Abahinzi bo mu Mirenge ya Rwabicuma, Nyagisozi na Cyabakamyi mu Karere ka Nyanza batewe akanyamuneza n’urugomero rw’amazi bubakiwe na Leta y’u Rwanda muri gahunda yo kubafasha kuhira imirima yabo mu gihe cy’izuba.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Burera batangaza ko bamaze gusobanukirwa na gahunda yo guhuza ubutaka kuko basanze itanga umusaruro utubutse kubera guhinga kijyambere.
Bamwe mu borozi bo mu Karere ka Huye bafite impungenge ko inka zabo zizabapfana zizize indwara y’igifuruto bitewe n’uko inkingo ziyikingira zashize, mu gihe hirya no hino mu gihugu havugwa icyorezo cy’igifuruto muri iki gihe kandi uburyo bwiza bwo kuyirinda bukaba ari urukingo.
Abahinzi bo mu Karere ka Kayonza bafite ikibazo cyo kuba batarabona imbuto ya soya ihagije nyuma y’ibyumweru bisaga bibiri batangije igihembwe cy’ihinga cya 2015 B.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, MINAGRI, iri kwigisha abahinzi guhingisha imashini mu rwego rwo kugabanya imvune zo guhingisha amasuka ndetse abahinzi bakabasha guhinga hanini mu gihe gito kugirango bazongere umusaruro ukomoka ku buhinzi.
Abagize Centre igiti cy’ubugingo babazwa no kuba abanyamuryango b’amakoperative baha inka muri gahunda yo kubafasha kwiteza imbere batazifata neza bitewe no kuzisiganira.
Abahinzi b’ingano bo mu karere ka Burera barashishikarizwa guhinga ingano mu buryo bwa kijyambere, kuko usibye kuguriha umusaruro n’ibisigazwa by’izo ngano bita “ibiganagano” bazajya babigurisha ku ruganda ruzajya rubikoramo amatafari y’ubwubatsi.
Aborozi n’aborozi bo mu karere ka Nyagatare barinubira ko batabona abaveterineri kuko bahora bakorera mu biro ntibasohoke, bityo amatungo yabo akaharenganira.
Ku wa 12 werurwe 2015, Umushinga Kigali Farms wamuritse ibikorwa byawo byo guteza imbere ibihumyo, ushimirwa kuba ukoresha abakozi basaga 450 abagore bakaba 65%.
Abahinzi bo mu Karere ka Burera barizezwa ko umusaruro w’ingano beza ugiye kujya ugurishwa mu nganda zo mu Rwanda zitunganya ibikomoka ku ngano kuko bashakiwe imbuto z’ingano izo nganda zifuza.
Ambaderi wa Leta zunze ubumwe z’Amerika mu Rwanda, ERICA BARKS –RUGGLES, yasuye Ikusanyirizo ry’amata rya Rugobagoba, ku wa gatatu tariki 11/03/2015, nk’umwe mu mishinga yatewe inkunga n’umushinga w’abanyamerika uharanira iterambere (USAID).
Abagize koperative “Dutere imigano” ikorera mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko bagiye kujya bamurikira abaturage amafunguro anyuranye ateguye mu migano ndetse bagaha abaturage bakaryaho, bagamije kubashishikariza kuyitera.
Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye akaba n’intumwa ya Guverinoma mu Karere ka Gicumbi yasabye abaturage bo muri aka karere gukoresha neza ubuhinzi n’ubworozi bakabibyazamo amafaranga azabafasha kwiteza imbere.
Kaminuza y’u Rwanda, ishami ryigisha ubuhinzi, ubumenyi n’ubuvuzi bw’amatungo (UR-CAVM) ryatangiye kumurikira Abanyarwanda ubushakashatsi bwakozwe n’abarimu n’abanyeshuri kugira ngo buzifashijwe mu guhindura ubuhinzi n’ubworozi.
Ikusanyirizo ry’amata ryubatswe mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero ribangamiwe no kutabona amata ahagije yo gutunganya no kujyana ku isoko, bigatera igihombo koperative irikoresha.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu Dr. Mukabaramba Alivera arasaba abahinzi kongera amasaha yo gukora kugira ngo ubuhinzi bukomeze kugira uruhare mu bukungu bw’igihugu.
