Abaturage bo mu murenge wa Gasaka, barinubira kuba barafungiwe amazi, bigatuma bashoka ibishanga, ubu bakaba bararwaye inzoka na malariya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abaturage kwirinda gukoresha nabi inzitiramubu bahawe, kugira ngo badakomeza kwikururira maraliya yari kimaze iminsi yaragarutse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi ikibazo cy’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi cyazamutseho 0,7% mu kwezi kumwe, byatewe n’ababyeyi batitabira igikoni cy’umudugudu.
Abadepite bamaze icyumweru mu Karere ka Kamonyi bagaragaje ko hari ikibazo cy’isuku nke n’icy’imirire mibi, biterwa n’uko abayobozi bategera abaturage.
Abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Rwamagana ngo bagiye guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi nyuma yo guhabwa ibikoresho bizifashishwa mu gikoni cy’umudugudu.
Abadepite barimo gusura Akarere ka Nyanza bagasabye kurandura burundu cy’indwara ya Bwaki.
Abanyaburera babarirwa muri 14% ni bo badafite Mitiweli mu gihe habura amezi atanu gusa ngo umwaka wayo urangire.
Mu rwego rwo kubungabunga imibereho y’abaturiye ahubatse uruganda rutonora umuceri rwa Mukunguri “MRPIC”, uru ruganda rwarihiye umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza imiryango 68 itishoboye.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Baturage (UNFPA) ryashyikirije Ibitaro bya Kirehe ibikoresho bitandukanye bizifashishwa ku bagore babyara n’abandi bafite ibibazo byo mu nda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buvuga ko umuhigo bahize w’uko abaturage bazatanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza ku kigero cya 100% utagishobotse.
Ministeri y’ubuzima (MINISANTE) yagaragaje ingamba zizakoreshwa mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2016 mu kugabanya malariya yabaye icyorezo.
Urubyiruko rwo mu karere ka Ruhango, rurishimira gahunda rwashyiriweho yo kwipimishiriza SIDA mu ruhame ku buntu, kuko batinyuka bakabikora ari benshi.
Ubwiherero bwa ECOSAN bwubatse mu Karere ka Kamonyi ntiburakoreshwa, kuko abaturage bataramenya kubyaza umusaruro w’ifumbire iwuvamo.
Abashinzwe ubuzima mu Karere ka Gakenke n’ubuyobozi bw’ibitaro bya Nemba baratangaza ko indwara nyinshi abaturage bakunze kurwara zituraka kw’isuku nke.
Ibitaro bibiri bikorera mu karere ka Ruhango, bimaze kwamburwa amafaranga asaga miliyoni 25 n’abarwayi baza kuhivuriza barembye bakira ntibishyure.
Abatuye Akarere ka Gicumbi bagera kuri 11% ntibaratanga ubwisungane, mu gihe habura amezi atanu gusa umwaka w’ubwisungane mu kwivuza ukarangira.
Jean-Marie Vianney Gatabazi, Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, nyuma yo gutanga amaraso, arakangurira abandi Banyarwanda kuyatanga.
Mu mirenge imwe n’imwe ya Gisagara abaturage bavuga ko Malariya yiyongereye mu mpera za 2015, Akarere kavuga ko ariko hafashwe ingamba.
Nikuze Vestine wigisha ku Rwunge rw’Amashuri rwa Murama mu Murenge wa Musasa muri Rutsiro wagiye kwivuza impyiko ebyiri mu Buhinde, amafaranga yamubanye make.
Abatuye imirenge ya Rukumbeli na Mugesera mu Karere ka Ngoma barashima ingabo z’igihugu(RDF) nyuma yo kubegereza amavuriro mato ya Poste de Santé bakaruhuka kwivuriza kure.
Abaturiye amavuriro amaze igihe zaruzuye ariko ataratahwa mu Karere ka Ngoma, bavuga ko babangamiwe no kwivuza kure basize ayabo adakora.
Ubuyobozi bwo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma buratangaza ko bwahagurukiye abagifite umuco wo kwengesha inzoga ibirenge.
Abagore bo mu Burasirazuba barishimira iterambere bagezeho, bakanengwa imirire mibi n’umwanda bikigaragara kuri bamwe mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Abaturage bo mu kagali ka Nyabugogo muri Nyarugenge bahawe mituweli zitanditseho akarere kabo, baravuga ko batemererwa kuvurwa, bagasaba guhabwa inzima.
Abaturage bava muri Kamonyi bakajya kwishyurira mituweri ahandi bavuga ko bahura n’imbogamizi iyo bashatse kuhivuriza kuko ngo batakirwa neza.
Zimwe mu mpunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda ziratangaza ko gahunda y’isanamitima izwi nka Mvura Nkuvure yabafashije gukira ibikomere batewe n’intambara.
Koperative y’abahinzi b’umuceri ba Cyunuzi (COOPRIKI) yatoye itegeko ryo kujya bishyurira abanyamuryango 3583 n’imiryango yabo ubwisungane mu kwivuza ngo hazamurwe umusaruro.
Ibitaro bya Gihunde biherereye mu Karere ka Rusizi bimaze amezi atatu byiyubakamo umuco wo kwigarurira icyikizere ku babigana.
Abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Kayonza baravuga ko gutanga amakuru ku nzego bakorana bitakiborohera bitewe n’uko batagihabwa amafaranga y’itumanaho ku gihe.
Koreya y’Epfo, kuri uyu wa 29 Ukuboza 2015 yashyikirije Ikigega cya Loni gishinzwe kwita ku muryango (UNFPA) inkunga ya miliyoni 335 FRW azifashishwa mu kuboneza urubyaro mu Nkambi ya Mahama.