Ingano y’imisoro n’amahoro yari yemejwe n’Inama Njyanama y’Akarere ka Huye mu mwaka ushize w’ingengo y’imari ntiyishimiwe n’abasora bituma hari imisoro igabanywa bishingiye ku kuba abayitanga batinjiza amafaranga menshi.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buratangaza ko bwafashe icyemezo cyo gusenya zimwe mu nyubako ziri muri uyu mujyi kuko zitajyanye n’igishushanyo mbonera cyawo.
Muri gahunda yo gutoranya Abikorera b’Indashyikirwa muri buri karere, kuwa mbere tariki 24/06/2013, mu karere ka Nyamasheke habonetse ku ikubitiro abikorera b’Indashyikirwa 17 bahise batanga umusanzu wa miliyoni 6 n’ibihumbi 100 yo gushyigikira urwego rwabo.
Abagize umushinga witwa KAUKO (Kanguka Ukore) uherereye mu murenge wa Rugarama, akarere ka Burera, ukora umutobe mu bisheke, batangaza ko bahanze uwo mushinga mu rwego rwo kwikura mu bukene bagamije kugera ku iterambere rirambye.
\Abahinzi bo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu bavuga ko bagiye gucyemura ikibazo cyo kubura imbuto no gusesagura umusaruro nyuma yo kubakirwa ikigega gishobora guhunika toni 400 z’ibirayi.
Iyo ingengo y’imali idakoreshejwe ibyo yateganirijwe bigira ingaruka ku iterambere ry’akarere ndetse n’iry’igihugu muri rusange; nk’uko byatangarijwe mu karere ka Gisagara mu muhango wo kwemeza ingengo y’imari izakoreshwa mu mwaka wa 20213-2014.
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nzamwita Deogratias, aratunga urutoki abakozi bashinzwe gusoresha kuba banyereza imisoro y’akarere, bakaba bagomba gufata ingamba kugira ngoicyo kibazo gikemuke.
Biteganyijwe ko mu myaka itanu iri imbere, abakene bo mu karere ka Rwamagana bazaba bagabanutse ku gipimo cya 20%, ndetse ngo umuturage akazaba yinjiza amadorari ya Amerika 1240 nk’uko bigaragara ku mbonerahamwe y’ibikorwa biteganyijwe muri iyo myaka.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yageneye ibikoresho byo kwifashisha mu myuga rumwe mu rubyiruko rwo mu imwe n’imwe igize akarere ka Rulindo. Icyo gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 21/06/2013, cyari kigamije gutera inkungas urwo rubyiruko rwize imyuga.
Abanyamuryango ba AVEGA Agahozo mu karere ka Kirehe bagabiye inka eshanu abapfakazi ba Jenoside bo mu karere ka Kamonyi. Izi nka zatanzwe mu rwego rwo korozanya, kugirango abanyamuryango barusheho kwihesha agaciro no kwigira.
Abatwara abagenzi mu imodoka ntoya (taxi-voiture) bo mu murenge wa Bugarama bari bamaze iminsi bahomba kubera bagenzi babo bagura imodoka bakazambika purake z’u Burundi kandi ari Abanyarwanda kubera gukwepa imisoro.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Byukusenge Gaspard, yagiranye inama n’abikorera bo mu karere ka Rutsiro tariki 19/06/2013 abasobanurira bimwe mu bikorwa byo gushoramo imari haba mu buhinzi, ubworozi, ubucuruzi, ubukerarugendo n’ibindi.
Kuri uyu wa gatatu tariki 19/06/2013, mu murenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe hatashywe ku mugaragaro uruganda ruciriritse rukora Kawunga ndetse rukanatunganya amafu anyuranye rwa koperative Twisungane yagezweho ku nkunga ya RDB.
Gutunganya ahantu habera umuhango wo Kwita Izina ndetse n’indi mirimo ijyanye n’imyiteguro biha akazi abaturage benshi kuburyo bamwe bamaze kwikenura bagura amatungo abandi bakarihira abana amashuri babikesheje amafaranga bavana muri iyo mirimo.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, François Kanimba, arashima uko gahunda ya Hanga Umurimo ihagaze mu karere ka Nyamagabe, uburyo inzego zitandukanye zayigize izayo ndetse n’uko yatangiye gufasha abayigannye.
Mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri, abashoramari bibumbiye mucyo bise Banana Paper Industry Ltd baraba batangiye kubaka uruganda ruzajya rukora impapuro mu mivovo n’imitumba y’insina zeraho ibitoki, rukazubakwa ahitwa Munyiginya mu karere ka Rwamagana.
Abaturage batuye mu gasanteri kitwa Rond Point ko mu Karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bw’akarere n’ubwa EWSA kubagezaho umuriro w’amashanyarazi kuko ari mu bizatuma babasha gutera imbere.
Ubwo hashyirwagaho itsinda ry’indashyikirwa mu rugaga rw’abikorera mu karere ka Karongi, tariki 18/06/2013, abari muri iryo tsinda bakusanyije amafaranga miliyoni 50 azakomeza kwiyongera.
Banki ya ECOBANK yatangije uburyo bushya bwo kuzigama bwiswe Kaby’Inzozi, bushobora no guha umukiriya wayo amahirwe yo gutsindira ibihembo bitandukanye birimo n’igihembo kiruta ibindi cy’imodoka ifite agaciro ka miliyoni 35.
U Rwanda rutanga akayabo ka miliyoni 350 z’amadolari buri mwaka kuri service y’ubwikorezi bw’ibiremereye bukoresha amakamyo. Ministeri y’ubucuruzi n’inganda iravuga ko hari ikibazo gikomeye cy’uko Abanyarwanda bagenda bareka uwo murimo, ibyo bikaba bifite ingaruka mbi ku bukungu bw’igihugu.
Abikorera basanzwe bitabira ku buryo bugaragara ibikorwa by’urugaga bibumbiyemo mu Karere ka Huye, kuwa 17/6/2013 barateranye maze begeranya amafaranga miliyoni 17 n’ibihumbi 250 yo kuzajya bifashisha mu bikorwa bitandukanye.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda iratangaza ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli nka essence na mazout bitagomba kurenza amafaranga 1000 guhera kuri uyu wa kabiri tariki 18/06/2013.
Nk’uko bimeze ku isi hose, uko imijyi igenda ikura ni ko n’ibikorwa by’urugomo bigenda byiyongera n’ubwo inzego z’umutekano ziba ziticaye.
Umwaka w’ingego y’imari 2012/2013 turimo gusoza uzasiga mu karere ka Nyabihu hatanzwe inka zigera kuri 800 muri gahunda ya Girinka Munyarwanda igamije gufasha Abanyarwanda kwikura mu bukene ndetse no guhindura imibereho yabo.
Kuwa gatandatu tariki 15/06/2013, mu Karere ka Ruhango batangiye ku mugaragaro igikorwa cyo kwimura abatuye ahantu hakunze kwibasirwa n’ibiza (High Risk Zones).
Uwitonze Charlotte wo mu murenge wa Muyumbu mu karere ka Rwamagana aratabariza imfubyi za Jenoside zirera zo muri uwo murenge no mu gihugu muri rusange, kuko benshi bafite ibibazo ariko bakaba badakunze kubona ababageraho.
Imiryango 180 ituye mu Mudugudu w’Ubuhoro wubatswe n’Umuryango Benimpuhwe mu murenge wa Rilima, batangaza ko ubu batakwibarira mu bakene, kuko batagifite ikibazo cy’imiturire ndetse n’icy’ubuzima busanzwe.
Mu birori byo gutaha imirenge SACCO zigera ku 10 mu mirenge sacco 12 igize akarere ka Kirehe, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yishimiye imbaraga abaturage bakoresheje mu kwiyubakira imirenge SACCO.
Jean Pascal Labile, Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga n’iterambere w’u Bubiligi, yatangajwe n’uburyo imishinga igihugu cye giteramo inkunga itera imbere ikanateza abaturage imbere.
Mu ruzinduko Umuhuzabikorwa w’Ihuriro ry’Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Uturere (JADF), yagiriye mu karere ka Kamonyi, yasabye abagize JADF ya Kamonyi, gutanga inkunga ziganisha ku iterambere ry’ubukungu kuko arizo zifasha umugenerwabikorwa kuva aho ari, agatera imbere.