Nk’uko byagaragajwe mu nama yahuje abahinzi n’ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga, ku wa kane tariki ya 21/10/2014, akajagari kagaragara mu gishanga cya Rwansamira giherereye mu nkengero z’umujyi wa Muhanga niko gatuma umusaruro uba mukeya.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Ntende giherereye mu murenge wa rugarama mu karere ka Gatsibo, bemeza ko nyuma y’aho batangiye gukoresha ifumbire ya Ire mu buhinzi bwabo, umusaruro ugenda wiyongera ku buryo bushimishije.
Umushinga wa Irrigation and Mechanization ukorera muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, ukomeje kwegera abaturage mu kubakangurira gahunda yo kwitabira gukoresha imashini zihinga, muri gahunda ya leta yo gukoresha ikoranabuhanga mu buhinzi.
Abahinzi bo mu karere ka Ngoma bavuga ko biteze umusaruro mwiza ugereranije n’igihembwe cy’ihinga gishize cyaranzwe n’imvura nke bigatuma bateza neza.
Mu gihe cyo gukorera Kawa bisaba kongeramo ifumbire mvaruganda kandi hari abahinzi batabikoraga cyangwa bagashyiramo nke kuko batabonaga amafaranga yo kuyigura. Mu rwego rwo kuborohereza kubona ifumbire mvaruganda, ubu basigaye bahabwa ifumbire bazishyura ari uko bagurishije ikawa ikiguzi cyayo kigakatwa ku giciro cy’ibitumbwe.
Abaholandi bayobowe na Christian Robergen wungirije minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ubuholandi, basuye umuhinzi mworozi Ruzibiza Jean Claude, ufite kampani yitwa Rwanda Best ikora ibijyanye n’ubworozi bw’inkoko n’ubuhinzi biyemeza gukorana nawe mu gusakaza ubuhinzi bwa kijyambere mu baturage.
Abahinzi bo mu mirenge yose igize akarere ka Gatsibo, barasabwa kwitabira gahunda yo kwibumbira hamwe mu matsinda ya twigire muhinzi, kugira ngo babashe kugezwaho inyongeramusaruro ku buryo bworoshye bityo n’umusaruro wabo urusheho kwiyongera.
Abahinzi bo mu Karere ka Burera bemeza ko imbuto y’ibishyimbo by’imishingiriro bahawe n’umuryango w’ubuhinzi AGRA (Alliance for a Green Revolution Agriculture) wazamuye umusaruro wikuba inshuro eshatu babona amafaranga biteza imbere.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Bwana Bosenibamwe Aime, yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Rusiga, mu karere ka Rulindo mu muganda wo gukorera umurima wa kawa ungana na hegitari 22 kuri uyu wa kabiri tariki ya 11 /11/2014.
Abarobyi mu Kiyaga cya Kivu bavuga ko bafite impungenge ku musaruro w’amafi yo mu bwoko bw’isambaza ushobora kuba muke kubera ifi bita “Rwanda Rushya” ngo irya isambaza na zo zirobwa muri iki kiyaga.
Abahinzi b’ibirayi bo mu karere ka Burera baturiye ikirunga cya Muhabura batanganza ko umusaruro w’ibirayi wiyongereye kurusha mbere ngo buryo hari aho wikubye hafi inshuro ebyiri bitewe no gufumbira mu buryo bukwiye ndetse n’ikirere kikaba cyarabaye cyiza.
Abaturage batuye Umurenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango baremewe muri gahunda ya Girinka baravuga ko icyumweru cya girinka kibasigiye ubumenyi bwinshi mu guteza imbere ubworozi bwabo.
Abaturage bo mu murenge wa Kigembe ho mu karere ka Gisagara bibumbiye mu ishyirahamwe ryitwa Bizenga ryorora amafi, baratangaza ko ubu bworozi bwabo bumaze gusubira inyuma bitewe n’ikibazo cy’amikoro make, bagasaba kwegerwa bagafashwa kuzamuka.
Abahinzi bo mu ntara y’Iburasirazuba barasabwa kurushaho guhinga igihingwa cya Soya kuko umusaruro bakweza wose ufite isoko rikomeye ry’Uruganda “Mount Meru Soyco” ruri mu karere ka Kayonza, rukaba rukora amavuta muri iki gihingwa cya Soya.