Abagore bo ku kirwa cya Ishwa giherereye mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi bibumbiye mu itsinda ry’abantu 10 ryitwa “Ishwa nziza” borojwe Inkoko 50 mu rwego rwo kubatinyura kwikorera ngo biteze imbere, ku wa 28/02/2015.
Bamwe mu bahinga mu gishanga cya Kayumbu kiri mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi bibumbiye muri Koperative KOPABAKAMU, binubira uburyo Koperative ibakuraho umusaruro wishyura ibyo bahawe mu ihinga kuko basigarana muke, ngo bikarutwa n’uko buri wese yakwita ku musaruro we.
Abahinga mu gishanga cya Kayumbu giherereye mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko bajya bagira ibibazo byo kurumbya kubera izuba, bakavuga ko nubwo mu gishanga harimo amazi batitabira gahunda yo kuvomerera kuko nta bikoresho bafite kandi igishanga kikaba kidatunganyije.
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe bahawe ihene, batangaza ko bagiye kubona igifumbira uturima twabo tw’igikoni, kugira ngo barwanye imirire mibi mu bana no mu muryango muri rusange banakumire ikibazo cyo kugwingira gikunze kugaragara mu karere ka Nyamagabe.
Amakoperative y’abahinzi yo mu Karere ka Nyagatare akorana na PAM, kuri uyu wa 20 Gashyantare 2015, yashyikirijwe inkunga y’ubwanikiro by’imyaka mu rwego rwo kuborohereza akazi no kongera ubwiza bw’umusaruro.
Abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative COTHEMUKI yo mu karere ka Nyaruguru batangiye kugarura ikizere cy’uko bashobora kubona umusaruro, nyuma y’aho kuva batangira guhinga icyayi mu 2009 bagiye bacibwa intege no kudahabwa inguzanyo ariko ubu zikaba zaraje n’ubwo zitazira igihe.
Abahinzi bo mu Rwanda batangaza ko n’ubwo ubuhinzi bugenda butera imbere, kubona inguzanyo z’amabanki ku mishinga y’ubuhinzi bikiri ingorabahizi.
Abaturage bo mu murenge wa Muzo mu karere ka Gakenke barakangurirwa gukoresha ubutaka bakurikije igishushanyo mbonera cyabwo, kuko igishushanyo mbonera cy’akarere cyamaze kwemezwa ku buryo buri hantu hafite icyo hagenewe.
Uruganda rutunganya ibiryo by’amatungo rwitwa “Zamura Feeds” rwafunguwe ku mugaragaro ku wa Kane tariki 19/02/2015 rwitezweho guteza imbere aborozi bongera amagi babonaga, ndetse n’abahinzi bakabona isoko ry’umusaruro wabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko bwihaye intego ko buzagemura ku ruganda rwa Soya rwa Mount Meru Soyco rw’i Kayonza toni 150 kuri iri sarura.
Uruganda rutunganya imyumbati ruri mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Kinazi rwatangiye gukorana n’uturere twa Bugesera na Ngoma kugira ngo rubone umusaruro w’imyumbati rutunganya.
Abahinga mu nkengero z’igishanga cya Rugeramigozi barinubira kuba barahatiwe guhinga ibitunguru mu mirima bari basanzwe bahingamo ibigori n’ibishyimbo, bakaba bavuga ko batizeye niba bazabona amasoko y’ibitunguru mu gihe ibigori bari bamaze kumenya kubibyaza umusaruro.
Abaturage bo mu karere ka Rulindo mu ntara y’Amajyaruguru, bavuga ko korora inkoko bibazamura mu bijyanye n’iterambere n’imibereho myiza y’ingo zabo, bitewe n’uko imiterere yako yoroherereza ubwororozi butandukanye bw’amatungo magufi.
Umushinga Harvest Plus wahaye imashini yuhira imyaka ikigo cy’ubushakashatsi cy’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), ishami rya Karama mu Karere ka Bugesera, ku wa kane tariki ya 12/02/2015.