Imodoka yo mu bwoko bwa DAIHATSU Delta, yari ipakiye amasaka n’imyumbati ibikuye muri Uganda ibijyanye mu mujyi wa Musanze, yabuze feri maze igonga Taxi Twegerane yari ihaparitse ariko ntihagira umuntu n’umwe ukomereka.
Abahinzi bo mu karere ka Burera bashyiriweho ivuriro bazajya bagana kugira ngo bagirwe inama bityo babashe kuvura ibihingwa byabo maze umusaruro wabo urusheho kwiyongera, bihaze kandi basagurire amasoko.
Umusore witwa Munyentwari bakunze kwita Gatoki wari utuye mu kagari ka Nyagahinga, umurenge wa Cyanika, akarere ka Burera, yitabye Imana nyuma yo guterwa ibuye mu mutwe nabo bagiranye amakimbirane ubwo barimo basangira inzoga.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Samuel Sembagare, ashishikariza abaturage bo muri ako karere guhindura imyumvire bakitabira gutura mu midugudu bityo bakagezwaho ibikorwa remezo by’iterambere kandi bakava ahantu bashobora kwibasirwa n’ibiza.
Umuyobozi w’akarere ka Burera atangaza ko ikigo nderabuzima cya Rugarama, mu murenge wa Rugarama, kiri hafi gutangira kubakwa kuko amwe mu mafaranga ateganywa kucyubaka yabonetse n’isoko ryo kucyubaka rikaba ryaratanzwe.
Urubanza rw’abagabo bane, abasivili batatu ndetse n’umusilikare umwe, bashinjwa kugira uruhare mu rupfu rw’umucuruzi Habimana Sostène, rwasubitswe nyuma yo gusanga umwe muri abo bagabo adafite umuburanira imbere y’amategeko. Ruzasubukurwa tariki 20/11/2013.
Abarimu bigisha mu mashuri abanza bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, bavuga ko bimwe mu bibazo buhura nabyo harimo gahunda yo guhinduranya abanyeshuri mu ishuri rimwe bita “Double Shifting” ngo kuko ituma badakurikirana abanyeshuri uko bikwiye.
Ikigo k’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (Rwanda Transport Agency: RTDA) gitangaza ko mu ntangiriro z’umwaka wa 2014 hazatangira inyigo yo gusana umuhanda Musanze-Cyanika.
Imiryango 200 ikennye yo mu murenge wa Bungwe, mu karere ka Burera, yafashijwe guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi ihabwa imbuto z’ibihingwa bitandukanye ndetse n’inyongeramusaruro bizabafasha kwihaza mu biribwa.
Mu mpera z’uyu mwa wa 2013 nibwo hategwanyijwe itangira ry’ibikorwa byo kubaka isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, uri mu Cyanika, mu karere ka Burera, mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abahinzi n’aborozi bo mu ako karere kwikuramo ipfunwe ryo kumva ko bari inyuma y’abandi bantu nyamara aribo bafite agaciro gakomeye mu mibereho y’abantu.
Aborozi b’inzuki (Abavumvu) bo mu gace kegereye ibirunga, mu karere ka Burera, bari mu ihuriro ry’abavumvu ryitwa UNICOPAV batangaza ko bafite umusaruro mwinshi w’ubuki ariko baburiye isoko, bakaba basaba ubuyobozi kubashakira isoko.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’amashuyi cya E.S.Kirambo kiri mu murenge wa Cyeru, akarere ka Burere, butangaza ko bukeneye ubufasha kuko imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yashenye amazu atandukanye yo muri icyo kigo arimo ibyumba by’amashuri.
Abantu batandatu bitabye Imana bagwiriwe n’urusengero rwagushijwe n’imvura nyinshi ivanze n’umuyaga, yaguye mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, tariki 22/09/2013, bashyinguwe mu cyubahiro.
Abahinzi n’aborozi bo mu karere ka Burera basobanuriwe ibijyanye n’umushinga LIFAM (Linking Farmers to Martkets) uzabongerera ubushobozi mu mikorere ndetse ugatuma banabona amasoko y’umusaruro wabo, yaba mu Rwanda ndetse no hanze yarwo.
