Kagame Paul yizeye umusaruro wa “Drones” mu buvuzi

Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa byo gutwara amaraso hifashishijwe utudege duto ( Drones), Perezida Kagame yavuze ko yizeye umusaruro tuzatanga mu duce twa kure twagoraga ubuvuzi.

Perezida Kagame yavuze ko afite icyizere ko izi drones zizatanga umusaruro ushimishije mu buvuzi
Perezida Kagame yavuze ko afite icyizere ko izi drones zizatanga umusaruro ushimishije mu buvuzi

Yagize ati "Utu tudege tuzafasha mu gukemura imbogamizi zikomoka ku kuba hari uduce tumwe bigoranye kugeramo mu buryo busanzwe"

Iki gikorwa gifatwa nk’igerageza ku rwego rw’isi mu gutwara amaraso mu bitaro mu buryo bwihuse hifashishishwe utudege duto tutagira abapilote (Drones).

Cyatangirijwe mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Muhanga, kuri uyu wa gatanu tariki 14 Ukwakira 2016

Perezida Kagame atangiza igerageza ry'izi drone
Perezida Kagame atangiza igerageza ry’izi drone

Utu tudege tuzajya dutanga amaraso mu bigo by’ubuzima 21 mu gihugu biherereye mu Ntara y’Amajyaruguru, Uburengerazuba n’Amajyepfo.

Iki gikorwa kizaba gikorwa mu igerageza, gifatwa nk’ahazaza mu kwihutisha ubuvuzi n’ubutabazi bw’ibanze ku rwego rw’isi.

Perezida Kagame n'abayobozi b'uruganda rwakoze izi Drone bareba imikorere yazo
Perezida Kagame n’abayobozi b’uruganda rwakoze izi Drone bareba imikorere yazo
Izi drones zizajya zigeza amaraso ku bitaro bitandukanye byo mu Rwanda ku buryo bwihuse
Izi drones zizajya zigeza amaraso ku bitaro bitandukanye byo mu Rwanda ku buryo bwihuse
Abatekinisiye bazajya bazikurikirana buri munsi barahuguwe
Abatekinisiye bazajya bazikurikirana buri munsi barahuguwe
Uyu muhango witabiriwe n'abayobozi bakuru b'igihugu
Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi bakuru b’igihugu
Uyu muhango wanitabiriwe n'abayobizi mu nzego zitandukanye z'igihugu
Uyu muhango wanitabiriwe n’abayobizi mu nzego zitandukanye z’igihugu
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

Reka dukataze twanikire amahanga

alias yanditse ku itariki ya: 15-10-2016  →  Musubize

Turashimira president kubwiterambere akomeje kutugezaho Imana imuhumugisha

eliei yanditse ku itariki ya: 15-10-2016  →  Musubize

Bravon ku gihugu cyacu kiri gutera imbere.Drones zizafasha abarwayi.

GASHYAMBA yanditse ku itariki ya: 14-10-2016  →  Musubize

Bravon ku gihugu cyacu kiri gutera imbere.Drones zizafasha abarwayi.

GASHYAMBA yanditse ku itariki ya: 14-10-2016  →  Musubize

Ni byiza, bizafasha mu butabazi, kandi ndizera ko baongera ingendo zazo kuko igerageza nizeye rizagenda neza.

chris yanditse ku itariki ya: 14-10-2016  →  Musubize

Ni byiza, bizafasha mu butabazi, kandi ndizera ko baongera ingendo zazo kuko igerageza nizeye rizagenda neza.

chris yanditse ku itariki ya: 14-10-2016  →  Musubize

I saw this coverage first thing on my TV here in the States. What a progress!
Here is a link of the coverage as seen on CBS this Morning.

http://www.cbsnews.com/news/rwanda-zipline-california-tech-company-drone-delivery-blood-life-saving-potentials/

Robert Mutabazi yanditse ku itariki ya: 14-10-2016  →  Musubize

VISION NIYI KBS

FELIX yanditse ku itariki ya: 14-10-2016  →  Musubize

Félicitations Rwanda rwacu

mugenzi yanditse ku itariki ya: 14-10-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka