Amakuru aturuka mu buyobozi bw’akarere ka Burera atangaza ko ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda, uri mu Cyanika, mu karere ka Burera, hagiye kubakwa isoko mpuzamahanga.
Niyitegeka Emmanuel na Gatera Emmanuel bafungiye kuri Station ya Polisi ya Gahunga mu karere ka Burera, nyuma yo gufatanywa imifuka 97 y’ifumbire mvaruganda yo mu bwoko bwa UREA bagiye kuyigurisha magendu muri Uganda.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru asaba abaturage bo mu karere ka Burera gukomeza gushyigikira Leta y’u Rwanda ariko batayishyigikira mu magambo gusa ngo ahubwo bayishyigikira no mu bikorwa.
CARITAS ikorera muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri yagabiye inka imiryango 18 igizwe n’ababana n’ubwandu bwa SIDA, ikomoka mu mirenge ya Gahunga na Cyanika, mu karere ka Burera, ngo zibafashe kuva mu bukene ndetse no guhangana n’uburwayi bafite.
Bamwe mu baturage baturiye ahacukurwa amabuye y’agaciro na sosiyete yitwa New Bugarama Mining, mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, ndetse n’abahacunga umutekano, bagiranye ubushyamirane bwabyaye imvururu maze zituma hakomereka abantu bane barimo babiri bakomeretse bikomeye.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru asaba abahinzi bo mu karere ka Burera gutunganya ubuhinzi bwabo, bahuza ubutaka kandi bibanda mu guhinga ibihingwa byatoranyijwe, badahinga ibyo kubatunga gusa ahubwo bahinga ibibaha amafaranga.
Ikigo cy’amashuri Groupe Scolaire Musasa giherereye mu murenge wa Gitovu mu karere ka Burera kimaze guca agahigo muri ako karere mu gutsindisha abana bose bacyigaho kuburyo mu myaka itanu ishize aricyo cyihariye umwanya wa mbere muri ako karere.
Abakristu Gatolika bo mu karere ka Burera batangaza ko ku munsi mukuru wa Pasika bibuka ho izuka rya Yezu Kristu ariko banazirikana abakristu bagenzi babo b’abakene babafasha mu buryo butandukanye.
Perezida mushya w’inama njyanama y’akarere ka Burera, Bumbakare Pierre Celestin, arasaba abajyanama bose kujya bamugezaho ibyifuzo cyangwa ingingo zigomba kwigirwa hamwe mu nama mbere y’uko iyo nama iba.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko buri gukora ibishoboka kugira ngo za SACCO zose zo muri ako karere zibashe kugezwaho ikorababuhanga rya interineti mu rwego rwo kongera umutekano w’amafaranga abitse muri ibyo bigo by’imari.
Umuyobozi w’akarere ka Burera wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Zaraduhaye Joseph, atangaza ko bari gukora ibishoboka byose kugira ngo bagaruze amafaranga miliyoni 42 n’ibihumbi 780 ba bihemu bambuye ibigo by’imari iciriritse (Microfinance) byafunze imiryango.
Uhagarariye Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) mu Ntara y’Amajyaraguru atangaza ko abacuruzi bafite igicuruzo kitarenga miliyoni ebyiri basonewe kwishyura umusoro ku nyungu ariko bazakomeza kwishyura ipantante nk’uko bisanzwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko ibiyobyabwenge aribyo biteza umutekano muke muri ako karere ku buryo ngo bafashe ingamba zo kubihashya ndetse barwanya ubusinzi mu baturage.
Intumwa z’abanye-Togo bakoreye urugendoshuri mu karere ka Burera zitangaza ko ibyo zabonye ndetse n’ibyo zigiye muri ako karere zizagerageza kubishyira mu bikorwa iwabo kuko zabonye bifitiye akamaro abaturage.
Amakuru aturuka mu nkiko z’ibanze zo mu karere ka Burera avuga ko izo nkiko zifite ibirego byinshi by’ubutane aho abagore cyangwa abagabo basaba gutana n’abo bashakanye kuburyo inzego z’ibanze zisabwa gufata ingamba zo gukubikumira.
Mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Burera, ituriye umupaka ugabanya u Rwanda na Uganda hakunze kugaragara imiryango cyangwa abagore batawe n’abagabo babo maze bakigira muri Uganda.
Ubuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya E.S. Kirambo, riri mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, buracyasaba ubufasha bwo kubaka “Dortoire” y’abanyeshuri yibasiwe n’inkongi y’umuriro iturutse ku mashanyarazi, mu mpera z’umwaka wa 2012.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Burera yabaye tariki 14/03/2013, hagaragajwe ko mu gihe cy’iminsi 60 ishize abana barindwi, bo mu mirenge itandukanye yo muri ako karere, bamaze gufatwa ku ngufu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu rwego rwo gukomeza guhashya ikiyobyabwenge cya kanyanga hafashwe ingamba ko umudugudu uzajya ufatirwamo kanyanga abawutuye bazajya babibazwa.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru ashishikariza abaturage bo mu murenge wa Nemba, mu karere ka Burera, kwitabira gukora umuganda kuko umuganda ariwo gisubizo ku bibazo u Rwanda rufite.
Abaturage bo mu kagari ka Nyagahinga, mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera basobanuriwe ububi bwa kanyanga na African Gin aho ngo biyobya ubwenge by’uwabinyweye akageza naho ahuma amaso ntabone neza.
Abaturage bo mu kagari ka Nyagahinga mu murenge wa Cyanika muri Burera barashimira abanyeshuri bo mu Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi n’Ubworozi rya Busogo, ISAE Busogo, kubera ko babaremeye ndetse bakabafasha kurwanya isuri yabangirizaga imirima.
Niyitegeka Galvalic na Ngendahimana Samuel bari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda kuri Station ya Gahunga mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera nyuma yo gutabwa muri yombi na Polisi batwaye toni eshanu z’ifumbire mvaruganda yo mu bwoko bwa UREA bagiye kuyigurisha magendu muri Uganda ku tariki ya 09/03/2013.
Minisitiri w’uburezi mu Rwanda, Dr.Vicent Biruta, atangaza ko kuba umugore mu Rwanda yarahawe agaciro atari ko mu bindi bihugu byo ku isi bimeze, kuko hari ibihugu bimwe na bimwe usanga bidaha abagore uburenganzira ubwo aribwo bwose.
Mudasobwa za One Laptop per Child zikoranye ubuhanga ngo ku buryo hari uburyo bazifunga n’uwayiba ikaba itagira icyo imumarira nk’uko Mukarutwaza Alphonsine, umwe mu barimu bahuguriwe ibijyanye n’izo mudasobwa, abitangaza.
Ababyeyi bo mu karere ka Burera bafite abana biga mu mashuri abanza batangaza ko gahunda ya One Laptop per Child ari ingira kamaro, kuko ituma abana babo biyungura ubwenge haba mu ikoranabuhanga ndetse no mu bundi bumenyi bwo mu ishuri.
Ubucuruzi bushya bumeze nka “tombola” bumaze gukurura benshi Karere ka Burera ku buryo aho bukorerwa usanga huzuye abaturage benshi kuruta abahahira mu yandi masoko, ababwitabira bagerageza amahirwe yabo batanga igiceri cya 50 gusa, bamwe bagahomba abandi bakunguka.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, asaba Intore ziri ku Rugerero muri uwo murenge gukomeza gukora Urugerero badacika intege nubwo bamenye amanota yabo y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye.
Abarimu bigisha mu mashuri abanza ku kigo cya Birwa II, ku kirwa cya Bushonga, kiri mu kiyaga cya Burera, umurenge wa Rugarama mu karere ka Burera barasaba ubuyobozi kubafasha kugira ngo boroherwe no kwigisha kuri icyo kirwa.
Umukobwa witwa Uwintije Gaudence utuye ku kirwa cya Bushonga, kiri mu kiyaga cya Burera, mu murenge Rugarama, akarere ka Burera, niwe mukobwa wa mbere urangije amashuri yisumbuye, kuva icyo kirwa gituyeho abantu.