Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB), ambasaderi George William Kayonga avuga ko kubarura ibiti bya Kawa biri mu gihugu bizateza imbere abahinzi bayo, ndetse n’igihugu muri rusange.
Bamwe mu borozi bo mu Karere ka Kayonza bavuga ko ubworozi bwa gakondo bukiri imbogamizi ku iterambere ry’ababukora.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi MINAGRI, irashishikariza abahinzi bo mu karere ka Gatsibo guhinga kinyamwuga bitabira gukoresha inyongeramusaruro. Iyi Minisiteri irabikora mu rwego rwo gusobanurira abahinzi amategeko n’amabwiriza agenga ikoreshwa ry’amafumbire.
Abaturage bo mu Mirenge ya Muzo na Mugunga yo mu Karere ka Gakenke banze ingurube bari bagiye guhabwa n’umuryango utabara imbabare mu Rwanda wa Croix Rouge, bavuga ko zitajyanye n’igihe ku buryo zabafasha kwiteza imbere.
Abaturage bo mu Karere ka Kayonza barashishikarizwa gukoresha imisarane-mborera kuko yababera igisubizo ku mwanda kandi ikabaha ifumbire.
Bizimana Jean de Dieu wo mu Mudugudu wa Nyirakigugu, Akagari ka Nyirakigugu, Umurenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu amaze imyaka ibiri ahinze ibinyomoro none amafaranga yakuyemo ngo azayirihira kaminuza.
Aborozi bo mu Karere ka Kayonza barifuza ko mu ngengo y’imari y’umwaka utaha wa 2015/2016 akarere kazubaka ikusanyirizo rinini ku muhanda wa kaburimbo, aho uruganda rw’inyange rushobora kuyasanga bitagoranye.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) irasaba abahinzi b’ibirayi kongera umusaruro bakura kuri hegitari bifashishije inyongeramusaruro, kuko umusaruro babona ari muke ugereranyije n’uwo bakwiye kubona.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiratangaza ko cyagize uruhare mu guhashya inzara yatumaga abaturage bo bice bimwe na bimwe by’u Rwanda basuhukira mu tundi turere no mu bihugu bidukikije.
Kuri uyu wa 30 Mata 2015 Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Mukeshimana Gerardine, yasuye Akarere ka Rutsiro ngo mu rwego rwo kureba uko gahunda y’igihembwe cy’ihinga Saison B 2015 kigeze maze anenga abayobozi bategera abaturage ngo babakangurire guhinga no korora kijyajyambere.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara bahinga mu bishanga barahamya ko kuva batangira kubihingamo ubuzima bwabo bwahindutse bukaba bwiza cyane, kuko bavuga ko akenshi mu bishanga hava umusaruro mwinshi kuruta imusozi.
Umworozi w’inkoko witwa Mukansanga wo mu Kagari ka Kayonza ko mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza amaze gupfusha inkoko zigera kuri 400 mu gihe cy’iminsi ibiri.
Abashakashatsi ku bijumba by’umuhondo bo mu ihuriro mpuzamahanga ryitwa SPHI (Sweetpotato for Profit and Health Initiative) baturutse mu bihugu 11 by’Afurika; bagaragarije u Rwanda uburyo rwafasha abaturage guteza imbere icyo gihingwa kivugwaho kwera cyane kandi vuba, guhangana n’imihindagurikire y’ibihe ndetse no kuba (…)
Mu gihe bamwe mu mpunzi z’Abarundi zinjirira mu Karere ka Bugesera zizana n’ibintu bike zishoboye harimo n’amatungo, Akarere ka Bugesera karimo kuyashyira mu kato kugira ngo hataba harimo arwaye akanduza ayo ahasanze.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko bamaze kumenya akamaro ko guhinga icyayi bitewe n’inyungu bakibonamo ugereranije na mbere aho batari bafite ubumenyi buhagije, n’inyungu icyayi gishobora kuzanira umuturage.
Abaturage bahangayikishijwe n’udusimba turya imyaka yabo tuyihereye mu mizi n’imvura yaguye itinze ikaba na nkeya, bigatuma ntacyo bazabasha gusarura muri iki gihembwe cy’ihinga B.
