Mu biganiro abahagarariye abikorera bo mu Karere ka Huye bagiranye n’ubuyobozi bw’Akarere kuwa 13/06/2013, hifujwe ko nta mucuruzi wakongera gufungirwa igihe atatangiye imisoro ku gihe, hatabanje kugishwa inama urugaga rw’abikorera.
Kuko byagaragaye ko umubare w’abagore bitabira kubitsa no gusaba inguzanyo mu bigo by’imari mu karere ka Gisagara ukiri hasi, abagore barasabwa kwitinyuka nabo bakamenya gukora imishinga ibateza imbere maze bakanatinyuka bakegera ibi bigo by’imari bikabaguriza bikanabazigamira.
Nyuma yo guhabwa amahugurwa n’umuryango Cooperate Out of Poverty (Coop- Rwanda) babereka uburyo bakorora inka neza zikabafasha kwikura mu bukene, amakoperative icyenda aturuka mu mirenge itatu y’akarere ka Nyabihu yahawe inka 45.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) gitangaza ko ibiciro ku masoko mu mijyi byoyongereyeho 2,98 % mu gihe mu cyaro byiyongereyeho 4,85% kuva Gicurasi 2012 kugera Gicurasi 2013.
Binyuze muri gahunda ya Hanga Umuriro, Nkiko Jean De Dieu utuye mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu hamwe n’umugore we babashije kubaka Hotel ntoya cyangwa se “Moteli”.
Abaturage icyenda bari batuye muri zone zishobora kuberamo Ibiza babwiwe ko mu mezi atatu bazaba batashye inzu nshya mu mudugudu ahatateza Ibiza mu murenge wa Kazo.
Abakozi n’abayobozi b’akarere ka Muhanga bamaze kwemerera umukozi w’aka karere ko bazamufasha bakamushakira inzu yo kubamo ku bwo kuko nta bushobozi afite bwo kwiyibonera.
Ku mugoroba wo kuwa 07/06/2013 mu mujyi wa Karongi hatashywe ku mugaragaro hoteli nshya yitwa Best Western Eco Hotel ifite n’inzu yo kubyiniramo yitwa Boom Boom Nights.
Abaturage bo mu kagari ka Busoro, umurenge wa Nyamyumba, akarere ka Rubavu, bemeza ko kuba badafite amashanyarazi biri mubituma badashobora kwihuta mu iterambere, mu gihe abandi bamaze guhabwa amashanyarazi hari intambwe bateye.
Genevieve Mukanama w’imyaka 50, utuye mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke ho mu Karere ka Gakenke akora ubworozi b’umwuga bumufasha gutunga abana barindwi akabarihirira amashuri harimo na kaminuza.
Hashize imyaka isaga itanu ikibanza cy’ahahoze Guest House gishyizwe ku isoko kugira ngo abashoramari mu by’ubukeraruhendo bahashyire hotel yo mu rwego rwo hejuru, ariko kugeza n’ubu nta mukiriya uraboneka ngo atangire ahubake.
Rwinturo Benoît w’imyaka 67 utuye mu murenge wa Musha mu karere ka Gisagara yashimiwe kuba yarahize abandi banyamuryango gukoresha konti ye kuko bigaragara ko yinjiye akanasohoka muri banki inshuro 102.
Umugore witwa Sinzamuhara Sabine utuye mu murenge wa Butaro, akarere ka Burera, ni rwiyemezamirimo wihangiye umurimo, ashinga uruganda rutunganya umusaruro w’ibigori abibyaza mo “umuceri w’ibigori”.
Musabyimana Yozefu, umucungamutungo wa Sacco Dusizubukene yo mu Murenge wa Nyarubaka mu karere ka Huye avuga ko gutanga serivisi nziza no gucunga neza umutungo bituma ababitsa muri Sacco baba benshi kandi bakahagira n’amafaranga menshi.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, avuga ko hari amahirwe Abanyarwanda batarabasha kubyaza inyungu mu gihe biri mu buryo bwo kongera imikorere itanga inyungu nko kubaka ibikorwa remezo ku mipaka ihuza u Rwanda n’ibindi bihugu.