Abahinzi b’igihingwa cya kawa bo mu Kagari ka Gakorokombe mu Murenge wa Muhura ho mu Karere ka Gatsibo, batangaza ko umusaruro bakura mu buhinzi bwa Kawa bwabo utuma babasha kwikenura bakiteza imbere bo n’imiryango yabo.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) itangaza ko kongera ingengo y’imari yagenerwaga ubuhinzi n’ubworozi byagiriye abahinzi akamaro, kuko bashoboye kwiteza imbere n’ibyo bahinga bikiyongera mu bwinshi.
Ikusanyirizo ry’amata ry’aborozi bo mu karere ka Burera bibumbiye muri Koperative CEPTL (Cooperative des Eleveurs pour la Production et la Transformation du Lait) ryatangiye kwagurwa kugira ngo rigirwe ikaragiro ry’amata n’ibiyakomokaho.
Abahinzi ba kawa mu murenge wa Kigembe mu karere ka Gisagara, barakangurirwa kwita ku gukoresha ifumbire mvaruganda bahabwa ntibayijyane mu bundi buhinzi, kugira ngo umusaruro wiyongere kurushaho.
Bamwe mu bahinzi b’urutoki bo mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara biteze umusaruro mwiza bitewe n’ingamba bafashe zo kuruvugurura.
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Rulindo batangaza ko n’ubwo gahunda ya “Gira inka” yarabagejeje ku bukungu n’imibereho myiza, baracyafite baracyabangamiwe no kubona iby’ibanze by’inka n’umwatsi bwazo n’ubuvuzi bituma hari abahitamo kwiyororera amatungo magufi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB) kiratangaza ko kuri ubu ubuhinzi bw’ibitoki mu Rwanda buhagaze neza, nyuma y’aho hakozwe amavugurura n’ubukangurambaga ku ndwara ya kirabiranya yari yarateje abahinzi igihombo kuva yaduka mu mwaka wa 2006.
Abaturage bo mu kagari Nyabigugu mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’inzara kuko bahinga ntibeze bitewe n’udusimba twitwa ifuku, ducengera mu butaka tukangiza imyaka yabo.
Abaturage bo mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera bitabiriye gahunda yo guhunika imyaka mu kigega cya Koperative KOVAPANYA, baravuga ko iyi gahunda ibafasha kudahura n’ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa.
Umuyobozi wa IFAD ku isi, Kamayo Mwanzi, aherekejwe na Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Gerardine Mukeshimana bishimiye uburyo ibikorwa uwo mushinga ufashamo u Rwanda mu karere ka Kirehe bikorwa neza ariko hanengwa ubwoko bw’imbuto y’umuceri ihingwa.
Abahinzi ba kawa bo mu murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi barasabwa kuyikorera neza no kongera ubuso ihinzeho kuko aribwo izatanga umusaruro mwiza bakabasha kwiteza imbere.
Mu karere ka Nyabihu hagiye kongerwa hegitari 288 ku buso bw’ubutaka buhinzeho icyayi mu rwego rw’ishoramari. Ni nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere ndetse n’uruganda rw’icyayi rwa Nyabihu (Nyabihu Tea Factory) butahweye kugaragaza ko uru ruganda rwatunganyaga icyayi gike cyane ugereranije n’ubushobozi bwarwo.
Nyuma y’igihe kitagera ku kwezi, abahinga mu gishanga cya Bishenyi gihuza imirenge ya Runda na Rugarika bateye imbuto ya Soya; hatangiye kugaragaramo udusimba tumeze nk’iminyorogoto bita “mukondo w’inyana” cyangwa “mille pattes”; turi kwangiza imbuto yatewe mu mirima.
Umuyobozi w’Ikigega mpuzamahanga giteza imbere ubuhinzi (IFAD), Kanayo Nwanze uri mu ruzinduko mu Rwanda rwo kureba uburyo ikigega ayobora cyakomeza kunganira ubuhinzi; ajya inama y’uburyo ubuhinzi n’ubworozi byatanga umusaruro uhagije abenegihugu hakanasaguka ibyoherezwa ku masoko.
Umunsi w’ibiribwa ku isi wizihijwe abanyarwanda basabwa uruhare rwabo mu kongera ubuso bw’imirima yuhirwa, mu rwego rwo kongera umusaruro no guhangana n’ihindagurika ry’ikirere kijya giteza igihombo abahinzi kubera izuba ryinshi.
Umusore witwa Baziruwunguka Emmanuel uri mu kigero cy’imyaka 32 utuye mu kagari ka Muyira mu murenge wa Manihira ho mu karere ka Rutsiro ukora umwuga wo gutwara abantu kuri moto, atangaza ko yaguze moto ndetse abona n’uruhushya rwo kuyitwara kubera korora intama.