Polisi yo mu karere ka Burera icumbikiye umugabo witwa Felix Ntaganzwa, ukekwaho kwiba moto ya Anastase Nteziryayo, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ruhunde.
Cyanika Cross Border, Koperative y’abahoze bakora forode, bazwi ku izina ry’ “abafozi”, biyemeje kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda bakusanya amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 120 yo gushyira mu kigega Agaciro Development Fund (AgDF).
Harerimana Eric bakunze kwita Kibamba uregwa kwica umucuruzi Habimana Sostène amurashe ndetse n’umucuruzi Habumuremyi Alphonse wamuhaye icyo kiraka, batawe muri yombi n’inzego za Polisi y’u Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa kane tariki 17/01/2013.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abaturage bo muri ako karere kwirinda abantu bababwira ibihuha kuko abantu nk’abo ari abanzi b’igihugu cy’u Rwanda.
Umucuruzi Habimana Sostène wishwe n’amasasu ku mugoroba wa tariki 15/01/2013 mu gasantere ka Kurwibikonde mu karere ka Burera, ngo ashobora kuba yarashwe kubera amakimbirane aturutse ku bucuruzi.
Umuntu umwe yitabye Imana ubwo abantu bataramenyekana barasiraga imodoka mu gasantere kitwa Kurwibikonde kari mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 15/01/2013.
Santere ya Butaro iherereye mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera ni imwe mu masantere yo muri ako karere ari gutera imbere cyane. Ukurikije icyaro iherereyemo ifatwa nk’umujyi kubera ibikorwa bihakorerwa.
Abana b’abasigajwe inyuma n’amateka biga mu mashuri abanza, batuye mu murenge wa Butaro, akarere ka Burera, bahawe ibikoresho by’ishuri kugira ngo bibafashe kwiga kuko kubura ibikoresho aribyo byatumaga batagana ishuri.
Imbuto Foundation irashishikariza ababyeyi bo mu karere ka Burera kujya baganiriza abana babo kugira ngo bamenye ibibazo bafite bityo abo bana bamenye gukora igikwiye bibaviremo kwirinda ibibazo bitandukanye birimo n’icyorezo cya SIDA.
Filimi “Ineza Yawe” y’umukinnyi ndetse n’umuhimbyi w’amafilimi utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera biteganyijwe ko izashyirwa ahagaragara mu mpera z’ukwezi kwa mbere mu mwaka wa 2013.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera batangaza ko amafaranga acibwa umubyeyi utabyariye kwa muganga ari menshi, ngo yari akwiye gukurwaho kuko babona ari ukubarenganya.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera batangaza ko amahugurwa bahawe mu ikoranabuhanga rikoresha telenone igendanwa rizabafasha mu bintu bitandukanye birimo ubuhinzi n’ubworozi.
Abaturage bo mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera barishimira kuba begerejwe ikigo nderabuzima, bakaba bagiye kujya bivuriza hafi kuko mbere bakoraga urugendo rurerure bajya kwivuza bigatuma abarwayi barushaho kuremba.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Cyanika mu karere ka Burera, butangaza ko muri uwo murenge hakunze kugaragara ikibazo cy’abantu benshi bata indangamuntu bakajya kwaka ibyemezo bizisimbura kuburyo bimaze kuba nk’icyorezo.
Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha bitaraba (Community Policing Committees: CPCs) zo mu karere ka Burera zahawe telefone zigendanwa kugira ngo zijye zibafasha gutanga amakuru vuba kandi neza mbere y’uko icyaba kiba.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abatuye muri ako karere bose gushishikariza Abanyarwanda baba bazi bakiri mu mashyamba ya Kongo n’ahandi gutahuka kugira ngo baze bafatanye n’abandi kubaka urwababyaye.
Kuba kuri Noheli aribwo abantu benshi bitabira kujya mu misa ngo ni uko hari ababa bazanywe n’ibindi bitari ugusenga biyumvisha ko ibyo bintu bagomba kubibona kuri uwo munsi ari uko bagiye mu misa.
Abasore n’inkumi bo mu karere ka Burera bizihiza cyane umunsi mukuru wa Noheli ku buryo bamwe muri bo basanzwe bakundana bategereza uwo munsi bakishyingira ababyeyi babo batabizi.
Abakirisitu Gatolika bo mu karere ka Burera batangaza ko umunsi mukuru wa Noheli bawufata nk’umunsi udasanzwe kuburyo bateganya ibyo bagomba guhemba umubyeyi Bikira Mariya uba wibarutse umwana Yezu.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera rutangaza ko abenshi muri bo badakoresha gakingirizo bigatuma abakobwa baho batwara inda batateguye.
Abarema isoko rya Kinyababa, riri mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera barishimira ubwiherero bushya bwubatse hafi y’isoko kuko bwatumye muri iryo soko ndetse no mu nkengero yaryo hagaruka isuku.
Umusaza witwa Tharcisse Kamamanzi utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera ngo yibuka ko akiri umusore yanyweye inzoga, yita byeri (bière), yitwaga Rwanda-Burundi igura amafaranga 15.
Minisitiri w’Intebe wo mu gihugu cya Burkina Faso, Beyon Luc-Adolphe Tiao, yashimye ibitaro bya Butaro, biri mu karere ka Burera, ndetse n’imikorere yabyo ubwo yabisuraga kuri iki cyumweru tariki 16/12/2012.
Umusaza witwa Hangariya Victor w’imyaka 65 ubana n’ubumuga bwo kutagira akaguru atunzwe no gusana imitaka kandi ngo agakora agakunze kubera ko kamubesheje ho n’umuryango we.
Umwana w’umukobwa ufite imyaka 16 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, yanyweye ikigage kizwi ku izina ry’Umurahanyoni arasinda cyane, ata ubwenge hafi yo kwitaba Imana.
Abajura bataramenyekana bibye amafaranga miliyoni imwe n’ibihumbi 20 muri depot iranguza ibinyobwa bya Bralirwa iherereye muri santere ya Kidaho, mu murenge wa Kagogo mu karere ka Burera, mu ijoro rya tariki 12/12/2012.
Umusore w’umugande witwa Byiringiro Thomas uregwa kwiba moto muri Uganda akaza gufatirwa mu Rwanda aho yari aje kuyigurisha yashyikirijwe Polisi ya Uganda kugira ngo azakurikiranwe n’inkiko zo muri icyo gihugu.
Abibumbiye muri Koperative CODU TK (Duhange Udushya Tunoze Kinoni) iherereye mu murenge wa Kinoni, mu karere ka Burera bafite ubuhanga bwo gukora ibikoresho bitandukanye mu mahembe y’inka bakabigurisha bakabona amafaranga yo kwikenura.
Umukecuru witwa Merisiyana Nyirakaje utuye mu murenge wa Rusarabuye, mu karere ka Burera, arashimira umuryango wa FPR-Inkotanyi kuba waramutuje aheza mu nzu nziza maze akava mu mwanda yabagamo.
Umugaba w’Inkeragutabara (Reserve Forces) atangaza ko u Rwanda ntawe rusaba imbabazi cyangwa uburenganzira bwo kurinda umutekano warwo kuko Abanyarwanda bafite uburenganzira bwo kubaho neza.