Abikorera bo mu karere ka Musanze barasabwa kugira uruhare mu bikorwa byo kuzamura ubukungu bwabo, ndetse n’ubw’igihugu muri rusange, hagamijwe kugira igihugu cyigenga mu nzego zose z’ubukungu.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yamurikiye abikorera bo mu karere ka Burera umushinga w’isoko mpuzamahanga rizubakwa ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda, uri mu Cyanika, mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Ishuri rikuru ryigisha ubukerarugendo n’amahoteli (RTUC), hamwe n’ishyirahamwe mpuzamahanga ry’amashuri yigisha ubukerarugendo (ATLAS), bemeza ko u Rwanda rushobora guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku kureba inyoni, umuco warwo utangaza amahanga ndetse n’abaza kwishimisha mu bigezweho mu iterambere.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Imena Evode, yasabye abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu ntara y’amajyaruguru ko bajya batanga raporo y’ibyo bakoze mu rwego rwo kumenyekanisha ibikorwa byabo.
Nizeyimana Olivier w’imyaka 16 utuye mu Kagali ka Rusagara mu Murenge wa Gakenke Akarere ka Gakenke yihangiye akazi ko gukora brochette z’ibirayi yise “mushikaji” yarangiza akazigurisha mu mujyi wa Gakenke.
Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazabumenyi, Mbabazi Rosemary, yibukije urubyiruko rwo mu karere ka Kirehe ko arirwo mbaraga z’igihugu rukaba rugomba gukora ibikorwa by’iterambere birufitiye akamaro birinda amacakubiri ashobora kuvuka hagati yabo.
Chantal Mukankwanga w’imyaka 36, yaretse akazi yakoraga ko kubumba inkono ahitamo guhindura akajya mu bukorikori bwo kubumba amavaze agezweho, none asigaye atunze urugo rwe akabasha no kwishyurira abana be amashuri.
Inama y’abamimisitiri iherutse kuba yagejejweho umushinga wo guhindura inoti y’amafaranga 500 igasimburwa n’indi nshya kugeza ubu ikiri kwigwaho.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere umwuga w’ababaruramari mu Rwanda (iCPAR) gifatanije n’ikigo gishinzwe guteza imbere imari n’imigabane (Capital Market Authority ) n’ Isoko ry’imari n’imigabane (Rwanda Stock Exchange) basuye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu mudugudu wa Kamabuye mu karere ka bugesera.
Abazahagararira akarere ka Gatsibo mu marushanwa y’ubukorikori yateguwe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) bamenyekanye. Aya marushanwa azitabirwa n’abahagarariye kuva nzego z’ibanze kugeza ku rwego rw’Igihugu.
Umuyobozi w’akarere ka Burera atangaza ko inzu y’ubucuruzi igiye kubakwa ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda, uri mu Cyanika, izuzura itwaye amafaranga y’u Rwanda Miliyari enye.
Senateri Bizimana Evariste, umuyobozi wungirije wa komisiyo y’iterambere ry’ubukungu muri Sena y’u Rwanda arasaba ko ibigo byashyizweho hirya no hino mu turere ngo gifashe abaturage muri gahunda zitandukanye harimo no kwiga imishinga bitaba umwihariko w’abajijutse gusa.
Abagize urugaga rw’abikorera (PSF), mu karere ka Burera, bagera kuri 57, mu basaga 100 bari bitabiriye, nibo biyemeje kujya mu Itsinda ry’Abikorera b’Indashyikirwa, rigamije guteza imbere ubucuruzi mu Rwanda.
Hashize iminsi Leta y’u Rwanda isaba Abanyarwanda kugira umuco wo kwakira neza ababagana, nka bumwe mu buryo bwo kubafasha kugera ku iterambere. Bamwe mu bacururiza mu isoko ryo mu mujyi wa Butare batugaragarije ko bumva neza icyo bagomba gukora.
Imurikagurisha ryari kuba mu karere ka Nyamasheke kuva tariki ya 31/05/2013 kugeza ku ya 06/06/2013 ryasubitswe, nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera mu karere ka Nyamasheke ndetse n’ubuyobozi bw’aka karere.