Abahagarariye umushinga wo gufasha ibigo byigisha imyuga ku bufatanye na Leta z’u Bubiligi n’u Rwanda baragaragaza ko hari intambwe imaze guterwa mu bigo byigisha iby’ubumenyi ngiro mu Ntara y’amajyepfo aho ububiligi bubitera inkunga.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye gutangizwa ishuri rizajya rihugura abarimu bigisha ubumenyingiro, ikicaro kiri shuri kizaba giherereye mu karere ka Kicukiro mu ishuri rya IPRC/Kigali, ahanashyizwe ibuye ry’ifatizo ku nyubako yaryo igiye gutangira kubakwa.
Abatuye mu murenge wa Mutenderi mu karere ka Ngoma, umurenge ufatwa nk’uw’icyaro barasaba ubuyobozi kubegereza amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, kugira ngo nabo bibafashe kwiteza imbere nyuma y’uko bigaragaye ko abize aya mashuri batakabura.
Mu gihe muri Kaminuza yigenga “Rusizi International University” havugwa amakimbirane ngo akomoka ku bwumvikane buke hagati y’abayishinze, Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi burabasaba kurangiza ibibazo bafitanye kuko ngo byangiza ireme ry’uburezi bikanatuma abarimu badahembwa.
Nyuma y’ibiganiro bimaze umwaka bitangiye hagati y’Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’ubwa Kaminuza ya Mount Kenya University (MKU), iyi kaminuza yashyize itangira ibikorwa byo kwakira Abanyangororero bashaka kwiga mu mashami atandukanye ryigisha.
Kuva mu mwaka wa 2009, mu Karere ka Kamonyi hatangiye gahunda y’uburezi budaheza, aho abana bafite ubumuga bigana n’abatabufite, abana bafite ubumuga bitabiriye kugana ishuri bishimira ubusabane bagirana n’abandi kuko ngo bubakura mu bwigunge.
Ku nkunga y’ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (USAID) muri porogaramu yacyo ya Ejo Heza abantu 412 bo mu murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza bigishijwe gusoma, kwandika no kubara bakuze.
Ubuyobozi bw’Ishuri Rikuru ry’Imyuga, Musanze Polytechnic, buravuga ko bugiye gutera ikirenge mu cy’ayandi mashuri makuru yigisha imyuga ritanga ubumenyi-ngiro bufatika ndetse bazagira akarusho kuko bafite ibikoresho bihagije.
Abanyeshuri umunani biga mu mwaka wa gatandatu muri ETO Mibirizi baraye bagenda kubera amakimbirane bafitanye n’umuyobozi w’ishuri ryabo, kuko yanze kubajyanira ibyangombwa bazakoreraho ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye hamwe n’iby’abandi mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA).
Abakora umwuga w’ubukanishi bwa moto mu Mujyi wa Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare wo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bafite amahirwe menshi yo kubona akazi kurusha abize amashuri asanzwe kuko bahorana impapuro zisaba akazi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Kamali Aimé Fabien, avuga ko umwana w’umunyarwanda akwiye kuba yigira ahantu hamufasha kwiga neza, agakura afite imishinga izubaka igihugu cyamubyaye.
Perezida Kagame mu biganiro n’urubyiruko ruri i Dallas muri Texas, kuri uyu mugoroba tariki 23 Gicurasi 2015 yatangaje ko kwishyurira amashuri abana b’Abanyarwanda bakajya kwiga hanze nta gihombo kirimo kabone nubwo bamwe muri bo bagenda barangiza amashuri ntibahite batahe mu gihugu cyabo.
Umuryango mpuzamahanga utegamiye kuri Leta, Save the Children hamwe n’Urwego rushinzwe uburezi mu Rwanda (REB), bishimiye ko abanditsi n’abashushanya b’ibitabo by’abana bahuguwe ngo basigaye bandika ibitabo bifite ireme; ndetse n’abana babihawe nabo ngo bagaragaje itandukaniro ryo kuba bamaze kumenya gusoma no kwandika neza (…)
Mu gihe hari ibigo by’amashuri biha umwanya abana wo kugaragaza impano zirimo siporo, kuririmba, imivugo ndetse n’ubundi buhanga bushingiye ku muco, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi burasaba ibigo by’amashuri kongera imbaraga mu guteza imbere impano z’abana.
Abanyeshuri biga ku rwunge rw’amashuri rwa Bumba ruherereye mu Murenge wa Mushubati ho mu Karere ka Rutsiro bavuga ko babangamiwe n’ubuyobozi bw’ishuri kubera ko bubogosha umusatsi bukawumaraho.
