Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yatangije ubufatanye na banki y’ubucuruzi ya Kenya (KCB) mu rwego rwo gufasha abafatabuguzi bayo kwigurira telefone zigezweho zo mu bwoko bwa BlackBerry (smart phones).
Minisitiri w’Intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arasaba ko imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Gashashi ruri mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro yakwihutishwa abaturage bakabona umuriro w’amashanyarazi vuba.
Ibihugu byo mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba hamwe na Sudani bitaraniye i Kigali mu nama bihererekanya ubunararibonye n’imbogamizi bihura nazo mu guteza imbere ishoramari n’imishinga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubwishingizi (Rwanda Social Security Board) kirashaka ko imyaka y’ikiruhuko cy’izabukuru mu Rwanda yongerwa igashyirwa kuri 60.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali burasaba abagenzi batega imodoka mu mujyi wa Kigali, kujya bahwitura abashoferi batinda ku byapa bashyiramo cyangwa bakuramo abagenzi, kuko binyuranyije n’amabwiriza agenda ingendo mu Mujyi.
Imirimo yo kubaka parikingi nshya yo mujyi yo mujyi wa Kigali yari yarahagaze igiye gusubukurwa nyuma yo kuvugurura igishushanyo mbonera cyayo kikajyana n’icyo Umujyi wa Kigali uteganya.
Abafite inganda mu Rwanda zikora ibicyenerwa mu buzima bwa buri munsi bagiye kujya bahuzwa n’abacuruzi bo mu gihugu cya Uganda mu rwego rwo gufasha ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda kugera ku isoko ryo mu karere.
Guhera kuri uyu wa kane tariki 10/05/2012, igiciro cya lisansi cyavuye ku mafaranga 1000 kuri litiro imwe kijya ku mafaranga 1030. Igiciro cya mazutu cyo cyagumye ku mafaranga 1000 kuri litiro; nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM).
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bahangayikishijwe cyane n’izamuka rya bimwe mu biciro by’ibiribwa. Bamwe mu baturage bavugako bafite impungenge z’uko ibiciro bizakomeza kuzamuka bikarenga ubushobozi bafite.
Mu rwego rwo kunezeza ababagana no kunoza imikorere, guhera tariki 10/06/2012 Rwandair izongera ingendo zerekeza Johannesburg muri Afrurika y’Epfo uturutse i Kigali ndetse n’iziza i Kigali uvuye Johannesburg zive kuri enye zibe umunani mu cyumweru.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Nzahabwanimana Alex, tariki 04/05/2012, yasuye ibikorwa byo gukora umuhanda Buhinga-Tyazo mu karere ka Nyamasheke maze abaturage bamutangariza ibyishimo bafite kubera uwo muhanda.
Inyigo yakozwe ku mafaranga azubaka urugomero rw’amashyanyarazi n’ikiraro bya Rusumo, igaragaza ko bizatwara miliyoni 600 z’Amadolari y’Amerika, ariko bakaba hakiri imbogamizi z’aho Gasutamo yaba yimuriwe kugira ngo imirimo itangire.
Inzira ya Gali ya Moshi izaba ari ibaye iya mbere muri Afrika, izubakwa mu 2014 igahuza u Rwanda, Tanzania n’u Burundi, yitezweho kuzazamura ubukungu bw’akarere, nk’uko bitangazwa n’abayobozi bashinzwe ubwikorezi mu Rwanda.
Impuzamasendika y’abakozi mu Rwanda CESTRAR na COTRAF zirinubira ko mu Rwanda hakigenderwa ku itegeko ryo mu 1972 rigena ko umushahara w’umunsi uba amafaranga 100 y’u Rwanda.
Mu rwego rwo kurondereza ubutaka, abaturage bafite ubutaka mu mujyi cyangwa ahandi hose mu gihugu bazajya bagurirwa bazajya bafashwa kugira inzu muri ibyo bibanza; nk’uko bitangazwa n’ikigo cy’igihugu cy’Imiturire.
