Nyirangirinshuti Claudine wo mu Karere ka Gisagara, abantu bataramenyekana bamutekeye umutwe bamutwara asaga Miliyoni 2.5RWf bamusigira amakayi ya musana.
Polisi y’igihugu ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba irakangurira ababyeyi kwita ku burere bw’abana babo bakababa hafi bakabarinda impanuka zo mu muhanda.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu buvuga ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge gikomeye muri Nyarugenge kuko abenshi mu bafungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyarugenge bazira ibiyobyabwenge.
Ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, abaturage bo muri Gatsibo bubatse sitasiyo za Polisi 10 mu mirenge 10 mu rwego rwo kwicungira umutekano.
Amakuru aturuka muri Polisi y’Igihugu aravuga ko Koperative Isange SACCO y’Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Huye ishobora kuba yibwe n’abakozi bayikoramo.
Imvura ivanze n’umuyaga yasenye inzu 58 zo mu Murenge wa Runda, mu Karere ka Kamonyi, inangiza imyaka irimo ibigori n’insina.
Ikamyo ebyiri zagonganiye ahitwa "Mu Rwabashyashya" mu Karere ka Kamonyi zifatwa n’inkongi y’umuriro zirakongoka.
Abana babiri bo mu Karere ka Bugesera barwariye mu bitaro bya Nyamata nyuma yo gutwikwa ibiganza na ba se bababyara.
Umukobwa ufite imyaka 33, wo mu Karere ka Bugesera yarohamye mu kiyaga cya Cyohoha ya ruguru ubwo yaragiye kuvoma amazi,ahita apfa.
Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw’amahoro muri Congo (MONUSCO) zihakana zivuye inyuma ko nta murwanyi wa M23 n’umwe uri ku butaka bwa Congo (DRC).
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, buremeza ko mu minsi 3 gusa bumaze gufata abantu 20 bakekwaho ubujura.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera burahamagarira abajyaga gusengera ku kiyaga cya Burera kubihagarika kuko hari abagiye kuhasengera bakagwa mu kiyaga bamwe bakahasiga ubuzima.
Abakobwa batatu n’umugore umwe bo mu Karere ka Burera baguye mu kiyaga cya Burera batatu bahita bahasiga ubuzima umwe ararokoka.
Abasore babiri bo muri Rubavu bafatanwe ibiro 250 by’urumogi bagejeje mu Rwanda babinyujije mu mazi y’ikiyaga cya Kivu, ruturutse muri Congo (RDC).
Polisi y’Igihugu yasabye abatwara abantu n’ibyabo ku magare mu Mujyi wa Musanze kugira amakenga ku bo batwaye n’ibyo bitwaje.
Umurenge wa Remera wegukanye imodoka itangwa n’Umujyi wa Kigali ufatanije na Polisi y’Igihugu, nyuma yo kurusha isuku n’umutekano indi mirenge.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyagatare batangaza ko bagirirwa nabi n’Abarembetsi babaziza ko babatanzeho amakuru ngo bafatwe.
Abaturage bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bugarijwe n’ubujura bw’amatungo n’ubw’imyaka bejeje.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera baratangaza ko kwandikisha abashitsi mu ikayi y’umudugudu byatumye barushaho kugira umutekano.
Polisi y’Igihugu yongeye gushimangira ko gutwara ikinyabiziga umuntu atubahiriza amabwiriza n’ibyapa biri mu mihanda, bifatwa nk’ubugizi bwa nabi.
Polisi y’Igihugu itangaza ko itazigera ijenjekera abitwara nabi bahungabanya umutekano muri iki gihe cyo gusoza umwaka no gutangira undi mushya.
Umuntu umwe yitabye Imana abandi 22 barakomereka mu mpanuka y’imodoka yabereye i Nyarusange mu Karere ka Muhanga.
Abatuye mu kagari ka Mumena, i Nyamirambo mu karere ka Nyarugenge, baravuga ko bibasiwe n’abajura bitwaza intwaro za gakondo.
Ku gicamunsi cyo kuwa Kane tariki ya 29 Ukuboza 2016, Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, yatwitse ibiyobyabwenge bifite agaciro ka Miliyoni zisaga 46 Frw.
Polisi y’u Rwanda yasubije amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni icyenda uwari yayibwe n’umukozi we.
Ubuyobozi bwa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba bwahamagariye abamotari n’abashoferi bakoreshwa mu gukwirakwiza ibiyobyabwenge, kuko aba mbere bamaze gutabwa muri yombi.
Umuryango washinzwe n’abaganga bo mu Rwanda (HPR) utangaza ko abantu benshi bahitanwa n’impanka kubera kudakorerwa ubutabazi bw’ibanze mbere yo kugezwa kwa muganga.
Abana babiri b’abakobwa bafashwe ku ngufu na se ubabyara n’umuryango ufite umwana wasambanyijwe na musaza we, bahawe inzu na Polisi y’u Rwanda.
Polisi y’u Rwanda yasubije umukongomani imodoka yo mu bwoko bwa Fuso itwara imizigo, yari yarariganyijwe n’ abagande bayimugurishije.
Abatuye akagali ka Cyasemakamba Umurenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma barasaba ubuyobozi ko bwabakemurira ikibazo cy’inkende ibarira amatungo ikanabiba ibyo kurya.