Umushinga Partners In Health: Inshuti Mu Buzima wahaye imbangukiragutabara (Ambulance) nshya ibitaro bya Butaro, biri mu karere ka Burera, kugira ngo ijye ibafasha mu bikorwa by’ubuvuzi ndetse no gutabara imbabare byihuse.
Nizeyimana Festo na Manirafasha Mico bakomoka mu karere ka Musanze bafatiwe mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, tariki 18/09/2013, bafite inka bibye mu murenge wa Nyange ho mu karere ka Musanze.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Ruhunde, akarere ka Burera, bagana ikigonderabuzima cya Ruhunde kiri mu murenge wabo, bavuga ko bahabwa serivisi mbi na bamwe mu baganga bahakora babakira nabi bakabarangarana kandi baba barwaye.
Abagabo bane bo mu kagari ka Gaseke, mu murenge wa Ruhunde, akarere ka Burera, bashinjwa gufatanwa ikiyobyabwenge cya kanyanga baciriwe urubanza imbere y’imbaga y’abaturage batuye muri ako gace.
Sezikeye Vincent utuye mu murenge wa Cyanika, akarere ka Burera, ngo atewe agahinda no kuba abajura baribye inka ye y’inzungu ihaka maze bakayibaga inyama bakazigurisha kandi yari imufatiye runini umuryango we.
Umugabo witwa Matabaro Isaië ukomoka mu karere ka Nyamagabe akaba atuye muri Gasabo mu mujyi wa Kigali, avuga ko kuba aheka umwana we mu mugongo akajya mu nzira akagenda nta gisebo n’isoni bimutera ngo kuko umwana ari uwe kandi yumva uburinganire hagati y’umugabo n’umugore bikwiye kuba umuco nyarwanda.
Bamwe mu bantu babyaye abana benshi bo mu karere ka Burera bavuga ko kuba bataraboneje urubyarobabitewe no kutamenya kandi ngo batangiye kubona ingaruka zabyo muri iki gihe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burashishikariza abaturage kuzitabira amatora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeli 2013, ariko banibuka ko agomba gukorwa mu ituze birinda icyabateranya.
Ishyaka riharanira Demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD) ryiyamamaje mu karere ka Burera rikangurira Abanyaburera ndetse n’abarwanyashyaka baryo bo muri ako karere kuzaritora ngo kuko ribafitite hagunda nshya kandi nziza.
Mu bitaro bya Butaro biherereye mu karere ka Burera, kuwa 20/08/2013, hatashywe ikigo gishya kitwa Butaro Ambulatory Cancer Center kizajya kivurirwamo abarwayi ba kanseri baturutse mu Rwanda no hanze yarwo ariko bataha aho kuhaba.
Umusaza witwa Habimana Bartazar utuye mu murenge wa Nemba mu karere ka Burera, avuga ko ahorana ibyishimimo kuko amaze imyaka 35 akora ibikorwa by’ubwitange by’ubutabazi no gufasha imbarare.
Mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Burera ngo hakunze kugaragara abantu batabwa muri yo mbi bakoze ibyaha runaka noneho bagashaka uburyo bikomeretsa kugira ngo batajyanwa mu buroko.
Kwimura abaturage ku kirwa cya Bushongo giherereye mu kiyaga cya Burera, ho mu murenge wa Rugarama, akarere ka Burera, biracyarimo ingorane kuko Abanyabushongo batumvikana n’abashoramari bashaka kubagurira ubutaka.
Umusaza witwa Nsekerabanzi Daniel, ufite imyaka 91 y’amavuko, utuye mu murenge wa Cyanika, akarere ka Burera, yasezeranye imbere y’amategeko n’umugore we ufite imyaka 71 y’amavuko kugira ngo babane byemewe n’amategeko.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, butangaza ko ku kirwa cya Cyuza kiri mu kiyaga cya Burera, muri uwo murenge, hari kubakwa inzu abakerarugendo n’abandi bantu babyifuza bazajya baruhukiramo bareba ibyiza bitatse u Rwanda.