Urugendo rurerure abana bo mu kagari ka Rugendabari mu murenge wa Mukarange wo mu karere ka Kayonza bakora bajya kwiga, rutuma hari abanga ishuri bakiga basiba. Abagerageje kujya kwiga na bo ngo hari igihe bananirirwa mu nzira bakicara bategereje ko abandi batahana.
Hagiye gutangwa amahirwe ku bantu bose bafite udushya batekereza ko twateza imbere uburezi mu Rwanda kugira ngo batugaragaze, utuzahiga utundi tukazashyirwa kuri gahunda y’ibizigwaho byajya mu mfashanyigisho y’uburezi kandi banyiratwo bagahembwa.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yagaragarije abafatanyabikorwa bayo barimo amashuri n’imiryango nterankunga, integanyanyigisho nshya ishimwa kuba izashoboza umunyeshuri guhangana ku isoko mpuzamahanga ry’umurimo(Competence-based Curriculum).
Ku bufatanye bw’Imbuto Foundation n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, binyuze mu mushinga "Mubyeyi tera intambwe initiative", mu myaka ibiri umaze muri aka karere, abana ibihumbi bitatu bari barataye ishuri barisubijwe mo hifashishishijwe abajyanama b’uburezi.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) igiye gutangiza imfashanyigisho nshya igamije guha umunyeshuri ubushobozi ikazasimbura iyari isanzweho yahaga umunyeshuri ubumenyi gusa ariko ntimuhe ubushobozi buhagije.
Abitabiriye inama Umujyi wa Kigali wagiranye n’abafatanyabikorwa bawo ku wa kabiri tariki 21 Mata 2015, basaba ko abana b’abakobwa bahabwa umwihariko mu myigire yabo kandi bagafatwa kimwe n’abahungu mu miryango; ibi bikaba byabafasha kwiga bakarangiza bakaminuza ndetse bakagera ku ihame ry’uburinganire.
Inama njyanama y’akarere ka Nyaruguru yafashe imyanzuro ko igiye gukora igenzura mu mashuri maze hakarebwa umubare w’abanyeshuri barimo, kuko ngo byagaragaye ko hari abayobozi b’amashuri basaba amafaranga azakoreshwa ku banyeshuri badafite.
Kuba Akarere ka Rubavu kataza mu myanya ya mbere mu gutsindisha abana mu bizami bya Leta byaba biterwa n’abarezi batubahiriza amabwiriza, kimwe n’abadafasha abana kumenyera gukoresha icyongereza nk’ururimi rukoreshwa mu masomo.
Ikibazo cy’abana bata amashuri bakajya gukora imirimo mu ngo mu Karere ka Rubavu cyongeye kuganirwaho n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye hamwe n’abashinze ibigo tariki ya 15 Mata 2015, kugira ngo hafatwe ingamba zatuma abana badakomeza kuva ku mashuri.
Guhera mu mwaka w’amashuri uzatangira muri Nzeri 2015, abanyeshuri biga muri kaminuza bazatangira kwigira ku nguzanyo bazasinyana na Banki y’u Rwanda y’Iterambere (BRD), inguzanyo bazajya bahabwa hakurikijwe ibyiciro by’ubudehe baherereyemo.
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze bamaze gusobanukirwa n’akamaro k’uburezi bw’abana babo, aho bakorera abandi baturage bifite kugira ngo babashe kwishyurira abana amafaranga y’ishuri ibihumbi 25 ku gihembwe mu mashuri y’incuke.
Ku wa 04 Mata 2015, Ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (ILPD) riri mu Karere ka Nyanza ryatanze impamyabushobozi ku banyamategko barimo abacamanza, abashinjacyaha n’abunganira abandi mu mategeko 269 bize ibirebana n’uko amategeko akorwa ndetse n’uko ashyirwa mu ngiro mu gihe cy’amezi icyenda.
Abantu 138 bize gusoma, kwandika no kubara bakuze babifashijwemo n’itorero ADEPER Byimana bashyikirijwe impamyabushobozi tariki ya 01 Mata 2015, bavuga ko bagiye kugana inzira y’iterambere kuko kutamenya gusoma no kwandika byari inzitizi kuri bo.
Kuva aho Kaminuza Gaturika y’u Rwanda (CUR) yafunguriye imiryango, mu mwaka w’2010, ku nshuro ya mbere , kuri uyu wa 31 Werurwe 2015, yatanze impamyabushobozi ku baharangije magana cyenda n’umwe.
Umuryango Transparency International Rwanda (TIR) urwanya ruswa n’akarengane uvuga ko mu mwaka wa 2013 wasanze Leta yarahaye bimwe mu bigo by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda wabashije kugeramo, miliyoni zirenga 700 z’amafaranga y’u Rwanda bibeshya ko ari ayo gufasha abanyeshuri babyigamo, nyamara nta bahari.