Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) hamwe n’urugaga rw’abikorera (PSF) bishimiye uburyo ibicuruzwa bitumizwa hanze bitazongera gutinda mu nzira, kuko hashyizweho uburyo bwo kubisuzumira ahantu hamwe gusa (single customs territory), bikazabirinda kwangirikira mu nzira no kubitangaho amafaranga menshi.
Muri gahunda yo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu byaro, ingo 4773 zo mubyaro mu karere ka Ngoma zahawe umuriro w’amashanyarazi muri uyu mwaka w’imihigo.
Abakozi 80 bakoze imirimo yo kwagura isoko rikuru ry’akarere ka Ngoma bavuga ko bamaze amezi atanu bakora badahembwa kubera ko rwiyemezamirimo wubaka iri soko yishyuwe ngo akomeze imirimo ariko ntiyongera kugaragara ku kazi.
Ntamugabumwe Faustin wo mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera avuga ko nyuma yo guhabwa amasomo mu gihe gito yo guhanga umurimo no kuwumbatira ndetse no kwibumbira mu matsinda y’ubufatanye mu kubitsa no kugurizanya, ubu amaze kugera mu rwego rwo guha bagenzi babo akazi.
Abaturage b’umurenge wa Bweyeye, akarere ka Rusizi bahangayikishijwe cyane n’urugendo rurerure bakora kugira ngo bashobore kugera ku muhanda wa Kaburimbo.
Abaturage bo mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Rubavu bavuga ko ishyirwa mu byiciro by’ubudehe bitakozwe mu buryo bunoze bikaba bibagiraho ingaruka kubyemezo bafatirwa nko kwishyura ubwishingizi mu kwivuza kubatishoboye.
Abaturage bo mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke babashije kwaka inguzanyo muri Koperative Umurenge SACCO ya Bushekeri kandi bakayikoresha neza, barishimira iterambere bagezeho ibaha igisubizo mu guteza imbere imibereho yabo ishingiye ku bukungu.
Imurikagurisha mpuzamahanga ryatangijwe i Kigali kuri uyu kane tariki 25/07/2013, rigaragazwa nk’igipimo cyo gusuzuma imizamukire y’ubukungu bw’igihugu ndetse no gutsura umubano n’amahanga mu bijyanye n’ubukungu, nk’uko Guverinoma n’inzego z’abikorera mu Rwanda babitangaje.
Guhera tariki 31/07/2013 abacururiza mu mazu yubatse ku buryo butagezweho rwagati mu mugi wa Butare bamenyeshejwe ko batazongera kuyakoreramo, ahubwo bakimukira mu mazu mashyashya yuzuye muri uyu mugi.
Koperative Umurenge SACCO ya Kagano mu karere ka Nyamasheke yatangiye mu mwaka wa 2009 itira ibiro byo gukoreramo, kuri uyu wa 25/07/2013 yatashye inyubako yayo yuzuye itwaye miliyoni zisaga 23 kandi ifite “Guichet Mobile” yorohereza abanyamuryango bayo kubitsa no kubikuza badakoze ingendo ndende.
Kuva imirwano yakongera kubura mu nkengero z’umujyi wa Goma, Abanyarwanda bakorera ubucuruzi muri uwo mujyi kimwe n’abajya kurangura yo bavuga ko bahagaritse ibikorwa byabo kubera gutinya ihohoterwa.
Mu minsi itari myinshi servisi za Gasutamo ndetse n’iz’Abunganira abacuruzi muri Gasutamo (Clearing Agencies) zo muri Uganda n’u Rwanda zizaba zifite abakozi ku Cyambu cya Mombasa.
Uruganda Brasserie des Milles Collines (BMC) rusanzwe rukora inzoga ya Skol rwashyize ahagaragara inzoga nshya rwise Virunga Mist. Iyo nzoga ishobora kunywebwa n’abarwayi ba diyabete yamuritswe mu muhango wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 24/07/2013.
Imirenge ya Gisozi na Ndera yo mu karere ka Gasabo irizera gukomeza iterambere ishyiraho ibikorwa bitandukanye nk’amazu y’ubucuruzi, mu gihe aka karere nako kemeza ko iyo gahunda ari nziza kuko izinjiza imisoro izazamura akarere n’igihugu muri rusange.