Mu gihe umuhinzi asabwa gufumbiza ifumbire y’imborera n’ifumbire mvaruganda kugirango abashe kubona umusaruro mwinshi, bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Rutare bavuga ko kubona amafaranga yo kugura ifumbire ya “Nkunganire” bibagora bagahitamo gufumbiza ifumbire y’imborera gusa.
Kuri uyu wa 14 Mata 2015, mu Karere ka Rulindo hatangijwe umushinga w’ubworozi bw’amafi uhuriweho n’abaturage bibumbiye mu makoperative atandukanye y’ubworozi bw’amafi muri ako karere.
N’ubwo Abanyarwanda bamenyereye ko umumaro w’amasaka ari ugushigishwamo igikoma n’ikigage, agatanga imbetezi z’urwagwa ndetse n’umutsima wa rukacarara, ikigo cy’ubuhinzi n’ubworozi (RAB) cyo cyasanze hashobora kuvamo na gato (gateau).
Abahinga umuceri mu gishanga cya Gashora mu Karere ka Bugesera barasaba ko bagira icyo bagenerwa nyuma y’uko imirimo yo gutunganya icyo gishanga yangije umuceri wabo.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga Umurenge wa Rugendabari baragaya abahabwa inka muri gahunda ya girinka, bakarengaho bakazigurisha ubwabo cyangwa babifashijwemo n’abayobozi b’inzego z’ibanze.
Sosiyete sivile iriga k’uburyo umuturage yarushaho gusobanukirwa n’amaterasi y’indinganire, akamaro kayo n’uko yahindura imibereho ye bishingiye ku buhinzi ndetse n’imbogamizi zirimo zigashakirwa umuti.
Imiryango 123 y’Abanyarwanda batishoboye yatahutse kuva 2009 kugera 2015 mu mu Murenge wa Mudende kuri uyu wa 01Mata 2015 yashyikirijwe imbuto y’ibirayi ingana n’ibiro 9840, ibiro 1180 by’ifumbire ya NPK 17 17 17 ingana n’ibiro 1180, ibiro 99 by’umuti wica udukoko Mancozeb hamwe n’ibyuma bitera umuti mu myaka 21.
Mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 31 Werurwe 2015, Umunyamabanga wa Leta muri Minsiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi , Tony Nsanganira , yasabye abahinzi kudaha urwaho ababagurira umusaruro ku giciro gito.
Umuryango Rwanda Organization Development Initiative (RODI) watangije igikorwa cyo guhugura amakoperative y’ubuhinzi aturuka mu Turere twa Kamonyi, Muhanga na Ruhango, hagamijwe kubereka inzira zo kubonera isoko umusaruro wabo badategereje abandi bityo bikaba byawuviramo no kwangirika.
Ubutaka bwari bwarateguriwe guhingwaho soya mu Karere ka Kayonza bugiye guhingwaho ibishyimbo nyuma y’uko bigaragaye ko imbuto ya soya abahinzi bari bategereje yakomeje kubura.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubuhinzi muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, avuga ko abayobozi b’amakoperative bigarurira imitungo y’abanyamuryango bakwiye guhagurukirwa byaba ngombwa bakanirukanwa, aho kugira ngo bakomeze kwanduza isura nziza y’amakoperative.
Ikigo cya East Africa Exchange (EAX), tariki 25 Werurwe 2015, cyatanze imashini ebyiri zisukura umusaruro zikanawumisha kugira ngo utangirika utaragezwa ku isoko.
Abahinzi ba kawa bo mu mirenge ya Kansi na Kibirizi ho mu Karere ka Gisagara baravuga ko kugera ku nganda zitunganya umusaruro wabo bibagora, bakifuza ko muri umwe muri iyi mirenge hashyirwa uruganda rutunganya kawa.
Abaturage b’Umurenge wa Kamegeri mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko kumenya guhinga kijyambere hakoreshwa ifumbire y’imborera no gukora uturima tw’igikoni byatumye nta mu muturage ugipfa azize inzara.