuto y’ibirayi kuko ariwo utanga amafaranga menshi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko gukoresha imashini zihinga mu buhinzi bwo muri ako karere bifite imbogamizi, kubera ko ako karere kagizwe ahanini n’imisozi myinshi kandi miremire.
Abaturage bo duce dutandukanye two mu karere ka Burera batangaza ko guherekeza umubyeyi wabyariye kwa muganga bakamugeza mu rugo ari umuco wabo ngo kuko baba bishimira ko umuryango wabo wungutse undi mwana.
Umuyobozi w’akarere ka Burera asaba abaturage bo muri ako karere kwirinda gutwika ibisigazwa bahuyemo ibishyimbo ndetse n’ibindi byatsi mu rwego rwo kwirinda inkongi z’umuriro zishobora kwibasira imisozi, ibidukikije bikahangirikira.
Umusore witwa Nsanzimana Evariste, wari utuye mu kagari ka Kagitega, umurenge wa Cyanika, akarere ka Burera, yitabye Imana akubiswe ibuye mu mutwe bikaba bikekwa ko yishwe na mugenzi we bari bavanye mu bukwe, basangiye ikigage.
Umugore witwa Dusabemungu Spéciose utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, atangaza ko ubworozi bw’ingurube ari ingirakamaro cyane kuko bwamufashije kwiga kaminuza akayirangiza kandi bukaba bunamufasha kurihira abana be batandatu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko umusaruro w’ubuhinzi bateganya kubona mu mwaka wa 2013 uzaba ari muke kuko havuye izuba ryinshi rigatuma imwe mu myaka abaturage bari barahinze yuma kandi itari yera.
Mukantambiye Xaverine ufite imyaka 65 utuye mu murenge wa Rusarabuye, akarere ka Burera, atangaza ko amaze imyaka 20 yose yaratawe n’umugabo we kuburyo ngo ubu atazi iyo aba.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, busaba abaturage kureka ingeso yo kujya mu kabari mu gitondo bagiye kunywa ikigage kuko bituma birirwa mu kabari bagasinda bityo ntibitabire umurimo.
Mu karere ka Burera, cyane cyane mu mirenge yegereye umupaka ugabanya u Rwanda na Uganda, hakunze kugaragara inzoga yitwa Blue Skys, ikorerwa muri Uganda, itemewe gucuruzwa mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, burasaba abacuruzi bo muri uwo murenge guca ukubiri n’ubucuruzi bw’izoga zitemewe gucuruzwa mu Rwanda kuko zifatwa nk’ibiyobyabwenge.
Santere ya Kidaho, iri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, imaze imyaka igera kuri itatu nta bwiherero rusange igira kuburyo byateje umwanda muri iyo santere kuko abahacururiza ndetse n’abaza kuhahira bihagarika aho babonye.
Abanyeshuri bo mu karere ka Burera barangije icyiciro cya mbere cy’itorero ryo ku Rugerero batangaza ko bishimira kuba baragiye ku Rugerero kuko byatumye bakoresha imbaraga zabo mu kubaka igihugu cyababyaye.
Abanyeshuri bo mu karere ka Burera barangije ikiciro cya mbere cy’urugerero batangaza ko bishimira kuba baragiye ku Rugerero ariko bakavuga ko hari ibikwiye guhinduka kugira ngo abazakora urugerero mu gihe kizaza bazarukore uko bikwiye.
Umusore witwa Niyomugabo David utuye mu kagari ka Gasiza, umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, yakomerekejwe n’imbogo ubwo iyo mbogo yavaga muri parike y’ibirunga maze ikajya mu baturage igateza umutekano muke.
Umukecuru witwa Consolata Nyirabusanane utuye mu murenge wa Gitovu, akarere ka Burera ashima ubuyobozi bwatumye ava mu bukene bigatuma abasha gufasha umwana we kwiga amashuri yisumbuye ndetse na kaminuza.
Abagize umushinga witwa KAUKO (Kanguka Ukore) uherereye mu murenge wa Rugarama, akarere ka Burera, ukora umutobe mu bisheke, batangaza ko bahanze uwo mushinga mu rwego rwo kwikura mu bukene bagamije kugera ku iterambere rirambye.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abahinzi bose bo muri ako karere kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi ku butaka buto bafite kuburyo ibihungwa byeraga kuri hegitari imwe biziyongera bikaba byinshi kurushaho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko “Abarembetsi” baza ku isonga mu bintu biteza umutekano muke muri ako karere kuburyo n’abaturage bo muri ako karere babatinya kuko baba bazi ko babagirira nabi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burasaba abaturage bo muri ako karere kugira amakenga kugira ngo batazahabwa amafaranga y’amiganano kuko muri ako karere hafatiwe abantu bayafite ndetse n’umwe mu bakekwaho kwigana kuyakora.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burakomeza gushishikariza abaturage bo muri ako karere kurara irondo kugira ngo bafashe inzego zishinzwe kubungabunga umutekano bityo umutekano ukomeze usagambe.
Jean Christophe Rusatira yahawe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO), kubera uruhare yagize mu kurwanya itabi. Icyo gihembo yagihawe ari umwe muri batanu batoranyijwe ku rwego rwa Afurika.
Abaturage bo mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, bafatanyije n’ubuyobozi bwabo ndetse n’inzego zishinzwe kubungabunga umutekano muri ako karere bameneye mu ruhame ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga miliyoni ebyiri n’ibihumbi 910.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya E.S.Gahunga riherereye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, barasaba ubuyobozi bw’ako karere kubarinda impanuka bakunze guhura nazo kubera umuhanda wa kaburimbo unyura mu kigo cyabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burasaba abaturage bo muri ako karere bafite “ibicugutu” cyangwa “ibitogotogo” bikoze mu biti ko barekera aho kubigendaho kugira ngo birinde impanuka bibatera.
Umugabo wiyita umuvugabutumwa yavugiye “ubutumwa bw’Imana” mu isoko riri muri santere ya Kidaho, mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, abantu benshi baza kumva ubwo butumwa bwe bigera n’aho bamuha amaturo.