Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, yasabye abatwara abagenzi kuri moto kumenya amategeko agenga koperative ndetse no gutekereza ku kindi bakora kitari gutwara moto gusa.
Nyuma y’umwaka n’amezi 4 habaye ubufatanye mu buhahirane hagati y’u Rwanda na Gabon, Abanyarwanda bafunguye amarembo yo kwereka Abanya-Gabon ibikorerwa mu Rwanda.
Leta y’u Rwanda yafashe ingamba zo guhangana n’abantu bose bafite ibikorwa byo kwiharira no gusahura imitungo ya za koperative, mu gihe n’ubwo inyinshi zikomeje guteza imbere ba nyirazo hari izikirangwamo imicungire mibi y’imitungo bihombya abanyamuryango.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yafunguye ku mugaragaro uruganda East African Granite Industries (EAGI) rukora amakaro, ruherereye ahitwa Rutaraka mu Murenge wa Nyagatare, mu Karere ka Nyagatare.
Ingengo y’imari y’akarere ka Kayonza yibanze ku Mirenge ya Nyamirama na Murama ikennye kurusha iyindi. Ibibazo birimo kutagira amazi meza iyo mirenge ifite byasumbaga kure iby’iyindi mirenge.
Umukozi ushinzwe imisoro n’amahoro mu karere ka Gakenke, Rurindabagabo Etienne atangaza ko umusoro ku bukode bw’amazu udatangwa neza kuko amazu 28 gusa ari yo yabutanze mu mazu arenga 400 yabaruwe.
Mu gihe twizihiza imyaka 18 ishize Abanyarwanda bibohoye, abaturage bo mu byiciro bitandukanye bo mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko hari aho bageze batera imbere mu bukungu no mu mibereho myiza.
Isoko ry’imboga n’imbuto rya Bumazi ryuzuye mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke rizazamura ubwiza n’ubuziranenge bw’imboga n’imbuto kuko zizaba zicururizwa ahantu hatunganye ugereranije n’uko mbere zacururizwaga hanze no ku mihanda.
Ingengo y’imari akarere ka Nyamasheke kazakoresha muri uyu mwaka wa 2012/2013 yagabanutseho 2% ugereranije na miliyari 12 miliyoni 669 ibihumbi 473 n’amafaranga 823 akarere kari kakoresheje umwaka ushize.
Kwizigamira biguha icyizere ko witeguye guhangana n’ibyo utateganyije nko kwibwa, inkongi y’umuriro cyangwa impanuka. Ibyo ni ibikubiye mu butumwa isosiyete ya Legacy XP igenda itanga ku baturage ibakangurira umuco wo kwizigamira.
Nyuma y’igihe gito hirya no hino mu gihugu humvikana inkuru y’uko Bralirwa igiye kugabanya ibiciro by’inzoga, Bralirawa yateye utwatsi abakunzi b’agatama ko nta na rimwe yigeze itangaza ibiciro bizagabanuka.
Raporo y’igenzura yakozwe na banki y’isi ku iterambere rya gahunda za Leta muri 2011 yahaye u Rwanda amanota 3.8 mu bihugu by’Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara. Iki gipimo u Rwanda ruriho ni cyiza nk’uko byari bimeze muri 2010.
Abakiriya na barwiyemezamirimo ntibabona kimwe umuco wo kwaka avance mbere yo gukorerwa serivise kuko bikunda kuvamo guhemukirana.
Abaturage bo mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru bakora mu mushinga wa LWH ucukura amaterasi y’indinganire mu karere ka Nyanza bahisemo gukora bataha ahantu haciriritse kugira ngo bizigamire amafaranga bazajyana iwabo umushinga nirangira.
Imiryango itagengwa ba Leta (sosiyete sivile) 22 muri 84 ikorera mu karere ka Rulindo izongera amafaranga miliyari imwe na miliyoni 700 mu ngengo y’imari y’ako karere y’umwaka 2012/2013.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) yemeza ko n’ubwo nta nyigo ihamye irakorwa, gahunda yo korohereza abakozi mu ngendo yatangiye mu mwaka w’2005, itanga inyungu y’amafaranga arenga miriyari ebyiri n’igice buri mwaka.
Abanyabukorikori bitwaye neza mu marushanwa ya Minisiteri y’Inganda n’Ubucuruzi muri gahunda yayo yise Handcraft Excellency Award Program, barasabwa kugaragariza ubuhanga bwabo mu bikorwa bakora, banateza imbere igihugu.
Ba rwiyemezamirimo baturutse mu turere twa Ruhango, Nyanza na Nyamagabe bari mu mahugurwa i Nyanza, kuva tariki 25-28/06/2012, bigishwa uburyo bwo kunoza neza imirimo bakora.
U Rwanda ruri ku mwanya wa gatandatu ku rutonde rw’ibihugu bifite ubukungu buzamuka cyane ku isi; nk’uko bigaragara mu cyegeranyo cyakozwe na Banki y’Isi cyasohotse muri Kamena 2012. U Rwanda ruri ku mwanya wa gatandatu ku rutonde rw’ibihugu bifite ubukungu buzamuka cyane ku isi; nk’uko bigaragara mu cyegeranyo cyakozwe na (…)
Mu nama yahuje abakozi ba za Ministeri z’ubucuruzi z’u Rwanda na Uganda kuri uyu wa mbere tariki 25/06/2012, bagaragaje ko imbogamizi z’urujya n’uruza rw’ibicuruzwa hagati y’ibihugu byombi zigihari cyane cyane ku ruhande rw’Ubugande.
Raporo umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta yagejeje ku nteko ishinga amategeko imitwe yombi tariki 22/06/2012, igaragaza ko hari amafaranga yo mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2011/2012 yaburiwe irengero kuko atagaragazwa uko yakoreshejwe.
Akarere ka Huye karifuza kongera gutangira kuvugurura umujyi no kwita ku bikorwa by’iterambere mu cyaro, nk’uko umuyobozi wako yabisobanuriye Inama Njyanama, nyuma y’uko gahawe ingengo y’imari igera kuri miliyari icyanda na miliyoni 670.
Hafi 76% by’ingengo y’imari y’akarere ka Ruhango kemerewe, bizakorehswa mu buhinzi n’ubworozi hakurikireho ibikorwaremezo birimo imihanda no gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi.
Impamyabushobozi ziherekejwe n’ibikoresho urubyiruko rwo mu murenge wa Ririma mu karere ka Bugesera rwahawe n’umuryango w’Abaholandi Chelp a Child ibinyujije mu muryango Nyafurika w’ivugabutumwa (AEE), rwemeza ko bizarufasha kwikorera no gusezerera ubushomeri.
Banki ny’Afurikaa Itsura Amajyambere (BAD) n’Ikigega Mpuzamahanga cyo kurengera Ibidukikije (WWF) byashyize ahagaragara raporo y’uko ibidukikije bihagaze muri Afurika ndetse binahamagarira abayobozi gushora imari mu mutungo kamere wo kuri uwo mugabane.
Akarere ka Gakenke karateganya gukoresha 70% by’amahoro n’imisoro mu ngengo y’imari ya 2012/2013 mu kwegereza abaturage amashanyarazi, kugirango abaturage bakoresha amashanyarazi muri ako karere bave kuri 2% bagere hagati ya 5 na 6% by’abatuye ako karere.
Mu birori byo gutaha imirenge SACCO ine, muri 11 zimaze kubakwa mu karere ka Bugesera, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yishimiye imbaraga abaturage bakoresheje mu kwiyubakira imirenge SACCO.
Abantu 6000 biganjemo urubyiruko bazahabwa imirimo itari iy’ubuhinzi mu karere ka Nyanza mu mwaka w’ingengo y’imali 2012-2013; nk’uko Murenzi Abdallah, umuyobozi w’akarere ka Nyanza yabitangaje tariki 21/06/2012.
Impuguke ziri mu nama yiga ku iterambere ry’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere i Rio De Janeiro muri Bresil, ziratangaza ko gutera inkunga abafite ibikorwa by’udushya no gufasha urwego rw’abikorera ari yo nzira yizewe igana ku iterambere rirambye.
Abatuye mu gasantre k’ubucuruzi ka Congo Nil, umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro bishimiye ko bahawe amatara yo ku muhanda azajya abamurikira. Kuba nta matara yari ahari ngo byakururaga ubujura.