Nyuma y’uko hafunguwe iguriro cyangwa Selling Point mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo abarikoreramo barifuza ko amasoko mato mato arikikije yashyirwa muri iyi nyubako bakagwiza imbaraga.
Hotel Dayenu iri mu mujyi wa Nyanza yagombaga gutezwa cyamunara tariki 24/07/2013 kubera ideni ifitiye Banki y’amajyambere y’u Rwanda (BRD) yabaye ihagaritswe kubera ubwumvikane impande zombi zagiranye.
Minisitiri w’inganda n’ubucuruzi, Francois Kanimba, aratangaza ko yishimira cyane uburyo akarere ka Rulindo kagenda gatera imbere mu gukorana na gahunda ya Hangumurimo.
Abagore 230 bo mu cyiciro bya 1 ni icya 2 cy’ubudehe, bibumbiye mu makoperative abili bahawe miliyoni 36 n’umushinga FIOM-Rwanda ngo bagure imashini zitunganya kawunga iva mu bigori biteze imbere.
Shirimpumu Jean Claude utuye mu murenge wa Kageyo mu karere ka Gicumbi avuga ko ubworozi bw’ingurube aribwo bwamurihiye icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters) ndetse zirihira n’umugore.
Guverinoma y’u Rwanda yagiranye amasezerano n’ikigo cyitwa GigaWatt Global cyo mu Buholandi ngo iki kigo cyizafashe u Rwanda kubona amashanyarazi angana na Megawati 8.5 akomoka ku mirasire y’izuba.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, arasaba abayobozi b’amadini n’amatorero gukora ibishoboka byose kugirango abakiristu bayoboya bafashwe mu mishinga ibakura mu bukene baharanira kwigira.
Mu rwego rwo kuzamura iterambere ryihuse ry’Akarere ka Rusizi binyuze mu ishoramari, mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 22/07/2013 habaye inama yahuje ubuyobozi bw’Akarere n’abashoramari bakorera hirya no hino mu gihugu, hagamijwe kubereka ubutaka bw’ahashobora gukorerwa ibikorwa by’ubucyerarugendo nk’uko benshi muri (…)
Inama y’igihugu y’urubyiruko mu Karere ka Bugesera, kuwa 21/07/2013 yaremeye ihene urubyiruko rw’ako karere rutishoboye kugirango narwo rubashe kwiteza imbere.
Mu nama yahuje abayobozi abakozi bose b’Umurenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo hemejwe ko imishinga yo muri gahunda ya VUP yakwibandwaho mu gihe kiri imbere yakwibanda ku gutunganya imihanda ihuza utugari n’imidugudu, gukwirakwiza amazi meza mu midugudu atarageramo, kubakira abatishoboye bagafashwa gutura mu midugudu, (…)
Guverineri w’intara y’uburasirazuba, Uwamariya Odette, tariki 19/07/2013, yatangije ku mugaragaro imirimo yo kubaka inzu abagenzi bakoze ingendo ndende bazajya baruhukiramo mbere yo gukomeza ingendo za bo (Roadside Station) mu karere ka Kayonza.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera batashye ku mugaragaro inzu eshatu za SACCO zo mu mirenge ya Nyamata, Gashora na Musenyi, zubatswe ku nkunga y’abaturage n’akarere. Igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 19/07/2013.
Abakoresha umupaka wa Ruhwa uhuza u Rwanda n’u Burundi mu karere ka Rusizi barishimira ko ihuzwa ry’uyu mupaka ryoroheje rikanihutisha itangwa rya serivisi aho ubu iminota myinshi umuturage amara itazongera kurenga 5 ivuye kuri 30 yakoreshwaga mbere.
Ababyeyi n’abarezi barakangurirwa gutangira kwigisha abana kwizigamira bakiri bato, kugira ngo ubwo bazaba bamaze gukura ntibizabagore kubera ko bizaba byababayemo umuco, nk’uko bitangazwa n’Ishyirahamwe ry’Ibigo byimari biciriritse (AMIR).
Umugore witwa Triphine Mukamukiza avuga ko yatangiye atira ingwate kugirango ahabwe amafaranga yo gutangiza umushinga we, none kuri ubu afite uruganda rukora amarangi rufite agaciro k’amafaranga miliyoni 25.
Kankundiye Alphonsine utuye mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kitazigurwa mu karere ka Rwamagana arashimira Leta y’u Rwanda yatekereje gahunda yo gutuza abaturage mu midugudu.