Igice cy’umuhanda wo ku Itaba mu mujyi wa Butare gikeneye miliyari 3.5 kugira ngo nacyo gitunganywe. Igice cy’ahagana ku muhanda munini wa kaburimbo wo mu mujyi wa Butare rwagati cyarangije gusaswamo amabuye ubu nta cyondo kikiharangwa.
Minisitiri w’urubyiruko atangaza ko urubyiruko rudakwiye gutegereza amahugurwa kugira ngo rwihangire imirimo iruteza imbere kuko amahugurwa atari kampara kugira ngo ushaka kugira icyo ageraho akigereho.
Urwego rw’ubuhinzi n’urw’inganda bikomeje gutera imbere kubera impinduka zakozwe na guverinoma, biri mu bizatuma ubukungu bw’u Rwanda bwiyongera uyu mwaka kurusha umwaka ushize, nk’uko bitangazwa na Guverineri wa Banki Nkuru, Ambasader Claver Gatete.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro mu Rwanda (Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko cyinjije amafaranga miliyari 428.4 ugereranyije na miliyari 397.3 yari yateganyije kwinjiza mu mezi 9 ashize (kuva muri Nyakanga 2011 kugeza muri Werurwe 2012). Amafaranga RRA yinjije arengaho 7% by’ayo yari yateganyije kwinjiza (…)
Urubyiruko rwibumbiye muri koperative SYCEP mu karere ka Gisagara umurenge wa Save ruratangaza ko rumaze kugera kuri byinshi rubifashijwemo n’umushinga IREX/USAID Youth for Change: Building Peace in Rwandan Communities.
Ikigo gicuruza itumanaho rya telefoni na internet, MTN Rwanda, cyatangaje ko kigiye kugabanya ibiciro bya internet kugeza hafi ku kigero cya kimwe cya kabiri.
Muri gahunda yo kwagura umujyi wa Kibuye, ubuyobozi bw’akarere ka Karongi burateganya kubaka gare igezweho izatwara amafaranga miliyari 4 na miliyoni 545. Iyo gare izubakwa ahitwa mu cyumbati, mu murenge wa Bwishyura.
Mu Baturarwanda bakabakaba miliyoni 11, abagera kuri 4,453,711 bakoresha telefoni zigendanwa; nk’uko raporo ya RURA yo mu mpera z’ukwezi kwa Werurwe 2012 ibitangaza.
Nubwo mu karere ka Muhanga hari aho bagenda bongera ibikorwa byo gukwirakwiza amazi n’amashanyarazi mu mijyi no mu cyaro, usanga abatuye mu mujyi wa Muhanga binubira ububi bwa serivisi bahabwa na EWASA.
Kuba ibihugu byo mu karere bigura imyaka mu Rwanda kubera ibihe by’izuba aka karere kavuyemo bituma ibiciro by’ibiribwa mu Rwanda bitamanuka n’ubwo umusaruro wari wiyongereye.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buratangaza ko nyuma yo kubona ko banyiri soko rishya rya Nyarugenge bafite ubushake bwo gukuzuza amasezerano bagiranye, imirimo y’iri isoko yasubukuwe tariki 18/04/2012.
Abaturage bahinga umuceri mu bishanga bya Ntende na Kanyonyomba bashimira Perezida Kagame ko akomeje kugaragraza ko imvugo ariyo ngiro. Tariki 20/04/2012, Perezida azafungura uruganda rw’umuceri ruri mu murenge wa Kiziguro rufite agaciro k’amafaranga miliyoni 325.
Nyirishema Eugène w’imyaka 32 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Mwima mu kagali ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza tariki 13/04/2012 amahirwe yaramusekeye agura isambu n’igare binyuze muri Tomola ya New Africa Gaming ikorera muri aka karere.
Abatishoboye bo mu mudugudu wa Karama mu kagali ka Cyeru mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza barishimira amazu 20 bubakiwe.