Imiryango 51 itishoboye yo mirenge itandatu yo mu karere ka Burera yagabiwe inka muri gahunda ya “Gira Inka” munyarwanda isabwa kuzifata neza, bakaziragira neza, kugira ngo zizabavane mu mukene kandi nabo bazaziturire bagenzi babo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko umwaka wa 2013 urangiye abaturage bamaze gutanga amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mitiweri) babarirwa kuri 73%. Ngo ariko hari ingamba zafashwe kuburyo mu ntangirizo z’umwaka wa 2014 abo basigaye nabo bazayatanga.
Abaturage bo mu karere ka Burera bavuga ko guturira umupaka bibafitiye akamaro kuko ibyo baba badafite bajya kubihaha mu gihugu baturanye maze bigatuma habaho ubuharirane hagati y’abaturage batuye ibihugu byombi.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, butangaza ko imiryango itandatu yo muri uwo murenge iturukamo abantu bapfuye bagwiriwe n’urusengero yafashwe mu mugongo bu buryo bushoboka ihabwa ibintu bitandukanye.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 10 wari utuye mu murenge wa Bungwe, mu karere ka Burera, yapfuye nyuma yo guterwa igiti mu mutwe n’umwe mu basore barimo barwana ubwo batahaga bavuye kwishimira Noheli.
Abakirisitu Gatolika bo mu karere ka Burera bafata umunsi mukuru wa Noheli nk’umunsi udasanzwe kuburyo bateganya ibyo bagomba guhemba umubyeyi Bikira Mariya uba wibarutse umwana Yezu.
Umuntu umwe yapfuye abandi umunani barakomereka mu mpanuka ya “Taxi Twegerane” na Fuso byagonganiye muri santere yo “Ku Rukiko”, mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, mu ma saa kumi z’umugoroba ku cyumweru tariki ya 22/12/2013.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko imirimo yo kubaka isoko mpuzamahanga rya Cyanika, riri ku mupaka wa Cyanika muri ako karere, izatangirana n’umwaka wa 2014 aho gutangira mu mpera z’umwaka wa 2013 nk’uko byari byarateganyijwe.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, asaba abaturage bo muri ako karere kwirinda gusesagura mu gihe cy’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani ahubwo bakibuka kuzigamira n’igihe kiri imbere.
Abanyeshuri bafashwa kwiga amashuri yisumbuye n’umushinga Partners In Health, Inshuti Mu Buzima bo mu karere ka Burera baratangaza ko uwo mushinga wabafashije cyane kuko iyo batawugira bari kuba baravuye mu ishuri.
Abahinzi b’ibirayi bo mu karere ka Burera bavuga ko iyo umusaruro w’ibirayi wabaye mwinshi bibatera igihombo kuko abacuruzi babirangura ku giciro cyo hasi cyane maze bigatuma amafaranga batakaje babihinga batayakuramo.
Abakomoka mu muryango wa Rukara rwa Bishingwe batuye mu mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, basaba ko mu gace Rukara rwa Bishingwe akomokamo hakubakwa inzu cyangwa hagashyirwa ikindi kimenyetso kigaragaza amateka y’uyu mugabo.
Umucuruzi Habumuremyi Alphonse n’umusilikare Sgt Ayishakiye Bonaventure bakatiwe gufungwa burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kugira uruhare mu rupfu rw’umucuruzi Habimana Sostène wiciwe mu karere ka Burera mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2013.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arasaba abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bari mu itorero, gukunda umurimo baharanira kwihesha agaciro kuko ariko shingiro rya byose.
Abaturage bo mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, bidagaduye, barishima ubwo “Tigo” isosiyete icuruza iby’itumanaho mu Rwanda ndetse n’umushinga “Ni Nyampinga” bajyaga kwerekana bimwe mu bikorwa byabo muri ako gace.
Umuhinzi wa kijyambere witwa Shiragahinda Augustin utuye mu murenge wa Cyanika, akarere ka Burera, avuga ko yahisemo guhinga kijyambere ibishyimbo kuko bimuha umusaruro mwinshi bityo nawe akabona amafaranga atubutse.
Uwambajemariya Florence, umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera, ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, arashishikariza urubyiruko rwo muri ako karere guharanira icyabateza imbere biga bashyizeho umwete, batava mu ishuri kuko aribo bazaragwa u Rwanda.
Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda, Madame Margarita Leoni Cuelenaere, arashima ibikorwa by’ikusanyirizo ry’amata rya Cyanika ngo kuko bigaragara ko rizazamura aborozi bo mu karere ka Burera bakava mu bukene bakagera ku iterambere rirambye.
Umugabo umwe muri bane bashinjwa kugira uruhare mu rupfu rw’umucuruzi Habimana Sostène, yagizwe umwere naho abandi batatu barimo n’umusilikare umwe, bazasomerwa imyanzuro y’urubanza tariki 06/12/2013.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko hari bamwe mu bakozi bo muri ako karere bagaragaweho gucunga nabi umutungo wa Leta kuburyo ngo hagiye gukorwa igenzura ryihariye basanga abo bakozi ibyo baregwa bibahama bagashyikirizwa inkiko, bagahanwa hakurikijwe amategeko.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwahagurukiye abakozi bakorera muri ako karere batujuje ibyangombwa ku buryo bitarenze ukwezi kwa 11/2013 umukozi uzaba ataruzuza ibyangombwa bisabwa azahagarikwa ku kazi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko ibikorwa byo kubaka isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika, uhuza u Rwanda na Uganda, bizaba bigeze ku kigero cya 30% mu mwaka wa 2014.
Urwego rw’igihugu rushinwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo GMO, Gender Monitoring Office rutangaza ko mu Rwanda hakiri benshi mu bagore n’abagabo bumva ko umugabo afite uburenganzira bwo gukubita umugore kubera impamvu iyo ari yo yose.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana, arasaba abapolisikazi kwiyubaha ndetse no kubahiriza indangagaciro za Polisi y’u Rwanda, kugira ngo bakore umurimo bashinzwe uko bikwiye bihesha agaciro.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko bwahigiye gufatanya n’utundi turere two mu ntara y’amajyaruguru kugira ngo bazagure imodoka ya “Kizimyamwoto” izajya ibafasha guhangana n’inkongi z’umuriro muri iyo ntara.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu ngamba nshya bafite zo kurwanya ikiyobyabwenge cya kanyanga harimo kwigisha abazwiho kuyicuruza ndetse no kuyinywa kugira ngo bahinduke, batahinduka hakitabazwa amategeko ahana.
Abaturage bo mu mirenge ya Kivuye, Gatebe ndetse na Bungwe, mu karere ka Burera, bari kumwe n’abayobozi batandukanye bo muri ako karere, bamennye litiro 2258 z’ikiyobyabwenge cya kanyanga mu rwego rwo kukirwanya.
Aborozi b’inka zitanga amata bo mu karere ka Burera batangaza ko ikusanyirizo ry’amata begerejwe ryatumye barushaho kumenya agaciro k’inka kuko basigaye babona amafaranga aturutse ku mata bagurisha kuri iryo kusanyirizo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu mihigo y’umwaka 2013-2014 bazubaka “Dortoire” y’abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri cya E.S. Kirambo, yibasiwe n’inkongi y’umuriro igashya igakongoka.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko buzakomeza kongera umusaruro w’amafi mu biyaga bya Burera na Ruhondo ndetse no mu byuzi kuburyo ngo bateganya ko mu mwaka wa 2014 bazaba basarura toni 200 z’amafi.