Amabanki arakangurirwa gufungura amashami hafi y’isoko rya Byangabo

Minisitiri w’ibikorwa remezo, Albert Nsengiyumva, arakangurira abanyamabanki bakorera mu karere ka Musanze, gufungura amashami mu gasantere ka Byangabo, kugira ngo borohereze abazacururiza mu isoko rijyanye n’igihe riri kubakwa mu Byangabo.

Ubwo yasuraga iri soko, ngo yirebere aho imirimo yo kuryubaka igeze kuri uyu wa kabiri tariki 22/01/2013 Minisitiri Nsengiyumva yatangarijwe ko iri soko riri kubakwa kuri hegitari ebyiri, rikagira amaduka 60, ibagiro, bare na resitora, ibyo bahunikiramo, ndetse n’ibyumba binini byo gucururizwamo imyaka cyangwa imyenda.

Minisitiri yavuze ko iri soko rizaba ari isoko rikorerwamo n’abacuruzi benshi, bityo bikaba bikwiye ko bubakirwa amashami y’amabanki hafi y’isoko kugirango batazajya bakora urugendo runini bajya kubitsa amafaranga bakoreye.

Minisitiri Nsengiyumva, Guverineri w'intara y'Amajyaruguru n'abahagarariye ingabo basuye isoko rya Byangabo.
Minisitiri Nsengiyumva, Guverineri w’intara y’Amajyaruguru n’abahagarariye ingabo basuye isoko rya Byangabo.

Minisitiri yagarutse ku kibazo cy’urumuri rushobora kuzaba ruke mu isoko, hagaragazwa ko hari gahunda yo kuzasimbuza amwe mu mabati, hakajyamo amabati atuma urumuri rwinjira ku manywa, ndetse hakazashyirwamo amashanyarazi aturutse muri sentere ya Byangabo.

Minisitiri Nsengiyumva, yavuze ko byari bikwiye ko amabati atuma urumuri rwinjira mu isoko atekerezwaho mbere, aho kugirango bazajye gusenya bongere bubake, anasaba ko abacuruzi bo mu karere ka Musanze batangira gutekereza uburyo bafata ibibanza mu isoko rishya, ribura amezi atatu ngo ribe ryuzuye.

Jean Noel Mugabo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Hakenewe andi mabank se, BK, BP , SACCO ko bose bahafite branches, bagaragaje ubushobozi buke bwo kubakira?

KIKI yanditse ku itariki ya: 23-01-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka